Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 4:32 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

32 Niba ari umwana w’intama ashaka guturaho igitambo cy’impongano y’icyaha, azazane uw’inyagazi udafite inenge.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

32 “Kandi nazana umwana w'intama ho igitambo gitambirwa ibyaha, azane umwagazi udafite inenge.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

32 Uwo muturage natura umwana w'intama ho igitambo cyo guhongerera icyaha cye, ajye azana inyagazi idafite inenge,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

32 Uwo muturage natura umwana w'intama ho igitambo cyo guhongerera icyaha cye, ajye azana inyagazi idafite inenge,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 4:32
19 Iomraidhean Croise  

Nimubwire imbaga yose y’Abayisraheli, muti ’Ku munsi wa cumi w’uku kwezi, muzafate itungo rimwe muri buri muryango, itungo muri buri rugo.


Iryo tungo rizabe ridafite inenge, kandi ari isekurume imaze umwaka umwe. Muzaritoranye mu bana b’intama cyangwa mu bana b’ihene.


Yarashinyaguriwe, ariko yicisha bugufi, ntiyabumbura umunwa, boshye umwana w’intama bajyanye mu ibagiro, cyangwa intama yicecekera imbere y’abayogosha ubwoya, na we ntiyaruhije abumbura umunwa.


Niba ashaka gutura igitambo gitwikwa cyo mu matungo maremare, azazane ikimasa kidafite inenge, maze agiturire ku muryango w’ihema ry’ibonaniro kugira ngo Uhoraho agishime;


maze bakamumenyesha icyaha cye, azazana ihene y’inyagazi idafite inenge, ayitureho igitambo cy’impongano y’icyaha yakoze.


hanyuma akazanira Uhoraho igitambo cy’impongano, kubera ko yacumuye: icyo gitambo cy’impongano y’icyaha kizabe ari itungo rigufi ry’inyagazi; umwana w’intama cyangwa ihene, maze umuherezabitambo azamukorereho umuhango wo kumuhanaguraho icyaha cye.


Malayika aramusubiza ati «Roho Mutagatifu azakumanukiraho, maze ububasha bwa Nyir’ijuru bukubundikire mu gicucu cye, ndetse ugiye kuvuka azaba intungane, kandi azitwa Umwana w’Imana.


Bukeye, Yohani abona Yezu aje amusanga, aravuga ati «Dore Ntama w’Imana ugiye gukuraho icyaha cy’isi.


Abonye Yezu ahise, aravuga ati «Dore Ntama w’Imana.»


kugira ngo ayihingutse imbere ye, ibengerana, nta bwandu n’iminkanyari, cyangwa indi nenge, ahubwo ari Kiliziya ntagatifu kandi itagira amakemwa.


Uwo ni we koko muherezagitambo mukuru twari dukeneye, w’intungane, w’umuziranenge, w’umuzirabwandu, utabarirwa mu banyabyaha, wakiriwe ahasumbye ijuru.


nk’amaraso ya Kristu wituye Imana ho igitambo kitagira inenge ku bwa Roho Uhoraho, yo azarushaho ate gusukura umutima wacu, awukiza ibikorwa bitera urupfu, ngo dushobore gusingiza Imana Nzima?


We utigeze akora icyaha, kandi akaba atarigeze avuga ibinyoma;


We wajyanye ibyaha byacu mu mubiri we bwite ku musaraba, kugira ngo nitumara gupfa ku byaha, tubeho mu butungane. Ni We nyir’ibikomere byabakijije.


Koko rero, Kristu ubwe yapfuye rimwe rizima azize ibyaha by’abantu; bityo, nubwo ari intungane, apfira abagome kugira ngo abayobore ku Mana, abanje gupfa ku bw’umubiri, hanyuma agasubizwa ubuzima ku bwa Roho.


Nuko mbona Ntama ameze nk’uwishwe, ahagaze hagati y’intebe y’ubwami, akikijwe na bya Binyabuzima bine n’Abakambwe. Yari afite amahembe arindwi n’amaso arindwi, ari zo za roho z’Imana zoherejwe ku isi hose.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan