Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 26:40 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

40 Nyamara abo ngabo bazihamya icyaha cyabo n’icya ba sekuru, maze bemere ko bakoze ishyano bakandwanya.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

40 “Bazavuga gukiranirwa kwabo n'ukwa ba sekuruza, ni ko bicumuro bancumuyeho, bemere yuko kunyuranya nanjye kwabo

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

40 “Ariko igihe kizagera bemere ko bo na ba sekuruza bacumuye, kandi ko banyigometseho bakigira nk'abanzi,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

40 “Ariko igihe kizagera bemere ko bo na ba sekuruza bacumuye, kandi ko banyigometseho bakigira nk'abanzi,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 26:40
30 Iomraidhean Croise  

nibagutekereza bari muri icyo gihugu bazaba bafungiwemo, bakihana kandi bakagutakambira bari mu gihugu cy’ababatsinze, bavuga bati ’Twaracumuye, turi abanyamafuti, turi ibicibwa’,


bakakugarukira n’umutima wabo wose, n’amagara yabo yose, aho bari muri icyo gihugu bazaba bajyanywemo bunyago, bakagusenga bareba aho igihugu cyabo giherereye, ari cyo gihugu wahaye abasokuruza babo, berekeje kandi umurwa watoranyije n’Ingoro nubakiye izina ryawe,


None rero, nimuhe ikuzo Uhoraho, Imana y’abasokuruza banyu, kandi murangize ugushaka kwe: nimuce ukubiri n’abo banyamahanga batuye iki gihugu kandi mutandukane n’abagore mwabashatsemo!»


Uhoraho Mana ya Israheli, ubuntu bwawe ni bwo dukesha kuba twarasigaye turi agasigisigi k’abarokotse, nk’uko tumeze ubu. Ngaha twebwe b’abanyabyaha duhagaze imbere yawe, n’ubwo tutabikwiye.»


Nuko ndavuga nti «Mana yanjye, ubu mfite isoni n’ikimwaro ku buryo ntatinyuka kubura amaso, ngo nkwerekezeho uruhanga rwanjye. Mu by’ukuri, Mana yanjye, ibicumuro byacu byariyongereye bisumba imitwe yacu, n’ibyaha byacu birarundana bigera ku ijuru.


Ni bwo rero nkwirezeho icyaha cyanjye, sinazinzika amafuti yanjye. Naravuze nti «Ngiye kubwira Uhoraho ibicumuro byanjye», maze nawe untura umutwaro w’ibyaha byanjye. (guceceka akanya gato)


Uhisha ibyaha bye, ntakizamuhira, ariko ubyanga akabyicuza, azababarirwa.


Uhoraho, tuzi neza ububi bwacu, ndetse n’ubuhemu bw’abasekuruza bacu; ni byo koko, twagucumuyeho.


Uhoraho, itegereze amakuba ndimo! Ndatengurwa nkabunza umutima, kuko nagusuzuguye bikabije. Ku gasozi inkota yancuje abana, no mu rugo hameze nk’ahatashywe n’Urupfu.


Nuko rero, uwo ni Nyagasani Uhoraho ubivuze, bazabamara intimba nimubona imyifatire yabo n’ibikorwa byabo, maze muzamenye ko ibyo nakoreye Yeruzalemu byose bitabaye impfabusa.»


Ubwo rero, muzibuka ko mwari mwarayobye mugakora nabi, bibatere namwe ubwanyu kwizinukwa kubera amakosa yanyu n’amahano mwakoze.


Nzagenda nigumire iwanjye kugeza ko bazumva igicumuro cyabo, maze bagashakashaka uruhanga rwanjye; koko kandi igihe bazaba bari mu mubabaro, ni bwo bazanshakashaka.


Nimukomeza kugoma mukanga kunyumvira, ibyo bihano nzabikuba incuro ndwi kugira ngo mwihane.


nanjye nzakomeza mbarwanye, ndetse nzabikuba incuro ndwi kugira ngo mbahane.


Nihagira rero ukora icyaha abitewe n’uko yagwiriwe na kimwe muri ibyo bintu, agomba kwirega igicumuro cye,


Bazicuza icyaha bazaba bakoze; maze uwacumuye kuri mugenzi we amusubize ibyo yamutwaye byose, yongereho kimwe cya gatanu cy’igiciro cyabyo.


Bagera kuri bene Rubeni, bene Gadi no kuri kimwe cya kabiri cy’umuryango wa bene Manase, mu gihugu cya Gilihadi, maze barababwira bati


Yozuwe abwira Akani, ati «Mwana wanjye, ha ikuzo Uhoraho, Imana ya Israheli, maze umuramye! Ibyo wakoze bimbwize ukuri, ntugire icyo umpisha.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan