Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 26:17 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

17 Nzabakuraho amaso n’umutima, maze abanzi banyu bazabiganzure. Abanzi banyu bazabakandamiza, maze mujye muhunga nta we ubirukanye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

17 Kandi nzahoza igitsure cyanjye kuri mwe, muzaneshwa n'ababisha banyu, muzatwarwa n'abanzi banyu, muzahunga ari nta wubirukana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

17 Nzabatererana maze abanzi banyu babigarurire babategeke, ndetse muhunge nta wubirukanye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

17 Nzabatererana maze abanzi banyu babigarurire babategeke, ndetse muhunge nta wubirukanye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 26:17
30 Iomraidhean Croise  

Nuhinga ubutaka, ntibuzongera kukurumbukira; uzahora uri inzererezi yangara ku isi.»


Igihe umuryango wawe Israheli uzaba waneshejwe n’abanzi kubera kugucumuraho, nukugarukira ugasingiza izina ryawe, ugasenga kandi ukagutakambira muri iyi Ngoro,


Uhoraho yarakariye cyane Abayisraheli, akajya abagabiza Hazayeli, umwami w’Abaramu, n’umuhungu we Beni‐Hadadi.


Ingabo Yowakazi yari asigaranye, bari abagabo mirongo itanu bagendaga ku mafarasi, amagare cumi, n’abagabo ibihumbi cumi bagendaga ku maguru, kuko abandi bose, umwami w’Abaramu yari yabatsembye abagira nk’umukungugu banyukanyutse.


None ubu waradutaye, bituma dusuzugurika; ntugitabarana n’ingabo zacu.


Koko abo bagizi ba nabi ni ibiburabwenge, bo bihaye kurya imitsi y’umuryango wanjye, barya icyari kiwutunze, kandi ntibarushye basenga Imana!


Bazamarwa n’ubwoba kandi nta kibubateye! Imana yanyanyagije amagufwa y’abari bakugarije; none dore urabakora ku itama, kuko Imana yabagutsindiye.


Umugome ahunga nta we umwirukanye, ariko intungane ni nk’icyana cy’intare, nta cyo zikanga.


Umuntu umwe azirukana abantu igihumbi muri mwe, abantu batanu bazaba bahagije, babirukane muhunge, kugeza ubwo hazasigara bake muri mwe, mbese nk’igiti gihagaze ku kanunga k’umusozi, gisigaye ari cyo kimenyetso cyonyine iyo mu mpinga.


Ariko bo barijujuse, bababaza umwuka we mutagatifu, ni bwo rero abateye umugongo, maze we ubwe abarwanya nk’umwanzi.


Nzahungabanya ubutegetsi bwa Yuda na Yeruzalemu, nzabamarisha inkota imbere y’abanzi babo. Nzabagabiza ikiganza cy’ababahigira maze mbagaburire ibisiga n’ibikoko byo mu ishyamba.


None rero, Uhoraho Umugaba w’ingabo, Imana ya Israheli avuze atya: Ngiye kubahagurukira, mbagirire nabi, kandi ntsembe Yuda yose uko yakabaye.


Abayirwanyaga barayinesheje, abanzi bayo baranezerewe, kuko ari Uhoraho wayibabaje, ayiryoza ibicumuro byayo bitagira ingano. Ibitambambuga byayo byajyanywe bunyago, umwanzi abijya inyuma.


Yafoye umuheto we nk’umwanzi, abangura ukuboko kw’iburyo nk’umubisha; atsemba abari bafite igikundiro bose. Yacuranuriye uburakari bwe ku ihema ry’umwari w’i Siyoni, nuko buragurumana nk’umuriro.


Naraboroheye bibwira ko barokotse umuriro, nyamara undi muriro uzabatwika; maze muzamenye ko ndi Uhoraho, igihe nzaba nabazinutswe.


Umuntu wese wo mu nzu ya Israheli cyangwa umunyamahanga ubatuyemo nibanywa amaraso, nzabarakarira maze mbace mu muryango wabo.


Uhoraho azatuma uneshwa n’ababisha bawe musakiranye: uzaza inzira imwe ubateye, ubahunge uciye inzira ndwi zinyuranye. Ingoma zose zigize icyo gihugu zizakwinuka, ziguhe akato.


Abantu bagera ku bihumbi bitatu muri rubanda barazamuka, ariko ab’i Hayi barabatsimbura.


Nuko uburakari bw’Uhoraho bugurumanira Israheli, maze abagabiza ababanyaga kandi abegurira abanzi babo babakikije. Ntibaba bagishoboye guhangara abanzi babo.


Abayisraheli bakorera Egiloni, umwami wa Mowabu, mu gihe cy’imyaka cumi n’umunani.


Uburakari bw’Uhoraho bugurumanira Israheli, maze abagabiza Kushani‐Risheyatayimu, wari umwami w’Abaramu mu gihugu cyo hagati y’inzuzi zombi; Abayisraheli bakorera Kushani‐Risheyatayimu mu gihe cy’imyaka umunani.


Madiyani itsinda bikomeye Israheli, bituma Abayisraheli bihisha mu mikokwe yo ku misozi, mu buvumo no mu bisimu, kugira ngo barokoke Madiyani.


Ariko nimutumva ijwi ry’Uhoraho, ntimukurikize amategeko ye, ikiganza cy’Uhoraho kizabahana, nk’uko cyagenjereje abasokuruza banyu.


Ubwo Abafilisiti barwanaga n’Abayisraheli. Ingabo z’Abayisraheli zihunga Abafilisiti, imirambo y’abapfuye yari yararitse ku musozi wa Gilibowa.


Nuko Abafilisiti baratera, Abayisraheli baratsindwa, maze buri muntu ahungira mu ihema rye. Baratsindwa bikabije: muri bo hapfa abantu ibihumbi mirongo itatu.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan