Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 27:30 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

30 Ituro rya kimwe cy’icumi mugabanya ku myaka y’imirima yanyu no ku mbuto z’ibiti, riba ari umugabane w’Uhoraho. Ni ikintu gitagatifu kigenewe Uhoraho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

30 “Mu bimeze mu butaka byose, naho yaba imyaka cyangwa imbuto z'ibiti, kimwe mu icumi ni icy'Uwiteka. Ni icyera cy'Uwiteka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

30 “Kimwe cya cumi cy'imyaka yo mu murima n'imbuto zera ku biti ni ibyanjye, mujye mubinyegurira.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

30 “Kimwe cya cumi cy'imyaka yo mu murima n'imbuto zera ku biti ni ibyanjye, mujye mubinyegurira.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 27:30
22 Iomraidhean Croise  

Iri buye nshinze rizaba inzu y’Imana, kandi mu byo uzampa byose nzajya nkuraho kimwe cya cumi nkiguture.»


Nimwiyimbire, bigishamategeko n’Abafarizayi b’indyarya, mwe mutanga igice cya cumi cy’isogi, n’icy’imbwija, n’icy’inyabutongo, mwirengagije ingingo zikomeye z’amategeko: ubutabera, imbabazi, no kutaryarya. Ngibyo ibyo mwagombaga gutunganya mutirengagije n’ibindi!


na Yuda yose izana ingano, hamwe na divayi nshya n’amavuta y’imizeti, maze bishyirwa mu byumba by’ububiko.


Nsiba kurya kabiri mu cyumweru, ngatanga kimwe cya cumi cy’urwunguko rwanjye rwose.’


Barabitunganya maze babikamo ibyatanzwe bitonze, ibya cumi n’andi maturo matagatifu. Konanyahu w’umulevi aba umurinzi wabyo, hamwe n’umuvandimwe we Shimeyi wari amwungirije.


Kandi hasingizwe Imana Isumbabyose yashyize abanzi bawe mu maboko yawe!» Nuko Abramu amutura igice cya cumi kuri byose.


Nimwiyimbire, Bafarizayi, mwe mutanga igice cya cumi cy’isogi, n’icy’imbwija, n’icy’izindi mboga zose, ariko mukirengagiza ubutabera n’urukundo rw’Imana. Ngibyo ibyo mwagombaga gutunganya mutirengagije n’ibindi!


amutiza icyumba kinini bari basanzwe babikamo amaturo, imibavu, ibikoresho, ibice bya cumi by’ingano, divayi nshya n’amavuta, hamwe n’ibyabaga biteganyirijwe abalevi, abaririmbyi n’abanyanzugi, n’ibigenewe abaherezabitambo.


Uwo munsi nyine, hashyirwaho abantu bashinzwe kurinda ibyumba bibikwamo amaturo, imiganura n’ibice bya cumi; kugira ngo bajye babikoranyirizamo ibyasaruzwaga mu migi, biteganyirijwe abaherezabitambo n’abalevi, nk’uko amategeko abigena. Koko kandi Yuda yari ishyigikiye umuherezabitambo cyangwa umulevi wese wabaga ari ku gihe.


Umuntu na we, iyo yeguriwe Uhoraho burundu, ntashobora kugombozwa, ahubwo aricwa.


Iyo ushaka kugira icyo ugombora kiri muri iryo turo, wongera kimwe cya gatanu ku giciro cyagenwe.


Ku byerekeye ibibatunga, bose bazajye babona umugabane ungana, uretse ibyo buri muntu muri bo azashobora kuronka ku kiguzi cy’ibintu yarazwe n’abasokuruza be.


Mu mwaka wa gatatu, ari na wo mwaka wo gutanga icya cumi cy’umutungo, numara kugerura icya cumi ku byo wejeje byose no kugihaho Umulevi, umusuhuke w’umunyamahanga, imfubyi n’umupfakazi bari mu migi yawe, bakarya bagahaga,


Ariko mu byo muzasarura, muzagomba kujya muha Farawo umugabane wa gatanu, naho indi migabane uko ari ine ibe iyanyu, muyikuremo imbuto n’ibibatunga, mwe, imiryango yanyu, n’abana banyu.


Kubera ibyo, Yozefu ashyirishaho itegeko rigenga ubutaka bwa Misiri kugeza na magingo aya: umugabane wa gatanu uhabwa Farawo, keretse ubutaka bw’abaherezabitambo, ni bwo butabaye ubwa Farawo.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan