Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 5:16 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

16 Ibyo azaba yaragomwe ingoro, azabyishyure, yongereho kimwe cya gatanu cyabyo, maze abishyikirize umuherezabitambo. Umuherezabitambo namara gukorera kuri uwo muntu umuhango wo kumuhanaguraho icyaha cye, yifashishije ya mfizi y’intama atuyeho igitambo cyo kwigorora, ubwo azabe ababariwe igicumuro cye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

16 Kandi arihe igiciro cy'iby'Ahera yimanye, yongereho igice cyacyo cya gatanu, abihe umutambyi, umutambyi amuhongerere impongano ho iyo sekurume y'intama y'igitambo cyo gukuraho urubanza, maze uwo muntu azababarirwa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

16 Kandi amaturo atatanze ajye ayishyura yongeyeho kimwe cya gatanu, byose abihe umutambyi. Umutambyi ajye amutambira ya sekurume, kugira ngo uwo muntu ababarirwe yiyunge n'Uhoraho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

16 Kandi amaturo atatanze ajye ayishyura yongeyeho kimwe cya gatanu, byose abihe umutambyi. Umutambyi ajye amutambira ya sekurume, kugira ngo uwo muntu ababarirwe yiyunge n'Uhoraho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 5:16
22 Iomraidhean Croise  

Singishobora no gutabaza, umuhogo wanjye wasaraye; amaso yanjye yaruhijwe no gutegereza Imana yanjye.


Umujura nafatirwa mu cyuho nijoro, bakamukubita agapfa, nta we uzabazwa amaraso ye;


Nihagira umuntu urya kuri ibyo biribwa bitagatifu atamenye ko bibujijwe, azariha ibingana na byo, yongereho na kimwe cya gatanu cyabyo, maze abihe umuherezabitambo.


Iyo nyir’itungo ashaka kurigombora, yongera kimwe cya gatanu ku giciro cyemejwe.


Ariko nanone, iyo nyirayo ashatse kuyigombora, yongera kimwe cya gatanu ku giciro cyemejwe, maze ikamugarukira.


Iyo ari itungo ryahumanye ugashaka kurigombora, wongera kimwe cya gatanu ku giciro cyagenwe n’umuherezabitambo. Naho iryo tungo iyo utarigomboye, rigurishwa ku giciro cyagenwe.


Iyo ushaka kugira icyo ugombora kiri muri iryo turo, wongera kimwe cya gatanu ku giciro cyagenwe.


Icyo kimasa azakigirira nk’uko yagenjereje cya kimasa kindi cyatuweho impongano y’icyaha. Umuherezabitambo namara gukorera ku ikoraniro umuhango wo gukiza icyaha, icyo gihe rizaba ribabariwe.


Inyama zose ziriho ibinure azazitwikire ku rutambiro nk’uko yagenjeje za zindi z’igitambo cy’ubuhoro. Umuherezabitambo namara gukorera ku mutware umuhango wo kumuhanaguraho icyaha yakoze, ubwo ni ho azaba akibabariwe.


Naho intungura ya kabiri, azayitureho igitambo gitwikwa akurikije imihango yabyo. Umuherezabitambo namara gukorera kuri uwo mukene umuhango wo kumuhanaguraho icyaha yakoze, ubwo azaba akibabariwe.


Iyo umuntu yakoze icyaha kimwe muri biriya, maze umuherezabitambo akamukoreraho umuhango wo kumuhanaguraho igicumuro cye, ubwo aba akibabariwe. Umuherezabitambo azarangiza rero imihango yose nk’uko abigenza ku yandi maturo.»


hanyuma akazanira Uhoraho igitambo cy’impongano, kubera ko yacumuye: icyo gitambo cy’impongano y’icyaha kizabe ari itungo rigufi ry’inyagazi; umwana w’intama cyangwa ihene, maze umuherezabitambo azamukorereho umuhango wo kumuhanaguraho icyaha cye.


Igitambo cyo kwigorora bazakicira aho basanzwe bicira ibitambo bitwikwa, maze umuherezabitambo aminjagire amaraso yacyo impande zose z’urutambiro.


Bazicuza icyaha bazaba bakoze; maze uwacumuye kuri mugenzi we amusubize ibyo yamutwaye byose, yongereho kimwe cya gatanu cy’igiciro cyabyo.


Niba uwacumuweho adafite umubyeyi baha iyo ndishyi, izasubizwa Uhoraho, yakirwe n’umuherezabitambo, hongeweho isekurume y’intama uwacumuye azatura ngo igirirweho umuhango w’impongano z’icyaha cye.


Nuko Zakewusi yegera Nyagasani, aramubwira ati «Rwose, Mwigisha, kimwe cya kabiri cy’ibyo ntunze, ngihaye abakene; niba kandi hari uwo nahuguje, ndamusubiza ibye incuro enye.»


Mpera ko mbanziriza ku bantu b’i Damasi, ngera i Yeruzalemu no mu karere kose ka Yudeya no mu mahanga yose, menyesha abo bose ngo bisubireho kandi bagarukire Imana, babeho ku buryo bukwiriye abicujije.


Barabasubiza bati «Niba musubijeyo Ubushyinguro bw’Imana ya Israheli; ntimubwohereze bwonyine, ahubwo mugerekeho n’amaturo y’impongano. Muzaboneraho kurokoka kandi munamenye impamvu ikiganza cy’Imana gikomeza kubamerera nabi.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan