Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 27:8 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

8 Hari ubwo uwo muntu wahize umuhigo yaba ari umukene, ntashobore kubona igiciro cyateganijwe. Icyo gihe uwo muntu azanira umuherezabitambo cya kiremwamuntu yari yaremereye Uhoraho kumwegurira, maze umuherezabitambo akagena ikiguzi cyo kugisimbuza akurikije ubushobozi bw’uwahize uwo muhigo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

8 “Ariko niba uwahize ari umukene ntabashe kubona izo waciriye ajye ashyirwa umutambyi, uwo mutambyi amucirire igiciro, acire igiciro gihwanye n'ibyo uwahize ashobora gutanga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

8 “Niba uwahize ari umukene ku buryo atabona igiciro cyagenwe, ajye asanga umutambyi kugira ngo amugabanyirize igiciro akurikije ubukene bwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

8 “Niba uwahize ari umukene ku buryo atabona igiciro cyagenwe, ajye asanga umutambyi kugira ngo amugabanyirize igiciro akurikije ubukene bwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 27:8
11 Iomraidhean Croise  

Ku mugoroba w’akabwibwi, barahaguruka bajya mu ngando y’Abaramu, bahageze barayizenguruka yose, basanga nta muntu n’umwe uyirimo.


Ubwo se ibyo byose nabirengaho nkakubabarira? Abahungu bawe barantaye, ahubwo bakarahira mu izina ry’ibigirwamana. Narabagaburiye barahaga, nyamara bo bohoka mu busambanyi, bakabyiganira ku nzu y’indaya.


«Niba uwo mubyeyi adashobora kubona umwana w’intama, azafate inuma ebyiri cyangwa intungura ebyiri; imwe iturweho igitambo gitwikwa, indi ayitureho igitambo cy’impongano y’icyaha. Iyo umuherezabitambo amaze kumukoreraho umuhango wo kumusukura, ubwo nyine aba asukuwe.»


Umuntu ufite imyaka mirongo itandatu cyangwa irenga, niba ari umugabo bazamutangaho sikeli cumi n’eshanu, naba umugore bamutangeho icumi.


Hari ubwo itungo na ryo ryateganirizwa guhigura umuhigo. Niba ari rimwe muri ya yandi ashobora guturwa Uhoraho, iryo tungo riba ari ikintu gitagatifu.


Niba umuntu adashoboye kubona intungura ebyiri cyangwa inuma ebyiri, kugira ngo abitureho igitambo cy’impongano y’icyaha yakoze, ashobora nibura kuzana akebo k’ifu, kakaba igitambo cy’impongano y’icyaha. Iyo fu ntazayisukeho amavuta cyangwa ngo ayimeneho umubavu, kuko izaba ari iyo guturwaho igitambo cy’impongano y’icyaha.


Niba umuntu afite amikoro make, akaba adashobora kubona rimwe mu matungo magufi, nashaka gutura igitambo cy’impongano y’icyaha, azazanire Uhoraho intungura ebyiri cyangwa inuma ebyiri, imwe izaturweho igitambo cy’impongano y’icyaha, indi ibe iy’igitambo gitwikwa.


Abakene muzabahorana iteka, kandi aho mushakiye mubagirira neza; naho jyewe ntimuzamporana iteka.


Utangana umutima mwiza ntagayirwa icyo adafite, ashimirwa icyo yatanze!


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan