Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 23:21 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

21 Kuri uwo munsi nyine, muzahamagaze ikoraniro ritagatifu, kandi mwoye kugira umurimo unaniza mukora. Kuva mu gisekuruza kugera mu kindi, iryo rizababere itegeko ridakuka aho muzaba mutuye hose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

21 Kuri uwo munsi mujye muranga ko ari umunsi mukuru ujye uba uwo guterana kwera, ntimukagire umurimo w'ubugaragu muwukoraho. Iryo rizababere itegeko ridakuka mu buturo bwanyu bwose no mu bihe byanyu byose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

21 Uwo munsi mujye mukoresha ikoraniro ryo kunsenga, mwe kugira imirimo mukora. Iryo ni itegeko ridakuka, muzarikurikize mwebwe n'abazabakomokaho, aho muzaba mutuye hose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

21 Uwo munsi mujye mukoresha ikoraniro ryo kunsenga, mwe kugira imirimo mukora. Iryo ni itegeko ridakuka, muzarikurikize mwebwe n'abazabakomokaho, aho muzaba mutuye hose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 23:21
14 Iomraidhean Croise  

Nzagirana Isezerano nawe, nzanarigirane n’abazagukomokaho. Iryo Sezerano rizahoraho, kugira ngo mbe Imana yawe, n’iy’urubyaro rwawe ubuziraherezo.


Hahore iteka itara ryaka mu ihema ry’ibonaniro. Aroni n’abahungu be bazaryiteho ku buryo rimurika kuva ku mugoroba kugeza mu gitondo imbere y’Uhoraho. Ni itegeko ridakuka mu Bayisraheli, uko ibihe bigenda bisimburana.


Uwo munsi ni bwo inkomoko ya Yese, izashyirwa ejuru nk’ibendera ry’igihugu, amahanga yose akazayigana, aho atuye hakazabengerana ikuzo.


Uwo munsi wo kumurika ituro ry’Imana yanyu nuba utaragera, muzirinde kurya ari imigati, ari amahundo yokeje cyangwa amabisi. Kuva ku gisekuruza kugera ku kindi, iryo rizababere itegeko ridakuka aho muzaba mutuye hose.


«Dore ibyo uzamenyesha Abayisraheli: Iminsi mikuru y’Uhoraho nigera, muzajya muhamagaza amakoraniro matagatifu. Ayo makoraniro tuzajya duhuriramo ni aya:


Ibyo byose, umuherezabitambo azabimurikira Uhoraho, maze ba bana b’intama babiri baherezwe hamwe na ya migati y’umuganura. Ibyo byose kandi ni amaturo matagatifu y’Uhoraho; ni umugabane w’umuherezabitambo.


Icyo gihe muzajya mutura Uhoraho igitambo cy’ibiribwa bikongejwe burundu, kandi mwoye kugira umurimo unaniza mukora.»


Ntimuzagire umurimo mukora, kandi kuva mu gisekuruza kugera mu kindi, iryo rizababere itegeko ridakuka aho muzaba mutuye hose.


Iminsi mikuru y’Uhoraho ni iyi ikurikira. Kuri iyo minsi yateganijwe kandi, ni ho muzajya muhamagaza amakoraniro matagatifu.


Ku munsi wa mbere muzahamagaza ikoraniro ritagatifu, kandi mwoye kugira umurimo unaniza mukora.


Iryo ni itegeko ridakuka kuri mwebwe, kuva mu gisekuru kugera mu kindi, aho muzaba mutuye hose. Icyitwa ikinure cyose, hamwe n’icyitwa amaraso cyose, ntimuzabirye.»


Abalevi bazatunganya imirimo yo mu ihema ry’ibonaniro, nihagira ikidatungana, ni bo bazakibazwa. Iryo rizaba itegeko ridakuka mu bisekuruza byanyu. Nta murage Abalevi bazabona mu Bayisraheli,


Maze wishimire imbere y’Uhoraho Imana yawe, ufatanyije n’umuhungu wawe, n’umukobwa wawe, n’umugaragu wawe, n’umuja wawe, n’Umulevi utuye mu mugi wawe, n’umusuhuke, n’imfubyi n’umupfakazi baturanye nawe, mwishimire ahantu Uhoraho azaba yihitiyemo ngo ahatuze Izina rye.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan