Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 26:43 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

43 Bityo, muri iyo minsi y’amakuba, igihugu kizaba cyaratereranywe, cyararaye nta we ugihinga, maze kizabonereho kubahiriza isabato zacyo zitubahirijwe mbere. Muri icyo gihe kandi, abo bantu bazajya mu gihano, kuko banze gufata imico nabatoje, bakanasuzugura amategeko yanjye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

43 Kandi igihugu bazaba bakiretse, cyishimire amasabato yacyo kikiri amatongo batakikirimo, na bo bazemeresha imitima ikunze ibihano byazanywe no gukiranirwa kwabo kuko banze amateka yanjye, imitima yabo ikanga urunuka amategeko yanjye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

43 Igihe cyose bazaba batari muri icyo gihugu kizarara, kandi bazemera guhanirwa ko banze kumvira amategeko n'amabwiriza yanjye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

43 Igihe cyose bazaba batari muri icyo gihugu kizarara, kandi bazemera guhanirwa ko banze kumvira amategeko n'amabwiriza yanjye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 26:43
28 Iomraidhean Croise  

Ageze mu kaga, Manase yinginga Uhoraho Imana ye, yicisha bugufi cyane imbere y’Imana y’abasekuruza be.


Nuko huzura ijambo Uhoraho yari yavugishije Yeremiya, agira ati «Igihugu kizamara imyaka mirongo irindwi nta muntu ucyitayeho kugira ngo bandihe ibiruhuko by’amasabato yose batubahirije.»


Hahirwa uwo Uhoraho akosora! kandi ntasuzugure inyigisho ya Nyir’ububasha.


Mbere yo gucishwa bugufi, narayobagurikaga, naho ubu ngubu, nkurikiza amasezerano yawe.


Byanguye neza kuba naracishijwe bugufi, kugira ngo nitoze ugushaka kwawe.


Uhoraho, nzi ko amateka waciye atunganye, kandi nta bwo wibeshye uncisha bugufi.


hanyuma uzabone ubunyiyambaza igihe cy’amagorwa, ubwo rero nzagutabara, maze nawe unsingize.» (guceceka akanya gato)


nyamara ntukunde gukosorwa, maze amagambo yanjye ukayata hirya?


Mu mubabaro wacu twarakwirukiye, igihe uduhannye turagutakambira.


Koko rero, maze kugutera umugongo, nisubiyeho, narisuzumye none nikubise agashyi, naramwaye, nkorwa n’isoni; ni koko, nari mfite umugayo mu busore bwanjye. None mbonye ingaruka zabyo.»


Sinzigera mbarakarira, nzahora ngendana namwe, ndetse nzashyira n’Ingoro yanjye hagati yanyu.


mukanga gufata imico nabatoje, bityo mukaba mwishe Isezerano twagiranye.


Ahirengeye muturira ibitambo byanyu hamwe na za nkingi zanyu z’amabuye zeguriwe izuba, byose nzabisenya mbimareho. Muzatuma mbazinukwa, maze intumbi zanyu nzigereke hejuru y’ibimene by’ibigirwamana byanyu.


Bazumva ko nanjye byandakaje maze nkabacira mu gihugu cy’abanzi. Cyangwa se nanone, umunsi umwe umutima wabo utagenywe uzicisha bugufi maze bemere igihano bahawe.


Banga uwibutsa ubutabera mu rukiko, uvuga ukuri bakamwanga urunuka.


Hanyuma, mu kwezi kumwe nkuraho abashumba batatu; ariko n’intama sinabasha kuzihanganira kandi na zo ziranzinukwa.


Isi ntishobora kubanga, ariko jye iranyanga, kuko mpamya ko ibyo ikora ari bibi.


Kuko irari ry’umubiri rirwanya Imana: nta bwo ryayoboka amategeko y’Imana, ntiryanabishobora.


Uhoraho agiye gucira urubanza umuryango we, akazagirira ibambe abayoboke be, nabona yuko intege zabo zishize, kandi ko nta mucakara cyangwa umuntu wigenga usigaye.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan