Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 3:16 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

16 Izo nyama zose, umuherezabitambo azazitwikire ku rutambiro. Ni igitambo cy’ibiribwa bikongotse burundu, kandi gifite impumuro yurura. Ibinure byose bizajya biba umugabane w’Uhoraho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

16 Umutambyi abyosereze ku gicaniro, ibyo ni ibyokurya by'Imana, n'igitambo gikongorerwa n'umuriro kuba umubabwe uhumura neza. Urugimbu rwose ni umwanya w'Uwiteka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

16 Nuko ibyo byokurya umutambyi abitwikire ku rutambiro, bibe ituro ritwikirwa Uhoraho rifite impumuro imushimisha. Urugimbu rwose ni urw'Uhoraho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

16 Nuko ibyo byokurya umutambyi abitwikire ku rutambiro, bibe ituro ritwikirwa Uhoraho rifite impumuro imushimisha. Urugimbu rwose ni urw'Uhoraho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 3:16
19 Iomraidhean Croise  

Abeli na we azana uburiza mu matungo ye, agerekaho n’ibinure byayo. Uhoraho ashima Abeli n’amaturo ye,


Byongeye kandi, bagombaga no gutura ingimbu z’ibitambo by’ubuhoro n’amaturo aseswa ajyana n’ibitambo bitwikwa. Umurimo wo mu Ngoro y’Uhoraho uvugururwa utyo.


Salomoni yegurira Uhoraho igice cyo hagati y’urugo ruri imbere y’Ingoro y’Uhoraho, akaba ari na ho yaturiye ibitambo bitwikwa n’urugimbu rw’ibitambo by’ubuhoro. Ntiyabituriye ku rutambiro rw’umuringa rwari rwarubatswe na Salomoni kuko rwari ruto cyane, rudashobora kujyaho ibitambo bitwikwa, amaturo n’ingimbu.


Uzende ikinure cyose cyoroshe amara n’umwijima; wende n’impyiko zombi kimwe n’ikinure kizoroshe, maze ibyo byose ubitwikire ku rutambiro.


Hanyuma uzende ikinure cy’impfizi y’intama: umurizo, ikinure cyoroshe amara, n’ikinure kiri ku mwijima; wende n’impyiko zombi hamwe n’ikinure kizorosheho, ndetse n’itako ry’iburyo, kuko ari yo rugeyo y’intangizamirimo yabo.


Uhoraho yashatse kumujanjaguza imibabaro, kandi namara gutura ubuzima bwe ho impongano z’ibyaha, azabona abamukomokaho, azarambe, maze azuzuze atyo umugambi w’Uhoraho.


Naho abaherezabitambo b’Abalevi, ari bo bene Sadoki, batahemutse ku murimo wabo mu Ngoro yanjye igihe Abayisraheli bari barayobye, ni bo bazanyegera bankorere — uwo ni Nyagasani Uhoraho ubivuze — bahagarare imbere yanjye banture ibinure n’amaraso.


Amaraso y’ibyo bitambo, umuherezabitambo, azayaminjagira ku rutambiro rw’Uhoraho ruri imbere y’ihema ry’ibonaniro. Ibinure na byo, umuherezabitambo azabitwika, bibe igitambo gifite impumuro yurura Uhoraho.


Inyama zose ziriho ibinure azazitwikire ku rutambiro nk’uko yagenjeje za zindi z’igitambo cy’ubuhoro. Umuherezabitambo namara gukorera ku mutware umuhango wo kumuhanaguraho icyaha yakoze, ubwo ni ho azaba akibabariwe.


Inyama zose zifite ibinure azazikebeho, nk’uko asanzwe abigenza ku gitambo cy’ubuhoro, maze azitwikire ku rutambiro, zibe igitambo gifite impumuro yurura Uhoraho. Umuherezabitambo namara gukorera ku wakoze icyaha umuhango wo kukimuhanaguraho, ubwo azaba akibabariwe.


Musa yakoranyirije hamwe inyama zose z’ibinure, ni ukuvuga umurizo, ibinure biri ku mara, ibyo ku mwijima, impyiko zombi n’ibinure byazo, hamwe n’itako ry’iburyo.


Ikibatsi cy’umuriro gituruka imbere y’Uhoraho, gikongeza igitambo gitwika n’ibinure byari ku rutambiro. Imbaga yose ibonye ibyo, itera hejuru, ibyishimo birayisaga, abantu bose ni ko kugwa hasi bubitse umutwe.


Aramubwira ati «Uzakunde Nyagasani, Imana yawe, n’umutima wawe wose, n’amagara yawe yose, n’ubwenge bwawe bwose.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan