Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 24:9 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

9 Ibyo biribwa bizaba ibya Aroni n’abahungu be. Iyo migati rero, bazayirira ahantu hasukuye kuko kuri bo ari ikintu gitagatifu cyagabanijwe ku biribwa bigenewe Uhoraho. Uwo uzaba umugabane wabo ubuziraherezo.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

9 Kandi iyo mitsima ijye iba iya Aroni n'abana be, bajye bayirira ahantu hera. Itegeko ritazakuka ritegetse ko imubera iyera cyane mu maturo n'ibitambo bitambirwa Uwiteka, bigakongorwa n'umuriro.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

9 Aroni n'abahungu be ni bo bonyine bemerewe kurya imigati yari isanzweho, kuko yanyeguriwe rwose. Ni umugabane uva ku maturo atwikwa nabageneye bo n'abazabakomokaho. Bajye bayirira mu rugo rw'Ihema ry'ibonaniro.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

9 Aroni n'abahungu be ni bo bonyine bemerewe kurya imigati yari isanzweho, kuko yanyeguriwe rwose. Ni umugabane uva ku maturo atwikwa nabageneye bo n'abazabakomokaho. Bajye bayirira mu rugo rw'Ihema ry'ibonaniro.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 24:9
17 Iomraidhean Croise  

Hahore iteka itara ryaka mu ihema ry’ibonaniro. Aroni n’abahungu be bazaryiteho ku buryo rimurika kuva ku mugoroba kugeza mu gitondo imbere y’Uhoraho. Ni itegeko ridakuka mu Bayisraheli, uko ibihe bigenda bisimburana.


Aroni n’abahungu bari basigaye ari bo Eleyazari na Itamari, Musa yarababwiye ati «Mujyane ibisigaye ku ituro ry’ifu ryatwikiwe Uhoraho, muyitekemo imigati idasembuye, kandi muyirire iruhande rw’urutambiro, kuko ari ikintu gitagatifu rwose.


«Ni kuki kiriya gitambo mutakiririye ahantu hatagatifu kandi ari umugabane mutagatifu rwose? Uhoraho yari yarakibahaye kugira ngo ikoraniro ryose rikorere mu maso ye umuhango wo kwihanaguraho icyaha.


Cyakora ibyo biribwa by’Imana ari yo maturo matagatifu, ashobora kubiryaho,


Hari umugore w’Umuyisraheli wari ufite umuhungu yabyaranye n’Umunyamisiri. Bukeye uwo muhungu arihandagaza, maze atonganira mu ngando rwagati n’umugabo w’Umuyisraheli kavukire.


Iryo ni itegeko ridakuka kuri mwebwe, kuva mu gisekuru kugera mu kindi, aho muzaba mutuye hose. Icyitwa ikinure cyose, hamwe n’icyitwa amaraso cyose, ntimuzabirye.»


Umuntu wese wo muri bene Aroni ashobora kukiryaho. Kuva mu gisekuruza kugera mu kindi, ngiryo iposho mugenewe buri gihe, rikava ku biribwa biturwa Uhoraho bigakongorwa n’umuriro. Ikizabikoraho cyose kizaba kibaye ikintu gitagatifu.»


Ituro ry’umuherezabitambo riherezwa ryose, nta muntu uriyeho na gato.»


Ibizasigara, Aroni n’abahungu be bazabirye; ibyo biribwa bidasembuye bizarirwa ahantu hasukuye mu rugo rw’ihema ry’ibonaniro.


Nyuma y’ibyo ukoranyirize imbaga yose y’Abayisraheli imbere y’umuryango w’ihema ry’ibonaniro.»


Musa abwira Aroni n’abahungu be, ati «Nimutekeshereze inyama imbere y’umuryango w’ihema ry’ibonaniro; ni ho muzazirira hamwe n’imigati yo mu gitebo twakoresheje mu muhango wo kubagira abaherezabitambo. Ibyo muzabikora nk’uko nabitegetse ngira nti ’Aroni n’abahungu be, ni bo bazazirya’.


Nyamara mwebwe muravuga muti «Ameza y’Uhoraho yarahumanye; ibiribwa bayashyiraho birasuzuguritse.»


Uko yinjiye mu Ngoro y’Imana, n’uko bariye imigati y’umumuriko batashoboraga kurya, kuko yari igenewe abaherezabitambo bonyine?


N’uko yinjiye mu Ngoro y’Imana mu gihe cy’Abiyatari umuherezabitambo mukuru, akarya imigati y’umumuriko atashoboraga kurya, kuko yari igenewe abaherezabitambo bonyine, kandi akayihaho n’abari kumwe na we?»


Uko yinjiye mu Ngoro y’Imana, agafata imigati y’umumuriko, akayiryaho, akayihaho n’abo bari kumwe, kandi yari igenewe abaherezabitambo bonyine?»


Dawudi aramusubiza ati «Ni koko, twabujijwe abagore, nk’uko bisanzwe iyo ngiye ku rugamba; kuri iyo ngingo ni abere rwose. Uru rugendo ni nk’urusanzwe, ariko rushimishije Uhoraho kubera impamvu zarwo.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan