Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 26:36 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

36 Abo muri mwebwe bazaba bararokotse, bari mu bihugu by’ababisha, nzabakurikirana kugeza ubwo biheba. Akababi nikamanuka ku giti kazajya kabakura umutima biruke nk’abahunga inkota, maze bajye bikubita hasi kandi nta we ubirukanye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

36 “Abarokotse muri mwe nzabaterereza gukukira imitima mu bihugu by'ababisha babo, bazakangwa n'ikibabi kijyanwa n'umuyaga, bahunge nk'uko umuntu ahunga inkota, bazagwa ari nta wubirukanye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

36 “Abazacika ku icumu muri mwe bazaba bari mu bihugu by'abanzi, nzabateza ubwoba ku buryo nibumva n'ikibabi kigushijwe n'umuyaga bazikanga. Bazahunga nk'abakurikiwe n'igitero bagwe nta wubirukanye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

36 “Abazacika ku icumu muri mwe bazaba bari mu bihugu by'abanzi, nzabateza ubwoba ku buryo nibumva n'ikibabi kigushijwe n'umuyaga bazikanga. Bazahunga nk'abakurikiwe n'igitero bagwe nta wubirukanye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 26:36
31 Iomraidhean Croise  

Nuko baragenda. Imana itera ubwoba bukabije mu migi ikikije Sikemu, ntihagira n’umwe ukurikirana abahungu ba Yakobo.


Nuhinga ubutaka, ntibuzongera kukurumbukira; uzahora uri inzererezi yangara ku isi.»


Batera n’ibiraro by’amatungo, maze banyaga amatungo magufi menshi n’ingamiya. Hanyuma basubira i Yeruzalemu.


Urashaka se gukanga akababi gatwawe n’umuyaga, no kwibasira akatsi kumye?


Koko abo bagizi ba nabi ni ibiburabwenge, bo bihaye kurya imitsi y’umuryango wanjye, barya icyari kiwutunze, kandi ntibarushye basenga Imana!


Bazamarwa n’ubwoba kandi nta kibubateye! Imana yanyanyagije amagufwa y’abari bakugarije; none dore urabakora ku itama, kuko Imana yabagutsindiye.


Washishikaje abamutambamiye, abanzi be ubatera ishema;


Umugome ahunga nta we umwirukanye, ariko intungane ni nk’icyana cy’intare, nta cyo zikanga.


Umuntu umwe azirukana abantu igihumbi muri mwe, abantu batanu bazaba bahagije, babirukane muhunge, kugeza ubwo hazasigara bake muri mwe, mbese nk’igiti gihagaze ku kanunga k’umusozi, gisigaye ari cyo kimenyetso cyonyine iyo mu mpinga.


Babimenyesha abo mu muryango wa Dawudi, bati «Aramu yashinze ibirindiro muri Efurayimu.» Nuko umwami na rubanda bakuka umutima, boshye ibiti by’ishyamba bihungabanywa n’umuyaga.


maze umubwire uti ’Humura ! Witinya kandi ntugire ubwoba. Wihagarika umutima kubera buriya busabusa bw’amafumba abiri acumbeka, cyangwa se kubera uburakari bukaze bwa Rasoni, umwami wa Aramu, na mwene Remaliyahu.


N’iyo mwaba mwatsembye ingabo z’Abakalideya zibugarije, inkomere zarokoka zava mu mahema yazo, zigatwika uyu mugi.’»


Abantu na bo baragwirirana umwe hejuru y’undi. Barabwirana bati ’Nimuhaguruke, dusubire mu muryango wacu n’igihugu cyacu kavukire kure y’inkota kirimbuzi!’


Yuda yajyanywe bunyago, irasuzugurwa kandi ishikamirwa n’ubucakara; ituye mu mahanga ntihagira uburuhukiro, abari bayikurikiranye bayifatiye mu mfutanwa.


Ikuzo ry’umwari wa Siyoni ryarayoyotse, abatware bayo bamera nk’impara zitagira urwuri; bagendaga nta kabaraga, imbere y’ababashoreye.


Abari badukurikiranye barihutaga kurusha za kagoma mu kirere; ku misozi baratujujubyaga, naho mu mayaga bakadusatira.


Nibakubaza bati ’Ni kuki uganya?’ uzababwire uti ’Ni ukubera inkuru mbi y’ibigiye kuba numvise: Imitima yose izahahamuka n’ibiganza birabirane, imbaraga zizashire kandi amavi acike intege. Dore ngibi biraje, kandi birabaye. Uwo ni Nyagasani Uhoraho ubivuze.’»


Yatyarijwe kwica, none irarabagirana kandi igatera ibishashi.


«Mwana w’umuntu, hindukirira Yeruzalemu, uvume Ingoro ntagatifu kandi uhanurire igihugu cya Israheli ibicyerekeyeho.


Nyamara Israheli yazibukiriye ibyiza, none umwanzi nayikurikirane.


Nzabakuraho amaso n’umutima, maze abanzi banyu bazabiganzure. Abanzi banyu bazabakandamiza, maze mujye muhunga nta we ubirukanye.


Koko, muri icyo gihe cy’amakuba, igihugu kizaruhuka, kibe aho kidahingwa, kibonereho kubahiriza isabato zishyura izo kizaba kitararuhutseho igihe mwari mugituye.


Ni bwo Abahemori batuye iyo misozi babasanganije intwaro, babomaho nk’irumbo ry’inzuki; maze barabacocagura, kuva i Seyiri kugera i Horima.


Abami bose b’Abahemori rero bo hakurya ya Yorudani mu burengerazuba, n’abami bose b’Abakanahani bateganye n’inyanja, baza kumenya ko Uhoraho yumukije amazi ya Yorudani imbere y’Abayisraheli, kugeza ubwo bambutse; nuko bacika intege, bananirwa guhumeka imbere y’Abayisraheli.


Abantu b’i Hayi babicamo nk’abantu bagera kuri mirongo itatu na batandatu, barabakurikirana kuva ku marembo y’umugi wabo kugera i Shebarimu; babatatanyiriza kuri ako gacuri. Rubanda ntibaba bagifite umutima; ubutwari bwabo burayoka.


Ngo barabukwe uwo mugabo, Abayisraheli bose bagira ubwoba bwinshi, maze barahunga.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan