Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 4:2 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 ’Nihagira umuntu ukora icyaha kubera uburangare, agaca kuri rimwe mu mategeko y’Uhoraho, maze agakora ibyabujijwe, dore uko muzagenza.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 “Bwira Abisirayeli uti: Nihagira umuntu ukora icyaha atacyitumye, cyo mu byo Uwiteka yabuzanije agakora kimwe muri byo,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 kubwira Abisiraheli yuko umuntu ukoze icyaha atabigambiriye, agakora icyo Uhoraho yababujije cyose, agomba kubahiriza amabwiriza akurikira.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 kubwira Abisiraheli yuko umuntu ukoze icyaha atabigambiriye, agakora icyo Uhoraho yababujije cyose, agomba kubahiriza amabwiriza akurikira.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 4:2
18 Iomraidhean Croise  

Hanyuma ahamagaza Abrahamu, aramubaza ati «Watugize ibiki! Nagucumuyeho iki cyatumye jye n’igihugu cyanjye udushyira mu cyaha gikomeye gityo? Wangiriye ibidakorwa!»


Ni cyo gituma umugaragu wawe abikesha kwitonda, kubikurikiza bikamugirira akamaro.


Ni nde wamenya amakosa yose yakoze? Nyagasani, urangire umwere w’ibyaha ntiyiziho.


Koko rero, imiruho myinshi itera kurota, naho amagambo menshi agakurura amatiku. None rero jya utinya Imana.


Nihagira umuntu urya kuri ibyo biribwa bitagatifu atamenye ko bibujijwe, azariha ibingana na byo, yongereho na kimwe cya gatanu cyabyo, maze abihe umuherezabitambo.


Uhoraho abwira Musa, ati «Bwira Abayisraheli uti


Niba ari imbaga yose y’Abayisraheli yacumuye itabizi ariko icyo cyaha ntikimenyekane, nibaca kuri rimwe mu mategeko y’Uhoraho, bityo bikababarwaho,


Niba ari umutware w’umuryango wacumuye kubera uburangare agaca kuri rimwe mu mategeko y’Uhoraho Imana ye, bityo akagwa mu cyaha,


Niba ari umuntu wo muri rubanda rusanzwe wacumuye kubera uburangare, agaca kuri kimwe mu byabujijwe n’amategeko y’Uhoraho, bityo akandikwaho icyaha


muzatoranye imigi izababera iy’ubuhungiro. Umuntu uzaba yishe undi atabigize nkana, azajya ahahungira.


Dore rero igihe umuntu wishe undi azashobora kuhahungira kugira ngo abeho: ni igihe azaba yishe bitari nkana mugenzi we, umuntu atari asanzwe yanga na mbere.


jyewe wahoze ndi umuntu utuka Imana, ngatoteza abayo, nkaba umunyarugomo. Ariko nagiriwe imbabazi, kuko ibyo nakoraga nabiterwaga n’ubujiji, ntaragira ukwemera.


Ubwo na we ari umunyantege nke muri byinshi, ashobora kumva abatarasobanukirwa, bagihuzagurika;


Mu cyumba cya kabiri ho, umuherezabitambo mukuru ahinjira gusa rimwe mu mwaka, kandi yitwaje amaraso yo guhongerera ibyaha by’ubujiji bwe bwite, kimwe n’iby’imbaga.


bityo mu munwa umwe hagasohoka umugisha n’umuvumo. Bavandimwe rero, ntibyari bikwiye kumera bityo.


Ariko Yonatani we, mu gihe se yarahiraga abantu, nta bwo yari yabyumvise. Nuko akoza isonga y’inkoni yari yitwaje muri bwa buki, akozaho intoki aratamira, maze amaso ye arushaho kureba cyane.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan