Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 26:20 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

20 Muzigorera ubusa muhinga, imirima yanyu nta cyo izongera kwera. Kandi ibiti byo mu gihugu cyanyu ntibizongera gutanga imbuto.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

20 Amaboko yanyu azapfa ubusa kuko ubutaka bwanyu butazera imyaka yabwo, ibiti byo mu gihugu bitazera imbuto zabyo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

20 Muzavunikira ubusa kuko ubutaka bwanyu butazongera kwera, n'ibiti byanyu ntibyongere kwera imbuto.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

20 Muzavunikira ubusa kuko ubutaka bwanyu butazongera kwera, n'ibiti byanyu ntibyongere kwera imbuto.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 26:20
21 Iomraidhean Croise  

Nuhinga ubutaka, ntibuzongera kukurumbukira; uzahora uri inzererezi yangara ku isi.»


Eliya aragenda ajya kwiyereka Akabu. Ubwo inzara yacaga ibintu i Samariya.


n’igihugu cyera akagihindura ubutaka bw’umunyu, ku mpamvu y’ubugiranabi bw’abahatuye.


Indirimbo y’amazamuko. Iri mu zo bitirira Salomoni. Niba Uhoraho atari we wubatse inzu, ba nyir’ukuyubaka baba bagokera ubusa. Niba Uhoraho atari we urinze umugi, abanyezamu bawo baba bagokera ubusa.


kuko wirengagije Imana, Umukiza wawe, ntiwibuke urutare rw’ubuhungiro bwawe. Wahinze mu busitani ibihingwa wishimira, ububibamo imbuto z’inyamahanga.


Uwo munsi uzitera, ubona zirakuze, bucyeye bw’aho, ubona zitangiye kuzana imbuto, ariko igihe cy’isarura, umusaruro urabura, ayo makuba kandi akaba atagira umuti.


Ariko jye naribwiraga nti «Naruhiye ubusa, mvunwa n’ibidafite akamaro.» Nyamara Uhoraho ni we uzandenganura, igihembo nagiteguriwe iruhande rw’Imana yanjye.


Barabiba ingano, bagasarura amahwa; baragoka ariko nta cyo bageraho. Nimukozwe isoni rero n’ibyo musaruye, bitewe n’uburakari bugurumana bw’Uhoraho.


Ni yo mpamvu nzaza nkisubiza ingano zanjye igihe cy’isarura, na divayi yanjye nshyashya igihe cy’umwero wayo; nzamwambure ubwoya bw’intama n’ihariri byanjye byahishiraga ubutumbuze bwe.


Nimugenza mutyo, imvura izajya igwira igihe, ubutaka bwanyu burumbuke, kandi n’ibiti byo mu mirima yanyu byere imbuto.


Mbese ye, ibi ntibyaturutse kuri Uhoraho, Umugaba w’ingabo, igihe avuze ati «Ibihugu biragokera umuriro n’amahanga aravunwa n’ubusa»,


mwari mumerewe mute? Umuntu yajyaga ku mbuga yizeye ko ahakura ibitebo makumyabiri by’ingano, akahasanga icumi gusa, n’uwataze mu rwengero yizeye kuzarura ibibindi mirongo itanu, agasangamo makumyabiri gusa.


Jyewe nateye imbuto, Apolo arayuhira, ariko Imana yonyine ni yo yayikujije.


Munteye agahinda, nkibaza niba ntaravunikiye ubusa iwanyu.


kuko icyo gihe uburakari bw’Uhoraho bwabagurumanira, akaziba ijuru, akica imvura, ubutaka ntibwongere kwera imyaka, bityo mukarimbuka bidatinze, mugashira mu gihugu cyiza Uhoraho abahaye.


Umuvumo uzaza mu bana bawe, mu myaka yo mu mirima yawe, mu nka zawe zihaka no mu ntama zawe zonsa.


Ibiti byawe byose n’imyaka yo ku butaka bwawe, inzige zizabyigabiza.


Ni koko, umuriro uzagurumana mu mazuru yanjye, utwike byose kugeza hasi ikuzimu iwabo w’abapfuye, woreke isi hamwe n’ibyo yeze, uhindure ivu imizi y’imisozi.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan