Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 26:11 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

11 Sinzigera mbarakarira, nzahora ngendana namwe, ndetse nzashyira n’Ingoro yanjye hagati yanyu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

11 Nanjye nzashyira ubuturo bwanjye hagati muri mwe, umutima wanjye ntuzabanga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

11 Nzatura hagati muri mwe kandi sinzabatererana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

11 Nzatura hagati muri mwe kandi sinzabatererana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 26:11
27 Iomraidhean Croise  

Ese mu gihe cyose nagendanaga n’Abayisraheli, hari ijambo na rimwe nigeze mbwira umwe mu batware ba Israheli nashyiriyeho kuragira umuryango wanjye Israheli, nti: Kuki mutanyubakiye inzu y’amasederi?


kandi mbe hagati mu Bayisraheli, sinzatererana umuryango wanjye, Israheli.»


Dore nakubakiye inzu ihebuje, aho uzatura iteka ryose.»


Ariko se koko Imana ishobora gutura ku isi? Ijuru ndetse n’ishema ryaryo ntushobora kurikwirwamo, nkanswe iyi Ngoro nubatse!


nuko uburakari bw’Uhoraho bugurumanira umuryango we, azinukwa abo yari yaragize abe.


Uhoraho yimenyekanyije muri Yuda, izina rye ryamamaye muri Israheli;


Imana ibibonye ityo, irarakara, maze ihigika umuryango wa Israheli burundu;


Bazanyubakire Ingoro, maze nzature muri bo rwagati.


Nzatura mu Bayisraheli rwagati, maze mbe Imana yabo.


Bazamenya ko Imana yabo ari jyewe Uhoraho, wabavanye mu gihugu cya Misiri, ngo mbaturemo rwagati. Jyewe Uhoraho, ni jye Mana yabo.


Girira icyubahiro cy’izina ryawe, maze woye kutugaya, wisuzuguza intebe y’ikuzo ryawe! Ibuka isezerano watugiriye, maze ureke kuryirengagiza!


Uhoraho yahigitse urutambiro rwe, azinukwa Ingoro ye, inkike z’iminara azigabiza ibiganza by’umwanzi; none barasakuriza mu Ngoro y’Uhoraho nk’abari mu minsi mikuru!


Ubwo muzamenya ko ndi rwagati muri Israheli, nkaba ndi Uhoraho, Imana yanyu, kandi ko nta yindi ibaho! Umuryango wanjye ntuzongera gukorwa n’isoni bibaho.»


Ntimuzakurikize amategeko y’abo ngiye kwirukana bakabahunga. Ayo mategeko bakurikizaga ni yo yatumye mbazinukwa


mukanga gufata imico nabatoje, bityo mukaba mwishe Isezerano twagiranye.


Bityo, muri iyo minsi y’amakuba, igihugu kizaba cyaratereranywe, cyararaye nta we ugihinga, maze kizabonereho kubahiriza isabato zacyo zitubahirijwe mbere. Muri icyo gihe kandi, abo bantu bazajya mu gihano, kuko banze gufata imico nabatoje, bakanasuzugura amategeko yanjye.


N’ubwo ndetse bazaba baraciriwe mu gihugu cy’abanzi babo, jyeweho nta bwo nzabanga kugeza aho nzasesa Isezerano twagiranye. Ndi Uhoraho Imana yabo.


Hanyuma, mu kwezi kumwe nkuraho abashumba batatu; ariko n’intama sinabasha kuzihanganira kandi na zo ziranzinukwa.


Namwe kandi ni We mukesha gusobekwa kuri iyo nzu imwubatseho, kugira ngo muhinduke ingoro y’Imana ku bwa Roho Mutagatifu.


Ibyo Uhoraho yiboneye byamuteye kuzinukwa: abahungu be n’abakobwa be baramurakaje.


Niba rero musanze igihugu cyanyu cyarahumanye, nimugaruke mu gihugu cy’Uhoraho, ahari Ingoro ye, muhabwe amasambu muri twe, ariko mureke kwigomeka kuri Uhoraho, cyangwa se ngo mutwivumbureho mwubaka urundi rutambiro, iruhande rw’urutambiro rw’Uhoraho, Imana yacu.


Nuko Pinehasi, mwene Eleyazari umuherezabitambo, abwira bene Rubeni, bene Gadi na bene Manase, ati «Ubu noneho tumenye ko Uhoraho ari muri twe, ubwo mutahemukiye Uhoraho muri ibyo. Bityo, mukarokora Abayisraheli ikiganza cy’Uhoraho.»


Hanyuma numva ijwi riranguruye riturutse mu ntebe y’ubwami, rivuga riti «Dore Ingoro y’Imana mu bantu! Izabana na bo. Bazaba abantu bayo, Imana na Yo ibane na bo:


Ni yo mpamvu bahagaze imbere y’intebe y’ubwami y’Imana, bakayiha icyubahiro amanywa n’ijoro mu Ngoro yayo, maze Uwicaye ku ntebe y’ubwami, akazabugamisha mu ihema rye.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan