Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 26:26 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

26 Nzabanyaga imigati mwaryaga, ku buryo abagore cumi bazajya batekera imigati yanyu mu ziko rimwe. Iyo migati bazabazanira na yo bazayipima ku munzani; ntimuzajya muyirya ngo muhage.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

26 Nimvuna inkoni mwishingikirije ni yo mutsima wanyu, abagore cumi bazajya bokereza imitsima yanyu mu cyokezo kimwe bayibagerere, murye itabahagije.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

26 Nzatuma mubura ibyokurya ku buryo abagore icumi bazajya bateka mu ifuru imwe gusa, maze ibyo babagaburiye bye kubahāza.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

26 Nzatuma mubura ibyokurya ku buryo abagore icumi bazajya bateka mu ifuru imwe gusa, maze ibyo babagaburiye bye kubahāza.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 26:26
17 Iomraidhean Croise  

Hatera inzara ikaze muri Samariya. Umugi uragotwa ku buryo umutwe w’indogobe waguraga amasikeli mirongo inani ya feza, n’icya kane cy’igipimo cy’amahurunguru y’inuma kikagurwa amasikeli atanu ya feza.


Nuko ateza inzara mu gihugu, ibyo kurya birabura;


Dore Nyagasani, Imana, Umugaba w’ingabo, azima Yeruzalemu na Yuda inkunga iyo ari yo yose, abime icyitwa umugati n’amazi cyose,


Imirima cumi y’umuzabibu izera ibyuzuye ikibindi kimwe, ibibibiro cumi by’imbuto bibyare icyibo kimwe gusa.


Hirya baratemagurana, ntibashire inzara, hino bararyana, ariko ntibijute, buri muntu arashiha inyama yo ku kaboko ke.


Abo mu muryango wa Manase barashiha abo kwa Efurayimu, n’abo mu muryango wa Efurayimu bakarya abo kwa Manase, hanyuma iyo miryango yombi ikavira inda imwe kuri Yuda. Nyamara n’ubwo bimeze bityo bwose, uburakari bw’Uhoraho ntiburacogora, ukuboko kwe kuracyabanguye.


N’iyo basiba, sinakumva amaganya yabo, n’iyo bantura ibitambo bitwikwa n’andi maturo, nta bwo byanshimisha. Nzabatsembesha inkota, inzara n’icyorezo.»


«Mwana w’umuntu, igihugu kiramutse gicumuye kikampemukira, nkakiramburiraho ikiganza cyanjye ngasenya ibigega byacyo by’imigati, nkagiteza inzara kugira ngo ngitsembemo abantu n’amatungo,


Ibiryo uzarya, uzajye upima ibingana n’amasikeli makumyabiri ku munsi, bikazagutunga kugeza ku munsi ukurikiyeho.


Hanyuma arambwira ati «Mwana w’umuntu, dore ngiye gusenya ibigega by’imigati by’i Yeruzalemu; bazaryana agahinda umugati upimye, banywe bishisha amazi agezwe,


maze kubera ko bazabura umugati n’amazi, bazakangarane kandi bacike intege ku mpamvu y’ibyaha byabo.»


Nzabaterereza imyambi iteye ubwoba ibarimbure; koko nzayibaterereza kubatsemba, nongereho n’inzara nsenya ibigega byanyu by’imigati.


Bazarya ubudahaga, basambane ubutororoka, kuko bibagiwe Uhoraho, bakohokera ubuhabara.


Ibyo byose nimubirengaho, mugakomeza kugoma no kutanyumvira,


Uzarya ariko ntuzahaga, inzara izahora iwawe. Uzazigama ariko nta cyo uzashobora gutunga, n’icyo watunga nakigabiza inkota.


Mwabibye byinshi ariko musarura bike; murarya ariko ntimwijuta; muranywa ariko inyota ikaba yose; murambara ariko ntimushire imbeho! Koko uwakoze yarahembwe, ariko inyungu ayibika mu mufuka utobotse!


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan