Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 23:2 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 «Dore ibyo uzamenyesha Abayisraheli: Iminsi mikuru y’Uhoraho nigera, muzajya muhamagaza amakoraniro matagatifu. Ayo makoraniro tuzajya duhuriramo ni aya:

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 “Bwira Abisirayeli uti: Iminsi mikuru y'Uwiteka mukwiriye kuranga ko ari iy'amateraniro yera, iyi ni yo minsi mikuru yanjye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 kubwira Abisiraheli ati: “Dore iminsi mikuru muzajya munyizihiriza, mugakoresha amakoraniro yo kunsenga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 kubwira Abisiraheli ati: “Dore iminsi mikuru muzajya munyizihiriza, mugakoresha amakoraniro yo kunsenga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 23:2
28 Iomraidhean Croise  

Yehu arababwira ati «Nihabe ikoraniro ritagatifu ryubahiriza Behali!» Batumira abantu.


ndetse no mu gihe cyo gutura Uhoraho ibitambo bitwikwa, ku masabato, ku mboneko z’ukwezi no ku minsi mikuru, nk’uko amategeko yabigennye.


None dore nanjye ndashaka kubakira Ingoro izina ry’Uhoraho Imana yanjye, kugira ngo nyimwegurire no kugira ngo nosereze imbere ye imibavu ihumura, mpaturire imigati y’umumuriko n’ibitambo bitwikwa mu gitondo na nimugoroba, ku masabato, ku mboneko z’ukwezi, no ku minsi mikuru y’Uhoraho Imana yacu, maze ibyo bizahoreho iteka muri Israheli.


maze muri Israheli yose, kuva i Berisheba kugera i Dani, batangaza ko baza i Yeruzalemu guhimbaza Pasika y’Uhoraho, Imana ya Israheli, kuko abari baje mbere, uko byanditswe, bari bake.


Uretse ibitambo bya buri munsi, basubijeho n’ibitambo bitwikwa by’imboneko z’ukwezi n’iby’ibihe bitagatifu byose by’Uhoraho, bagatura n’ibitambo bya buri wese, uko abyishakiye.


Ngaho nimuririmbe, muvuze ishako, mucurange inanga, ijyane n’iningiri;


Aroni ngo abibone, yubaka urutambiro imbere y’icyo kigirwamana, maze avuga aranguruye ati «Ejo hazaba umunsi mukuru wo kubaha Uhoraho!»


Itegereze Siyoni, umurwa w’iminsi mikuru yacu, amaso yawe narebe Yeruzalemu, ahantu h’ituze, ihema ritazasenywa ukundi, n’imambo zaryo ntizishingurwe, imigozi yaryo ntiyongere gupfundurwa.


Amayira y’i Siyoni ari mu cyunamo, nta muntu n’umwe ukiza mu minsi mikuru; amarembo yayo yose yabaye amatongo, abaherezabitambo bayo baraganya, n’abari bayo baguye mu kantu: mbega agahinda gakomeye ka Siyoni!


Ni bo bazajya baca imanza za rubanda, kandi bazazice bakurikije itegeko ryanjye. Mu minsi mikuru yanjye yose bazakurikiza amategeko yanjye n’amabwiriza yanjye, batagatifuze amasabato yanjye.


Ni yo mpamvu nzaza nkisubiza ingano zanjye igihe cy’isarura, na divayi yanjye nshyashya igihe cy’umwero wayo; nzamwambure ubwoya bw’intama n’ihariri byanjye byahishiraga ubutumbuze bwe.


Nimwitagatifurishe gusiba kurya, mutangaze iteraniro ritagatifu, mukoranyirize abakuru b’umuryango n’abatuye igihugu bose mu Ngoro y’Uhoraho, Imana yanyu, maze mutakambire Uhoraho.


Nimuvugirize ihembe i Siyoni, mutangaze hose igisibo gitagatifu, kandi mutumize bose mu iteraniro.


Uhoraho abwira Musa, ati


Kuri uwo munsi nyine, muzahamagaze ikoraniro ritagatifu, kandi mwoye kugira umurimo unaniza mukora. Kuva mu gisekuruza kugera mu kindi, iryo rizababere itegeko ridakuka aho muzaba mutuye hose.


Iyo ni yo minsi mikuru y’Uhoraho. Kuri iyo minsi ni ho muzahamagaza ikoraniro ritagatifu, maze mugatura Uhoraho ibi bikurikira: igitambo cy’ibiribwa bikongokeye Uhoraho burundu, igitambo gitwikwa cyangwa ibitambo biseswa, mukurikije imihango ya buri munsi.


Iminsi mikuru y’Uhoraho ni iyi ikurikira. Kuri iyo minsi yateganijwe kandi, ni ho muzajya muhamagaza amakoraniro matagatifu.


Nuko rero Musa amenyesha Abayisraheli uburyo bazajya babonana n’Uhoraho mu bihe by’iminsi mikuru.


Ku munsi w’ibyishimo, uw’ibirori na buri wa mbere w’ukwezi, muzavuza izo mpanda kugira ngo amajwi yazo aherekeze ibitambo byanyu bitwikwa cyangwa by’ubuhoro; ibyo bizatuma Imana yanyu ibibuka. Ndi Uhoraho Imana yanyu.»


Ibyo ni byo muzatura Uhoraho ku minsi yabiteganirijwe. Bizaza bisanga kandi ibitambo by’imihigo yanyu, ibyo mwituriye ku bushake bwanyu, ibitambo bitwikwa, amaturo y’ifu, ibitambo biseswa hamwe n’ibitambo by’ubuhoro.»


Ibyo birangiye, haba umunsi mukuru w’Abayahudi, Yezu aboneza ajya i Yeruzalemu.


Nifuza rero ko mumenya intambara ikomeye mbarwanira, mwebwe n’abo muri Lawodiseya, ndetse n’abandi batigeze bambona n’amaso yabo.


Nuko rero ntihakagire ubacira urubanza mu byerekeye ibiribwa cyangwa ibinyobwa, cyangwa se kubera iminsi mikuru, imboneko z’ukwezi n’amasabato.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan