Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 22:6 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

6 Uwakoze kuri ibyo bintu bihumanya rero, aba yanduye kugeza uwo munsi nimugoroba. Azarya ku maturo matagatifu ari uko amaze kwiyuhagira mu mazi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

6 ukoze ku bimeze bityo azaba ahumanye ageze nimugoroba, ntakarye ku byera ariko yiyuhagire.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

6 Uwo byagendekeye bityo ajye yiyuhagira kandi yirirwe ahumanye kugeza nimugoroba, abone kurya ku maturo yanyeguriwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

6 Uwo byagendekeye bityo ajye yiyuhagira kandi yirirwe ahumanye kugeza nimugoroba, abone kurya ku maturo yanyeguriwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 22:6
16 Iomraidhean Croise  

Byongeye, mu nyamaswa zose zigenza amaguru ane, izidafite ibinono zikandagiza amajanja, murazizira. Uzakora ku ntumbi yazo wese, azaba yanduye kugeza nimugoroba.


Uzaterura intumbi yazo wese, azamese imyenda ye, kuko aba yahumanye kugeza nimugoroba.


Ngutwo utuzira mu dusimba twose. Uzakora ku ntumbi yatwo wese, azaba yanduye kugeza nimugoroba.


Igikoresho cyose intumbi yatwo izagwaho, kizaba cyanduye. Cyaba igikoresho cyo mu giti, umwambaro, uruhu se cyangwa isaho, mbese igikoresho icyo ari cyo cyose, ibyo byose bizogeshwa amazi kuko biba byanduye kugeza nimugoroba. Nyuma y’ibyo, ni ho bizaba bisukuye.


Inyamaswa yose mushobora kurya niyipfusha, uzakora ku ntumbi yayo azaba yanduye kugeza nimugoroba.


Uriye ku ntumbi yayo na we kandi, arahumana kugeza nimugoroba. Agomba rero kumesa imyambaro ye. Ni kimwe n’uwayiteruye, na we agomba kumesa imyambaro ye, kuko aba yahumanye kugeza nimugoroba.


Uzakora kuri ubwo buriri azamese imyambaro ye, yiyuhagire mu mazi, kuko aba yanduye kugeza nimugoroba.


cyangwa uwandujwe n’akandi gasimba ako ari ko kose.


Iyo izuba rirenze, uwo muntu aba asukuwe. Ubwo rero ni ho aba ashobora kurya ku maturo matagatifu kuko ari ibiribwa bye.


Hagayi arongera ati «Hanyuma se umuntu wahumanyijwe n’uko akoze ku ntumbi, akoze kuri kimwe muri ibyo bintu, icyo akozeho cyaba gihumanye?» Abaherezabitambo barasubiza bati «Icyo kintu kizaba gihumanye!»


Icyo umuntu uhumanijwe azakoraho cyose, kizaba cyanduye, kandi umuntu uzakora kuri icyo kintu azaba ahumanijwe kugeza nimugoroba.


Nguko uko bamwe muri mwe bari bameze. None, mwarasukuwe, mwaratagatifujwe muba intungane ku bw’izina rya Nyagasani Yezu Kristu, no ku bwa Roho w’Imana yacu.


Nitumwegerane rero umutima ugororotse n’ukwemera guhamye, dufite umutima wakijijwe inkeke yose y’icyaha n’umubiri wuhagijwe amazi asukuye.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan