Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 26:22 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

22 Nzabahuramo inyamaswa zo mu ishyamba zibahekure abana, ziyogoze amatungo yanyu, namwe ubwanyu zibatsembe ku buryo nta n’umwe uzatinyuka kunyura mu nzira zanyu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

22 Nzabaterereza inyamaswa zo mu ishyamba zibanyage abana banyu, zirimbure amatungo yanyu zibatubye, inzira zanyu zisibe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

22 Nzabateza inyamaswa z'inkazi zice abana banyu zirimbure n'amatungo yanyu, namwe zibatsembe ku buryo amayira yanyu azabura abayanyuramo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

22 Nzabateza inyamaswa z'inkazi zice abana banyu zirimbure n'amatungo yanyu, namwe zibatsembe ku buryo amayira yanyu azabura abayanyuramo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 26:22
17 Iomraidhean Croise  

Ariko bakigera aho ngaho ntibubashye Uhoraho, bituma abateza intare zirabica.


Elisha arahindukira, arabitegereza, hanyuma abavuma mu izina ry’Uhoraho. Nuko ibirura bibiri bisohoka mu ishyamba, bishwanyaguza abana mirongo ine na babiri muri bo.


Muri icyo gihe abasohokaga n’abinjiraga nta mahoro bari bafite, ahubwo hari imidugararo myinshi mu baturage b’icyo gihugu.


Ni yo mpamvu umuvumo uyogoje isi, ugakururira amakuba abayituye; none abatuye isi bakaba bashizeho, hagasigara mbarwa.


Imihanda nyabagendwa irimo ubusa, nta bagenzi bakirangwa mu mayira. Amasezerano yasheshwe, imigi yatereranywe, nta muntu n’umwe ukitaweho.


Mbateganyirije ibi bintu bine — uwo ni Uhoraho ubivuze — : inkota izabica, imbwa zizabakurubana, inyoni zo mu kirere n’ibisimba byo mu ishyamba bizabatanyagura, bibatsembe.


begera umuhanuzi Yeremiya, baramubwira bati «Ibyo tugusaba ubyumve! Dutakambire kuri Uhoraho Imana yawe, twebwe abacitse ku icumu — ni koko, dore dusigaye turi mbarwa kandi twarahoze turi benshi nk’uko nawe ubyirebera —


Amayira y’i Siyoni ari mu cyunamo, nta muntu n’umwe ukiza mu minsi mikuru; amarembo yayo yose yabaye amatongo, abaherezabitambo bayo baraganya, n’abari bayo baguye mu kantu: mbega agahinda gakomeye ka Siyoni!


Ndamutse nteje ibikoko by’inkazi muri icyo gihugu kugira ngo bibamare ku bana, bicyangize kandi bigihindure amatongo, ku buryo nta muntu n’umwe waba agitinyuka kuhanyura kubera ibyo bikoko,


Nyagasani Uhoraho aravuze ati «N’ubwo Yeruzalemu nayiteje ibi byago bine bikomeye: inkota, inzara, ibikoko by’inkazi n’ibyorezo, nkayitsembamo abantu n’amatungo,


Igihugu nzagihindura ubutayu, maze ubwo bwirasi muterwa n’imbaraga mufite burangirire aho. Imisozi ya Israheli izayogozwa kandi nta n’uzongera kuhanyura ukundi.


Nzabaterereza inzara n’ibikoko by’inkazi bibamareho urubyaro; ibyorezo n’amaraso bizakugariza kandi nzakugabize n’inkota: ni jye Uhoraho ubivuze.’»


Igihugu cyanyu nzagisenderezamo amahoro, nkirukanemo inyamaswa zigira nabi, bityo mujye musinzira nta nkomyi.


Ni cyo gituma Siyoni izahingwa nk’umurima, Yeruzalemu igahinduka amatongo, bitewe namwe, umusozi wubatseho Ingoro ugapfukiranwa n’ibihuru.


Ahubwo nabatatanyirije mu mahanga yose batigeze bamenya, baragenda, igihugu gisigara gusa, ntihagira uhanyura cyangwa ngo ahagaruke. Nuko igihugu kitagiraga uko gisa bagihindura amatongo.»


Nibamara kwicwa n’inzara, no kurimburwa n’inkuba, hamwe n’amacumu yanjye afite uburozi, nzabagabiza amenyo y’inyamaswa, n’uburozi bw’ibisimba bikuruza inda mu mukungugu.


Mu gihe cya Shamugari, mwene Anati, no mu gihe cya Yayeli, abantu bari bararetse kugenda urushorerane, n’abagendaga banyuraga mu mayira aziguye.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan