Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 26:39 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

39 Abazarokoka muri mwe bazasereberera mu bihugu by’abanzi bazize ibyaha byabo bikubitiyeho no kwiyongera ku bya ba sekuruza.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

39 Abarokotse muri mwe bazasogobererezwa no gukiranirwa kwabo mu bihugu by'ababisha banyu, no gukiranirwa kwa ba sekuruza kuzatuma basogobera nka bo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

39 Abazacika ku icumu muri mwe, bazamererwa nabi kubera ibicumuro byabo n'ibya ba sekuruza.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

39 Abazacika ku icumu muri mwe, bazamererwa nabi kubera ibicumuro byabo n'ibya ba sekuruza.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 26:39
30 Iomraidhean Croise  

«Uhoraho, Imana ya Israheli, aravuze ngo: Mugende mubwire uwo muntu wabantumyeho, muti ’Uhoraho aravuze ngo agiye guteza ibyago n’imivumo aha hantu n’abahatuye nk’uko byanditswe mu gitabo basomeye umwami wa Yuda.


Kuva igihe cy’abasokuruza bacu kugeza ubu twaracumuye bikabije, kandi kubera ibyaha byacu twebwe ubwacu, hamwe n’abami n’abaherezabitambo bacu, twagabijwe abami b’amahanga, tugabizwa inkota, ukujyanwa bunyago, gusahurwa no gukozwa isoni, mbese nk’uko bimeze uyu munsi.


ariko nimungarukira mugakomeza amategeko yanjye kandi mukayakurikiza, kabone n’aho abajyanywe bunyago banyu bazaba bari inyuma y’ijuru, nzabakoranya maze mbagarure aho nahisemo kugira ngo mpatuze izina ryanjye.’


Ntuzapfukame imbere y’ibyo bigirwamana kandi ntuzabiyoboke; kuko Imana yawe ari jyewe Uhoraho, nkaba Imana ifuha, ihanira icyaha cy’ababyeyi mu bana babo, kugeza mu gisekuruza cya gatatu no mu cya kane cy’abanyanga,


Imana igaragariza ubuntu bwayo ibisekuru ibihumbi n’ibihumbi, ikihanganira igicumuro, ubwigomeke n’icyaha, ariko ntireke guhanira igicumuro cy’ababyeyi mu bana n’abuzukuru babo, kugeza mu gisekuru cya gatatu n’icya kane!»


Nimwitegure kwica abana, kubera icyaha cy’ababyeyi babo, hato batava aho baduhagurukana, bakigarurira isi, maze bakayubakaho imigi.


Twumvise n’abo mu mpera z’isi baririmba bati «Nasinginzwe Nyir’ubutungane!» Ariko ndibwira nti «Nta bwo! Ndahejeje! Noneho ndagowe!» Abagambanyi baragambanye! Mbega ubugambanyi! Abagambanyi baragambanye!


Nimunyiyambaza kandi mukaza kunsenga, nanjye nzabumva.


Isoni nizidukore maze ikimwaro kitworose! Rwose, kuva mu buto bwacu kugeza uyu munsi, twacumuye kuri Uhoraho Imana yacu, twanga gutega amatwi ijwi rye.


Icyo gihe, ntibazongera kuvuga ngo «Ababyeyi bariye imizabibu idahishije, none amenyo y’abana babo yaramunzwe.»


Yuda yajyanywe bunyago, irasuzugurwa kandi ishikamirwa n’ubucakara; ituye mu mahanga ntihagira uburuhukiro, abari bayikurikiranye bayifatiye mu mfutanwa.


Abicishijwe inkota barahiriwe kurusha abishwe n’inzara, bakagwa umudari, kubera ko imirima yarumbye.


Byongeye kandi muravuga muti ’Umwana yabuzwa n’iki kuzira ibicumuro bya se!’ Nyamara rero, niba umwana yarakoze ibitunganye kandi agakurikiza ubutabera, yarubahirije amategeko yanjye akanayakurikiza, agomba kubaho.


Aho muzahibukira imyifatire yanyu n'ibikorwa byanyu byatumye mwiyanduza, maze bibatere namwe ubwanyu kwizinukwa kubera ibyo bibi byose mwakoze.


muzagumana ibitambaro byanyu mu mutwe n’inkweto zanyu mu birenge, ntimuzaboroga kandi ntimuzarira. Muzacika intege kubera ibicumuro byanyu, buri muntu aganye kubera ibyago bya mugenzi we.


Nuko rero, mwana w’umuntu, ubwire umuryango wa Israheli, uti «Mukunda gusubira muri aya magambo ngo: Ibicumuro byacu biradushikamiye, bigatuma turimbuka; ubu se, twashobora kubaho dute?’


Ubwo rero, muzibuka ko mwari mwarayobye mugakora nabi, bibatere namwe ubwanyu kwizinukwa kubera amakosa yanyu n’amahano mwakoze.


maze kubera ko bazabura umugati n’amazi, bazakangarane kandi bacike intege ku mpamvu y’ibyaha byabo.»


maze bazanyibukire mu mahanga aho bazaba ari imbohe, kuko nzaba namenaguye umutima wabo wararutse ukanyanga, n’amaso yabo yohotse inyuma y’ibigirwamana byabo. Bazizinukwa na bo ubwabo kubera ibibi byose bakoze n’ayo mahano yabo.


Nzagenda nigumire iwanjye kugeza ko bazumva igicumuro cyabo, maze bagashakashaka uruhanga rwanjye; koko kandi igihe bazaba bari mu mubabaro, ni bwo bazanshakashaka.


Nabatatanyirije mu mahanga; ariko n’ubwo bazaba kure, bazanyibuka; bazabyara abana kandi bazatahuke.


’Ndi Uhoraho, sindakara vuba, nuje ubudahemuka kandi nihanganira uncumuyeho n’unyiteyeho hejuru, ariko sindenzaho ngo nibagirwe, igicumuro cy’ababyeyi ngikurikirana ku bana babo, nkageza ku buzukuruza cyangwa ku buvivi.’


Kandi muri ayo mahanga, nta mahoro uzagira, ntuzabona n’aho uruhurira ibirenge byawe; ahubwo Uhoraho azaguherayo imitima ibunga, amaso ahondobera n’ubuzima bukendera.


Ibyo byose nibimara kukubaho, ni ukuvuga umugisha cyangwa umuvumo nagushyize imbere, uzabizirikana mu mutima wawe aho uzaba uri mu mahanga yose Uhoraho Imana yawe azaguciramo.


Ntuzapfukame imbere y’ibyo bigirwamana, kandi ntuzabiyoboke, kuko Imana yawe ari jyewe Uhoraho, nkaba Imana ifuha, ihanira icyaha cy’ababyeyi mu bana babo, kugeza mu gisekuru cya gatatu no mu cya kane cy’abanyanga.


nk’amahanga Uhoraho yarimburiye imbere yanyu, ni ko namwe muzarimbuka, kubera ko muzaba mutarateze amatwi ijwi ry’Uhoraho Imana yanyu.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan