Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 26:31 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

31 Imigi yanyu nzayizimya, amasengero yanyu nzayangize, noye kuzongera guhumurirwa n’imibavu yanyu ukundi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

31 Nzahindura imidugudu yanyu imisaka, ahera hanyu nzahahindura amatongo, sinzahumurirwa n'impumuro y'ibyo munyosereza.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

31 Nzarimbura imijyi yanyu, n'ingoro muzasengeramo nzihindure amatongo. Sinzaba ngishimishwa n'impumuro y'amaturo yanyu atwikwa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

31 Nzarimbura imijyi yanyu, n'ingoro muzasengeramo nzihindure amatongo. Sinzaba ngishimishwa n'impumuro y'amaturo yanyu atwikwa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 26:31
45 Iomraidhean Croise  

Uhoraho ahumurirwa n’umwuka ugusha neza w’ibitambo. Nuko aribwira ati «Sinzongera kuvuma ubutaka ukundi ku mpamvu y’umuntu. N’ubwo kuva mu bwana bwe nta kindi umutima we urarikira uretse ikibi, sinzongera kwica ibifite ubugingo nk’uko nabigenje.


nuko umaze kubyumva umutima wawe uricuza, wicisha bugufi imbere y’Uhoraho, kandi ushishimura imyambaro yawe ndetse usuka amarira imbere yanjye . . . ubu rero nanjye ubwanjye nakumvise!


Batwika Ingoro y’Uhoraho, barimbura inkike z’amabuye z’i Yeruzalemu, amazu yaho barayatwika yose, maze ibintu byose by’agaciro barabitsemba.


Baransubiza bati «Abarokotse bakaba barahatahukiye, ubu bari mu makuba akomeye kandi barasuzuguwe; inkike za Yeruzalemu zaratengutse, n’amarembo yayo barayatwitse.»


Noneho ndababwira nti «Murabona aya makuba turimo: Yeruzalemu yarasenyutse, n’amarembo yayo arashya. Nimuze, twubake inkike za Yeruzalemu, maze bareke kudusuzugura!»


Nuko mbwira umwami, nti «Umwami arakarama! Nabura nte kurebana agahinda, kandi umurwa urimo imva z’abasokuruza banjye warasenyutse, n’amarembo yawo agatwikwa?»


Igihugu cyanyu cyahindutse amatongo, imigi yanyu ikongorwa n’umuriro; abanyamahanga barabanyaga igihugu mubareba, none gitsiratsijwe nk’ikigaruriwe n’ingabo z’ahandi.


Nuko ndabaza nti «Ibyo se bizageza ryari Nyagasani ?» Aransubiza ati «Kugeza ubwo imigi izaba yatsembwe, nta bayituye, amazu atakirimo umuntu n’umwe, n’ubutaka bwarahindutse umushike.


Umuryango wawe mutagatifu ntiwaregamye mu murage wawo, ntibyatinze abanzi bacu banyukanyutse Ingoro yawe.


Imigi yawe mitagatifu yabaye amatongo, Siyoni na yo ihinduka ubutayu, Yeruzalemu iribagirana.


Kugira ngo bature igitambo, bica ikimasa, ariko kandi bakica n’umuntu! Basogota umwana w’intama, bagahotora n’imbwa! Bahereza ituro, rikaba ari amaraso . . . y’ingurube! Bagira urwibutso rw’ububani, nyamara bakosa . . . ikigirwamana ! Koko rero, abo bantu bihimbiye inzira zabo bwite, bishimira kuguma mu mahano yabo.


Naho rero nimutumva ayo magambo, ndabirahiye ubwanjye — uwo ni Uhoraho ubivuze — uru rugo nzaruhindura itongo.»


iyi Ngoro nzayigenzereza nka Silo, n’uyu mugi nywugire urugero rw’ibivume mu mahanga yose y’isi.’»


Uratinyuka guhanura mu izina ry’Uhoraho ngo ’Iyi Ngoro izaba nka Silo, n’uyu mugi uzarimbuke, ushiremo abaturage bawo!’» Ubwo bose bakikiza Yeremiya mu Ngoro y’Uhoraho.


Nitegereje, nsanga igihugu cyari gitoshye, cyarahindutse ubutayu, n’imigi yose yarakongotse, itwitswe n’uburakari bukaze bw’ Uhoraho.


Uhoraho avuze atya: Isi yose izaba umwirare, nyamara ariko, sinyitsembye buheriheri.


Intare yavumbutse mu kibira; umurimbuzi w’amahanga arahagurutse, avuye iwe azanywe no guhindura igihugu cyawe itongo. Imigi yawe izatwikwa, abayituye bayicikemo.»


«Uhoraho Umugaba w’ingabo Imana ya Israheli avuze atya: Muzi neza amakuba naterereje Yeruzalemu n’imigi yose ya Yuda; na n’ubu ni mu matongo nta muntu uhatuye.


Nuko umujinya wanjye n’uburakari bwanjye bigurumana nk’umuriro, biyogoza imigi ya Yuda n’amayira ya Yeruzalemu; none ubu habaye mu matongo, ahantu hatagerwa.


Nuko atwika Ingoro y’Uhoraho n’ingoro y’umwami, ndetse n’amazu yose y’i Yeruzalemu.


Niba hari umuhanga uriho, niyumve, kandi yamamaze ijambo yabwiwe n’Uhoraho. Ni kuki igihugu cyayogojwe, kigakongoka nk’ubutayu butagendwa?


Mbega ngo umugi wari utuwe n’imbaga nyamwinshi urasigaramo ubusa! Uwahoze ari igikomerezwa mu mahanga n’umwamikazi w’ibihugu, ameze nk’umupfakazi, arakoreshwa imirimo y’uburetwa!


Umwanzi yaramburiye ikiganza ku byiza byayo byose, maze abanyamahanga binjira mu rusengero rwayo, ibyirebera, kandi warategetse ngo «Ntibazinjire mu ikoraniro ryawe!»


Nk’uko bangiza ubusitani n’akazu kaburimo, ni ko yayogoje igihugu cyose n’umurwa wacyo, avanaho ahantu haberaga amakoraniro matagatifu. Uhoraho yatumye iminsi mikuru n’amasabato byibagirana muri Siyoni; kubera uburakari bwe bugurumana, yigizayo umwami n’umuherezabitambo.


Uhoraho yahigitse urutambiro rwe, azinukwa Ingoro ye, inkike z’iminara azigabiza ibiganza by’umwanzi; none barasakuriza mu Ngoro y’Uhoraho nk’abari mu minsi mikuru!


Imigi yari ituwe izasenywa, igihugu gihinduke amatongo maze muzamenye ko ndi Uhoraho.’»


Yatyarijwe kwica, none irarabagirana kandi igatera ibishashi.


«Mwana w’umuntu, hindukirira Yeruzalemu, uvume Ingoro ntagatifu kandi uhanurire igihugu cya Israheli ibicyerekeyeho.


’Nyagasani Uhoraho aravuze ngo: Dore ngiye guhindanya Ingoro yanjye, yo yabateraga kwiratana imbaraga zanyu, ikaba ibyishimo by’amaso yanyu n’amizero y’imitima yanyu; maze abahungu banyu n’abakobwa banyu mwatereranye bazicishwe inkota.


Imigi mutuyemo izahinduka amatongo n’ahantu hanyu hatagatifu hasenywe; bityo intambiro zanyu zizasenywe kandi zirimburwe, ibigirwamana byanyu bisandazwe kandi binyanyagire, intambiro z’imibavu zizamenagurwe maze ibikorwa byanyu bihinduke ubusa.


baba abasaza, abasore n'amasugi, abana n'abagore, mwice kandi mubatsembe bose. Ariko umuntu wese ufite ikimenyetso ku gahanga, uwo ntimumukoreho. Ndetse ahubwo nimutangirire ku Ngoro yanjye.» Nuko bahera ku basaza bari mu Ngoro.


Amasengero y’ahirengeye ya Izaki azahinduka amatongo, n’ingoro za Israheli zizarimbagurike, maze mfate inkota, inzu ya Yerobowamu nyihagurukire.»


Ni cyo gituma Siyoni izahingwa nk’umurima, Yeruzalemu igahinduka amatongo, bitewe namwe, umusozi wubatseho Ingoro ugapfukiranwa n’ibihuru.


Natsembye amahanga — uwo ni Uhoraho ubivuze — iminara yo ku nkike zabo, ndayisenya, imihanda yabo narayirimbuye nta mugenzi ukihanyura. Koko imigi yabo yahindutse amatongo: nta muntu ukihagera, nta n’uhatuye.


Bazicishwa ubugi bw’inkota, babajyane bunyago mu mahanga yose, kandi Yeruzalemu izaribatwa n’abanyamahanga, kugeza ubwo igihe cyagenewe abanyamahanga kizaba kirangiye.


tunamwumva avuga ko uwo Yezu w’i Nazareti azasenya aha Hantu hatagatifu, akanahindura Amategeko twahawe na Musa.»


Tumenye ko, niba dukomeje gucumura tubishaka, kandi twaramenyeshejwe ukuri kose, nta gitambo kindi gisigaye cyo guhongerera ibyaha byacu;


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan