Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 26:25 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

25 Nzabahuramo inkota yo guhorera Isezerano mwishe, maze muhungire mu migi yanyu. Ubwo naho nzabaterereza icyorezo, maze umubisha wanyu abonereho kubatsemba.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

25 Nzabaterereza inkota ibahora kwica isezerano ryanjye, muteranirizwe mu midugudu yanyu maze mboherezemo mugiga, mugabizwe ababisha banyu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

25 Nzabateza intambara kubera ko mwishe Isezerano nagiranye namwe, nimuhungira mu mijyi nzabateza icyorezo maze abazaba babagose babigarurire.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

25 Nzabateza intambara kubera ko mwishe Isezerano nagiranye namwe, nimuhungira mu mijyi nzabateza icyorezo maze abazaba babagose babigarurire.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 26:25
42 Iomraidhean Croise  

Nuko Dawudi ahitamo icyorezo. Hari mu gihe cyo gusarura ingano. Uhoraho ni ko guteza icyorezo muri Israheli, kuva muri icyo gitondo kugeza igihe yateganyije, maze hapfa abantu ibihumbi mirongo irindwi, uhereye i Dani ukageza i Berisheba.


Igihe umuryango wawe Israheli uzaba waneshejwe n’abanzi kubera kugucumuraho, nukugarukira ugasingiza izina ryawe, ugasenga kandi ukagutakambira muri iyi Ngoro,


Nihatera inzara mu gihugu, hagatera icyorezo imyaka ikarumba, hagatera inzige, injereri, umwanzi agatera imigi yose y’igihugu, hakaduka icyorezo n’indwara iyo ari yo yose,


Salimanasari, umwami w’Abanyashuru aramutera; Hozeya aratsindwa ahinduka umugaragu we, akajya amuha umusoro.


N’ubwo ingabo z’Abaramu zari nke, Uhoraho azigabiza abazirushaga ubwinshi kuko bari baratereranye Uhoraho, Imana y’abasekuruza babo. Naho Yowasi, ingabo z’Abaramu zimugirira nkana,


Uhoraho, Mana ihora inzigo, Mana ihora inzigo, igaragaze!


Baravuga bati «Imana y’Abahebureyi yaratubonekeye. Duhe uruhusa rwo gukora urugendo rw’iminsi itatu mu butayu, kugira ngo duture ibitambo Uhoraho Imana yacu, maze yekuduteza umuze cyangwa inkota.»


Naho niba mubyanze, mugakomeza kuganda, inkota ubwayo ni yo izabarya. Uwo ni Uhoraho ubivuze.


nzabagenera kwicishwa inkota: mwese muzapfukame, kugira ngo mwicwe. Kuko nabahamagaye, ntimunyitabe; nabavugisha, ntimunyumve. Mwakoreye ikibi mu maso yanjye, kandi muhitamo ibitanshimisha.


Nzahungabanya ubutegetsi bwa Yuda na Yeruzalemu, nzabamarisha inkota imbere y’abanzi babo. Nzabagabiza ikiganza cy’ababahigira maze mbagaburire ibisiga n’ibikoko byo mu ishyamba.


Nzabahuramo inkota, inzara n’icyorezo, kugeza ubwo bazashira mu gihugu nabahaye, bo n’abasekuruza babo.»


Ngurwo urusaku rw’impunzi zacitse ku icumu, zivuye mu gihugu cya Babiloni, zije gutangaza muri Siyoni ko Uhoraho Imana yacu yihoreye, ko Nyir’ijuru yihimuye. (Babiloni)


Nimutyaze imyambi, mufate ingabo; Uhoraho akanguye abami b’Abamedi. Ni koko, Uhoraho yagiriye Babiloni umugambi wo kuyisenya. Uhoraho arihoreye, ni ko Nyir’ijuru yihimura.


Uhoraho Umugaba w’ingabo avuze atya: Nimubaririze, mutumire abagore bo kurira! Muhamagare ababizobereyemo, maze baze!


Umwana n’umusaza barambaraye mu mayira; abakobwa banjye n’abasore banjye bamazwe n’inkota, ku munsi w’uburakari bwawe warishe, usogota bose nta mbabazi.


Cyangwa se icyo gihugu ndamutse ngiteje inkota, nkavuga nti ’Inkota ninyure mu gihugu kugira ngo ngitsembemo abantu n’amatungo’,


Nzabategeka kuba ubushyo bwanjye no kumvira Isezerano ryanjye;


Ni cyo gitumye Nyagasani Uhoraho avuga ati «Dore nguterereje inkota kugira ngo ikumare ku bantu no ku matungo.


«Mwana w’umuntu, noneho abo mu muryango wawe, uzababwire utya: Iyo hari igihugu nteje inkota, abantu baho bafata umwe muri bo bakamushinga kureba ko hari uza,


Nzabaterereza inzara n’ibikoko by’inkazi bibamareho urubyaro; ibyorezo n’amaraso bizakugariza kandi nzakugabize n’inkota: ni jye Uhoraho ubivuze.’»


Uzavuge uti ’Misozi ya Israheli, nimutege amatwi ijambo rya Nyagasani Uhoraho. Dore uko Nyagasani Uhoraho abwira imisozi n’utununga, imikokwe n’ibibaya: Ngiye kubagabiza inkota, ndimbure ahantu hanyu hatagatifu.


Inkota izibasira imigi yayo, isenye inzugi zayo, ibarimbure bazize imigambi yabo mibi.


Igihugu cyanyu nzagisenderezamo amahoro, nkirukanemo inyamaswa zigira nabi, bityo mujye musinzira nta nkomyi.


Nabateje icyorezo nka kimwe cyo mu Misiri, nicisha inkota abasore banyu, njyana amafarasi yanyu ho iminyago, ntuma umunuko w’intumbi zo mu ngando zanyu ubazamukira mu mazuru, ariko ntimwangarukira! Uwo ni Uhoraho ubivuze.


Icyorezo kiragenda imbere ye, naho indwara iramukurikiye.


Ngiye kubahuramo icyorezo, mbambure umurage wabo, noneho wowe nzagukomoreho umuryango munini kandi ukomeye kurusha uriya.»


Musa ni ko kubwira imbaga, ati «Muri mwe nihagire abagabo bategura intwaro zabo, maze bajye ku rugamba. Bazatera igihugu cya Madiyani kugira ngo bahorere Uhoraho.


Hazaba imitingito y’isi ikomeye, ahandi hatere ibyorezo n’inzara. Hazaba ibintu biteye ubwoba, n’ibimenyetso bikomeye biturutse ku ijuru.


Uhoraho azaguteza indwara y’icyorezo izashyira ikaguhitana, ikagutsemba mu gihugu ugiye kwinjiramo ngo ukigarurire.


Hanze, inkota izavuga ibamareho abana, no mu mazu yabo haganze ubukangarane. Umuhungu w’umusore azapfa rumwe n’umukobwa w’inkumi, umwana uri ku ibere apfe rumwe n’umugabo umeze imvi.


Kumara inzigo no gutanga inyiturano ni jye nyirabyo, nkabizigamira igihe ibirenge byabo bizateshuka inzira; koko rero umunsi w’ibyago uri bugufi, ibihano byabateganyirijwe ntibigitinze.»


Nintyaza inkota yanjye irabagirana, ukuboko kwanjye kugatigisa iteka naciye, nzamara inzigo mfitanye n’ababisha banjye, mpe inyiturano abanyanga.


Nuko Bene Yuda ibihumbi bitatu baramanuka bajya ku buvumo bwari Etamu, babaza Samusoni, bati «Nta bwo uzi ko dutegekwa n’Abafilisiti? Ibyo wadukoreye ni ibiki?» Arabasubiza ati «Uko bangenjeje nanjye ni ko nabagize.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan