Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 5:2 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 Nanone kandi, nihagira ukora ku kintu gihumanya atabizi, — nk’intumbi y’inyamaswa yo mu ishyamba, intumbi y’itungo ry’imuhira rihumanya, cyangwa se iy’agasimba gahumanya, ubwo na we azaba ahumanye kandi ahindutse umunyacyaha.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 “Cyangwa nihagira umuntu ukora ku gihumanya cyose, naho yaba intumbi y'inyamaswa ihumanya, cyangwa iy'itungo rihumanya, cyangwa iy'igikururuka gihumanya atabizi agahumana, azagibwaho n'urubanza.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 Umuntu nakora ku kintu gihumanye atabishaka, nk'intumbi y'inyamaswa ihumanye cyangwa intumbi y'itungo rihumanye, cyangwa intumbi y'agasimba gahumanye, azaba ahumanye kandi abe acumuye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 Umuntu nakora ku kintu gihumanye atabishaka, nk'intumbi y'inyamaswa ihumanye cyangwa intumbi y'itungo rihumanye, cyangwa intumbi y'agasimba gahumanye, azaba ahumanye kandi abe acumuye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 5:2
16 Iomraidhean Croise  

Ni cyo gituma umugaragu wawe abikesha kwitonda, kubikurikiza bikamugirira akamaro.


Nimugende, nimusohoke muve hano; ntimugire icyo mukoraho cyahumanye, nimusohoke rwagati muri Babiloni; nimwisukure, mwe abatwaye ibintu byeguriwe Uhoraho.


Birabujijwe ntimuzigere na rimwe murya inyama zabyo, kandi ntihazagire n’ukora ku ntumbi zabyo.


Izo nyamaswa zose, muzira inyama zazo no gukora ku ntumbi zazo, kuko zabanduza.


Niba ari imbaga yose y’Abayisraheli yacumuye itabizi ariko icyo cyaha ntikimenyekane, nibaca kuri rimwe mu mategeko y’Uhoraho, bityo bikababarwaho,


Niba umuntu yakoze icyaha atabizi, agaca kuri kimwe mu byabujijwe n’amategeko y’Uhoraho, bityo agacumura, akigerekaho umutwaro w’icyaha cye,


Nanone kandi umuntu nakora ku kintu cyandujwe n’undi muntu atabizi — ku kintu cyose gihumanya — maze akaza kubimenya, azaba ahindutse umunyacyaha.


Nanone kandi umuntu navugana ubuhubutsi; agashinga indahiro atitondeye, mu bintu byamugirira nabi cyangwa byamukiza — mbese mu bintu byose umuntu ashobora kugiramo indahiro ahubukiye — icyo gihe, nabimenya, azaba ahindutse umunyacyaha.


Nanone kandi, uzaziryaho yakoze ku muntu wahumanijwe, ku nyamaswa yahumanijwe, na we azacibwe mu muryango we.»


Hagayi arongera ati «Hanyuma se umuntu wahumanyijwe n’uko akoze ku ntumbi, akoze kuri kimwe muri ibyo bintu, icyo akozeho cyaba gihumanye?» Abaherezabitambo barasubiza bati «Icyo kintu kizaba gihumanye!»


Icyo umuntu uhumanijwe azakoraho cyose, kizaba cyanduye, kandi umuntu uzakora kuri icyo kintu azaba ahumanijwe kugeza nimugoroba.


Nimwiyimbire, mwe mumeze nk’imva zitagira ikiziranga; bakazinyura hejuru, batabizi.»


Nimuve muri abo bantu, mwitandukanye na bo, uwo ari Nyagasani ubivuga. Mwirinde gukora ku cyabahumanya, maze ubwanjye nzabakire.


N’ingurube, kuko ifite ikinono ariko ntiyuze, na yo ni umuziro kuri mwe: ntimukarye inyama zayo cyangwa ngo mukore ku ntumbi yayo.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan