Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 6:10 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

10 Kirazira kubikoramo umutsima usembuye. Uwo ni wo mugabane mbahaye ku maturo nturwa, agakongorwa n’umuriro. Ni ikintu gitagatifu rwose, kimwe n’ibindi bisaguka ku gitambo cy’impongano cyangwa ku gitambo cy’indishyi y’akababaro.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

10 Be kucyotsanya umusemburo, nkibahaye ho umugabane wabo ku maturo nturwa agakongorwa n'umuriro. Ni icyera cyane nk'uko igitambo gitambirwa ibyaha kimeze, n'igikuraho urubanza.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 6:10
22 Iomraidhean Croise  

Arakoherereze ubuvunyi buturutse mu ngoro ye, aho ari i Siyoni agushyigikire!


Naho abagiranabi bazarimbuka, abanzi b’Uhoraho bamere nk’ibyatsi byo mu gisambu, bayoyoke nk’umwotsi.


Nibasohoka bagana mu gikari cyo hanze basanze imbaga, baziyambure imyambaro bari bambaye bari ku murimo wabo bayibike ahabigenewe mu byumba bitagatifu, maze bambare indi kugira ngo imbaga itava aho ikora kuri iyo myambaro mitagatifu.


Ibyo mu nda, amaguru n’amaboko bazabyogesha amazi, maze umuherezabitambo abitwikire byose ku rutambiro. Icyo ni igitambo gitwikwa, igitambo cy’ibiribwa gikongotse burundu, kandi gifite impumuro yurura Uhoraho.


Ibyo mu nda, amaguru hamwe n’amaboko bazabyogesha amazi, maze umuherezabitambo atwikire ibyo byose ku rutambiro. Icyo ni igitambo gitwikwa, igitambo cy’ibiribwa gikongotse burundu, kandi gifite impumuro yurura Uhoraho.


Azambare ikanzu ntagatifu ikoze muri hariri, amakabutura ya hariri, akenyere umukandara wa hariri, kandi n’umutwe we awuzingurizeho igitambaro cya hariri. Kuko iyo myambaro ari mitagatifu, azayambare amaze kwiyuhagira umubiri wose.


Ikoro ryose muzatura Uhoraho ntirizabe ari umutsima wavuganywe n’umusemburo. Koko rero, muramenye ntimuzagire umusemburo cyangwa ubuki mutwika mushaka ko biba ituro ry’ibiribwa bikongokeye Uhoraho.


Cyakora ibyo biribwa by’Imana ari yo maturo matagatifu, ashobora kubiryaho,


mbese ibyasigaye kuri icyo kimasa byose, azabijyane ku muriro w’inkwi. Aho ngaho nyine barunda ivu ni ho bizatwikirwa.


Umuntu wese wo muri bene Aroni ashobora kukiryaho. Kuva mu gisekuruza kugera mu kindi, ngiryo iposho mugenewe buri gihe, rikava ku biribwa biturwa Uhoraho bigakongorwa n’umuriro. Ikizabikoraho cyose kizaba kibaye ikintu gitagatifu.»


«Dore ibyo uzabwira Aroni n’abahungu be ku byerekeye imihango y’impongano y’icyaha: igitambo cy’impongano y’icyaha kizasogoterwe aho basanzwe bicira ibitambo bitwikwa, imbere y’Uhoraho kuko ari ikintu gitagatifu.


Umuntu wo mu baherezabitambo wese ashobora kurya kuri icyo gitambo: ni ikintu gitagatifu rwose.


«Hamagara Aroni n’abahungu be, kandi wiyegereze imyenda y’umuherezabitambo, amavuta yo gusiga, ikimasa cyo guturwaho igitambo cy’impongano y’icyaha, amasekurume y’intama abiri, hamwe n’igitebo cyuzuye imigati idasembuye.


«Nimwitandukanye na bariya bantu, muri aka kanya ngiye kubarimbura.»


Nyuma, Uhoraho yohereza ikibatsi cy’umuriro gitwika ba bagabo magana abiri na mirongo itanu bariho batura imibavu.


Ingabo z’ijuru zari zimukurikiye ku mafarasi y’umweru, zambaye imyambaro yera kandi itanduye.


Yahawe kwambara hariri ibengerana kandi itanduye. Koko rero uwo mwambaro wa hariri ni ibikorwa biboneye by’abatagatifu.»


Umwe mu Bakambwe afata ijambo, maze arambaza ati «Aba bantu bambaye amakanzu yererana, ni bande kandi baturutse he?»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan