Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 26:15 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

15 mukanga gufata imico nabatoje, bityo mukaba mwishe Isezerano twagiranye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

15 kandi nimwanga amategeko yanjye, imitima yanyu ikanga amateka yanjye urunuka, bigatuma mutitondera amategeko yanjye yose ahubwo mukica isezerano ryanjye,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

15 Nimwanga amateka natanze mugasuzugura ibyemezo nafashe, kandi ntimukurikize amabwiriza yanjye yose, bigatuma mwica Isezerano nagiranye namwe,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

15 Nimwanga amateka natanze mugasuzugura ibyemezo nafashe, kandi ntimukurikize amabwiriza yanjye yose, bigatuma mwica Isezerano nagiranye namwe,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 26:15
27 Iomraidhean Croise  

Ariko utazagenywa wese, umwana w’umuhungu batazakuraho agahu ko ku mubirigabo we, uwo muntu azacibwe mu muryango wamubyaye, azaba yarishe Isezerano ryanjye.»


Birengagije amategeko y’Uhoraho n’Isezerano yari yaragiranye n’abasekuruza babo, n’ibyo yabihanangirije; bakurikira ibidafite akamaro bahinduka nka byo. Bakurikiza imihango y’abanyamahanga babegereye, kandi Uhoraho yari yarababujije gukora nka bo.


Nyamara bo bagakubita intumwa z’Imana, bagasuzugura amagambo yazo kandi bagaseka abahanuzi bayo, bigeza aho Uhoraho yarakariye umuryango we ubuziraherezo.


nyamara ntukunde gukosorwa, maze amagambo yanjye ukayata hirya?


None rero nimwumva ibyo mbabwira, mukubahiriza Isezerano ryanjye, muzaba abanjye bwite mu miryango yose, n’ubwo isi yose na yo ari iyanjye;


Nuko yenda igitabo cy’Isezerano, agisomera imbaga. Baravuga bati «Ibyo Uhoraho yavuze byose, tuzabikora kandi tuzamwumvira.»


bakanga inama zanjye, kandi bagasuzugura amabwiriza yanjye,


Gutinya Uhoraho ni ryo shingiro ry’ubumenyi, naho abasazi bahinyura ubuhanga n’uburere.


Ubwo rero uzicuza, ugira uti «Byangendekeye bite kugira ngo nange guhanwa, umutima wanjye usuzugure inyigisho?


Isi yahindanyijwe n’abayituye, kuko baciye ku mategeko, baciye ku mabwiriza, bica isezerano ry’iteka bagiranye n’Uhoraho.


Basubiye mu bicumuro by’abakurambere babo banze gutega amatwi amagambo yanjye: na bo birukanka inyuma y’izindi mana kugira ngo baziyoboke. Uko ni ko abantu ba Israheli n’aba Yuda batatiye isezerano nari naragiranye n’abasekuruza babo.


Rizaba ritandukanye n’iryo nagiranye n’abasekuruza babo, igihe nabafataga ukuboko nkabakura mu gihugu cya Misiri. Bo bishe Isezerano ryanjye — uwo ni Uhoraho ubivuze — ariko jye nakomeje kubabera umutegetsi.


Isi na yo niyumve! Jyewe ngiye guterereza uyu muryango ibyago; ari byo ngaruka y’ibitekerezo bibi byabo. Nta bwo bitondera amagambo yanjye, amategeko yanjye barayasuzugura.


Nuko rero, Nyagasani Uhoraho aravuze ati ’Nzakugenzereza nk’uko wangenje, wowe warenze ku ndahiro ukageza n’aho wica amasezerano.


Sinzigera mbarakarira, nzahora ngendana namwe, ndetse nzashyira n’Ingoro yanjye hagati yanyu.


Bityo, muri iyo minsi y’amakuba, igihugu kizaba cyaratereranywe, cyararaye nta we ugihinga, maze kizabonereho kubahiriza isabato zacyo zitubahirijwe mbere. Muri icyo gihe kandi, abo bantu bazajya mu gihano, kuko banze gufata imico nabatoje, bakanasuzugura amategeko yanjye.


Nzabagarukira, mbatere gusagamba maze murumbuke. Nzakomeza Isezerano twagiranye.


Nimwanga kunyumva ntimugerageze no guha izina ryanjye icyubahiro, uwo ni Uhoraho, Umugaba w’ingabo, ubivuga, nzabavuma maze umugisha wanyu nywuhinduremo umuvumo. Ni koko nzabavuma, kuko nta n’umwe muri mwe ukigira icyo yitaho.


kuko azaba yasuzuguye ijambo ry’Uhoraho, akanaca ku mategeko ye. Uwo muntu agomba gucibwa, icyaha cye kigakomeza kumuhama.


’Nimurebe, mwa banyagasuzuguro mwe, nimutangare maze bibatere gutatana. Koko rero muri iki gihe cyanyu, ngiye gukora igikorwa mutabasha kwemera, n’ubwo hagira ukibabwira!’»


Kuko irari ry’umubiri rirwanya Imana: nta bwo ryayoboka amategeko y’Imana, ntiryanabishobora.


Nuko Uhoraho abwira Musa ati «Dore wowe ugiye gupfa, usange abasogokuruza bawe. Uyu muryango uzatangira ube ihabara, wohoke ku mana z’abanyamahanga bari mu gihugu ugiye kwinjiramo; uzampararukwa umene igihango cy’Isezerano nagiranye na wo.


Ni na yo mpamvu usuzugura aya mategeko, atari umuntu aba asuzuguye, ahubwo aba asuzuguye Imana yabashyizemo Roho Mutagatifu wayo.


atari nk’isezerano nagiranye n’abasekuruza babo umunsi mbafata ikiganza ngo mbakure mu gihugu cya Misiri. Kubera ko batakomeje isezerano ryanjye, nanjye narabitaruye, uwo ari Nyagasani ubivuga.


Ariko nimutumva ijwi ry’Uhoraho, ntimukurikize amategeko ye, ikiganza cy’Uhoraho kizabahana, nk’uko cyagenjereje abasokuruza banyu.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan