Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 5:1 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

1 Iyo barahije umuntu ngo avuge ukuri ariko we akicecekera, kandi ikibi cyakozwe yarakiboneye ubwe cyangwa se yarakibwiwe, maze ntatangaze icyo yamenye, ubwo aba yigeretseho umutwaro w’icyaha cye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

1 “Kandi nihagira umuntu batanze ho umugabo akumva bamurahiza, agakora icyaha cyo kutavuga ibyo yabonye cyangwa ibyo azi, azagibwaho no gukiranirwa kwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

1 Umuntu niyanga kuba umugabo w'ibyo yabonye cyangwa yumvise azaba acumuye, akwiriye kubihanirwa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

1 Umuntu niyanga kuba umugabo w'ibyo yabonye cyangwa yumvise azaba acumuye, akwiriye kubihanirwa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 5:1
22 Iomraidhean Croise  

Umwami aramubwira ati «Nzagusaba na ryari kugira ngo umbwire ukuri konyine mu izina ry’Uhoraho?»


Nihagira umuntu uzaba yacumuriye undi, bakamutegeka kwivugiraho indahiro mbi, kandi akayirahirira imbere y’urutambiro rwawe muri iyi Ngoro,


Umwami aramubwira ati «Nzagusaba na ryari kugira ngo umbwire ukuri konyine mu izina ry’Uhoraho?»


Kubera uburakari bwawe, umubiri wanjye nta ho ukiri mutaraga, ku mpamvu y’icyaha nakoze, nta gufwa na rimwe rikiri rizima.


Ariko itungo niryibirwa iwe, azaririha nyiraryo.


Usangira n’igisambo aba yiyanga ubwe, yumva imivumo bagitongera, akinumira.


ejo ntazarengwa ngahemuka, mvuga ngo «Uhoraho ni nde?» cyangwa natindahara nkiba, ngasuzuguza izina ry’Imana yanjye.


Nyuma y’iyo mibabaro yose, azabona urumuri, azanezerwe; namara kumenyekana ko ari intungane, azageza benshi ku butungane. Umugaragu wanjye azakiranura imbaga y’abantu, kuko yikoreye ubwe ibicumuro byabo.


Mu gihugu, bose ni abasambanyi; igihugu cyose kiri mu cyunamo, kandi cyuzuye imivumo; none inzuri zo mu butayu zagwengeye; nta kindi kibashishikaje uretse ikibi, n’umwete wo gusenya.


Uwacumuye ni we uzapfa. Umwana ntazazira ibicumuro bya se cyangwa ngo umubyeyi azire ibicumuro by’umwana we; intungane izahemberwa ubutungane bwayo, n’umugiranabi ahanirwe ubugiranabi bwe.


kuko ubugingo bwose ari ubwanjye; ari ubw’umubyeyi cyangwa se ubw’umwana, bwose ni ubwanjye.


Utazamesa imyambaro ye, maze ngo yiyuhagire, icyaha cye kizamuhama.’»


ndetse ahubwo icyaha cyo kuba yandaritse igitambo cy’Uhoraho, cyamuhama. Uwakora ibyo rero, yacibwa mu muryango we.


Umugabo narongora mushiki we basangiye se cyangwa nyina, maze bombi bakabonana bambaye ubusa, bizaba ari ishyano. Muzakoranya imbaga, maze mubace mu muryango wabo. Uwo mugabo aba yasambanije mushiki we, icyo cyaha cye kiba kigomba kumuhama.


’Nihagira umuntu ukora icyaha kubera uburangare, agaca kuri rimwe mu mategeko y’Uhoraho, maze agakora ibyabujijwe, dore uko muzagenza.


«Umuntu nakora ishyano biturutse ku burangare akabigira yima Uhoraho ibyamugenewe, indishyi y’akababaro azazanira Uhoraho igomba kuba ari imfizi y’intama idafite inenge, itoranyiiwe mu matungo magufi, kandi ifite agaciro k’umubare uringaniye w’amasikeli y’ifeza, apimiye kuri sikeli y’Ingoro, maze ayitureho igitambo cy’indishyi y’akababaro.


Niba umuntu yakoze icyaha atabizi, agaca kuri kimwe mu byabujijwe n’amategeko y’Uhoraho, bityo agacumura, akigerekaho umutwaro w’icyaha cye,


Nihagira umuntu urenga kuri ibyo, maze ku munsi wa gatatu akarya ku nyama z’igitambo cye cy’ubuhoro, icyo gihe, nta bwo icyo gitambo cyakwakiranwa ishimwe kandi n’uwagituye na we ntiyagishimirwa. Inyama zacyo ziba zanduye; uwaziryaho wese yaba yihamije icyaha.


Ariko nihagira umuntu utahumanye kandi ntabe no mu rugendo, ntahimbaze Pasika, uwo nguwo azacibwa mu muryango we, kuko atazaba yazaniye ituro rye Uhoraho ku munsi wategetswe. Uwo muntu kandi azabona ingaruka z’icyaha cye.


Ariko Yezu aricecekera. Umuherezabitambo mukuru aramubwira ati «Nkurahije Imana ihoraho, ngo utubwire niba uri Kristu, Umwana w’Imana.»


We wajyanye ibyaha byacu mu mubiri we bwite ku musaraba, kugira ngo nitumara gupfa ku byaha, tubeho mu butungane. Ni We nyir’ibikomere byabakijije.


Umunsi umwe abwira nyina, ati «Ya masikeli igihumbi n’ijana ya feza bagutwaye, bigatuma uvumana ndetse nanjye ubwanjye nkabyumva, ndayafite; ni jye wari wayatwaye! None rero ndayagusubiza.» Nyina aramusubiza ati «Uhoraho aguhe umugisha, mwana wanjye!»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan