Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 26:32 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

32 Igihugu cyanyu nzakirimbura maze n’abanzi banyu nibaza kugitura batangare.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

32 Nzahindura igihugu cyanyu amatongo, bitangaze ababisha banyu bagituyemo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

32 Igihugu cyanyu nzagisenya, ku buryo abanzi bazacyigarurira bazumirwa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

32 Igihugu cyanyu nzagisenya, ku buryo abanzi bazacyigarurira bazumirwa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 26:32
28 Iomraidhean Croise  

Iyi Nzu na yo izasenyuka, maze uzanyura aho yari iri azatangare, yibaza ati ’Ni iki cyatumye Uhoraho akorera ibi ngibi iki gihugu n’iyi Ngoro?’


Dore Uhoraho agiye kuyogoza isi no kuyirimbura, ayihindure ukundi, atatanye abayituye:


Nzawureka ube ikigunda, ntuzicirwa cyangwa ngo uhingirwe, uzameremo amahwa n’imifatangwe, nzabuze n’ibicu kuwugushaho imvura.


Numvise Uhoraho, Umugaba w’ingabo arahira atya: Amazu menshi manini kandi meza azaba amatongo yose, atagira abayabamo.


Nuko ndabaza nti «Ibyo se bizageza ryari Nyagasani ?» Aransubiza ati «Kugeza ubwo imigi izaba yatsembwe, nta bayituye, amazu atakirimo umuntu n’umwe, n’ubutaka bwarahindutse umushike.


Ingoro yacu ntagatifu kandi itagira uko isa, aho abasekuruza bacu baririmbiraga ibisingizo byawe, yahindutse umuyonga, n’ibyo twakundaga byose byarangiritse.


Bawuhinduye umwirare, ndawureba imbere yanjye warangiritse, uteye agahinda. Igihugu cyose cyabaye umwirare, nyamara ariko nta n’umwe ubyitayeho.


Uko ni ko bahinduye igihugu cyabo urw’amenyo, gihinduka ahantu hateye ubwoba; abahanyuze bose bakumirwa, bakazunguza umutwe.


Uyu mugi nzawuhindura ahantu hateye ubwoba, uzawunyura hafi azumirwe, kandi nabona iryo tongo na we acure imiborogo iteye ubwoba.


Iki gihugu cyose kizahinduka amatongo n’ahantu hateye ubwoba, kandi bazagaragire andi mahanga mu gihe cy’imyaka mirongo irindwi.


ari yo Yeruzalemu, imigi ya Yuda, abami bayo n’abatware bayo; kugira ngo aho hose harimbuke, hasigare ari ahantu hateye ubwoba n’urugero rw’ibyavumwe — mbese nk’uko bimeze ubu!


Baragiye ak’intare itaye indiri yayo; igihugu cyabo cyabaye amatongo kubera inkota kirimbuzi n’ubukana bw’uburakari bwe.


Uhoraho avuze atya: Aha hantu muvuga ko ari itongo ritagira abantu n’amatungo, mu migi ya Yuda no mu mayira yasibye ya Yeruzalemu itakirangwamo abantu, abaturage cyangwa inyamaswa,


«Uhoraho Umugaba w’ingabo Imana ya Israheli avuze atya: Muzi neza amakuba naterereje Yeruzalemu n’imigi yose ya Yuda; na n’ubu ni mu matongo nta muntu uhatuye.


Uhoraho ntiyari agishoboye kwihanganira ibikorwa byanyu bibi n’amahano mwakoraga; ni yo mpamvu igihugu cyanyu cyahindutse itongo, kikaba giteye ubwoba, cyabaye ruvumwa, n’abaturage bacyo bagicikamo, nk’uko bimeze ubu!


Niba hari umuhanga uriho, niyumve, kandi yamamaze ijambo yabwiwe n’Uhoraho. Ni kuki igihugu cyayogojwe, kigakongoka nk’ubutayu butagendwa?


Ari abami bo mu mahanga ari n’abatuye ku isi bose, nta n’umwe watekerezaga ko umubisha kimwe n’umwanzi, bazigera binjira mu marembo ya Yeruzalemu.


ni uko umusozi wa Siyoni wabaye itongo, ugahinduka isenga ry’ingunzu.


maze igihe nzaba naguciriye urugukwiye mbigiranye uburakari, umujinya n’ibihano bikaze, uzabere amahanga agukikije ikinnyego n’igitutsi, akarorero n’impamvu yo gutinya kuko ari jye Uhoraho ubivuze.


Ni ukuri koko, umutini ntukirabya indabyo, imizabibu ntikigira imbuto, imizeti yarekeye aho kwera, imirima ntigitanga umusaruro, amatungo magufi yashize mu ngo, nta n’amatungo maremare akirangwa mu biraro.


Nuko rero nimubona Yeruzalemu ikikijwe n’ingabo, muzamenye ko isenywa ryayo ryegereje.


Mu mahanga yose Uhoraho azakwimuriramo, uzahinduka akarorero, ube iciro ry’imigani, n’urwo baseka.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan