Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 22:16 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

16 Abazarya kuri ayo maturo matagatifu batabigenewe, bazaba bihamije icyaha bagomba kwicuza. Ndi Uhoraho ubatagatifuza.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

16 ngo babashyirisheho gukiranirwa kuzana urubanza nibarya ibyera byabo, kuko ndi Uwiteka ubeza.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

16 ngo bareke rubanda bayaryeho. Uyariyeho baba bamukoresheje icyaha, akaba agomba kwiyunga nanjye. Ndi Uhoraho witoranyiriza abatambyi.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

16 ngo bareke rubanda bayaryeho. Uyariyeho baba bamukoresheje icyaha, akaba agomba kwiyunga nanjye. Ndi Uhoraho witoranyiriza abatambyi.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 22:16
15 Iomraidhean Croise  

Kubera uburakari bwawe, umubiri wanjye nta ho ukiri mutaraga, ku mpamvu y’icyaha nakoze, nta gufwa na rimwe rikiri rizima.


Uzahore mu ruhanga rwa Aroni, kugira ngo yigerekeho ibyaha byakozwe n’Abayisraheli mu bintu bitagatifu: uzahore iteka mu ruhanga rwe kugira ngo babone ubutoni imbere y’Uhoraho.


«Ni kuki kiriya gitambo mutakiririye ahantu hatagatifu kandi ari umugabane mutagatifu rwose? Uhoraho yari yarakibahaye kugira ngo ikoraniro ryose rikorere mu maso ye umuhango wo kwihanaguraho icyaha.


Muzite ku mategeko yanjye kandi muyakurikize. Ndi Uhoraho ubatagatifuza.


Ibyo bizarinda umuryango we kuvukamo abuzukuru bahumanye. Ndi Uhoraho, kandi ni jye ubatagatifuza.»


ariko azirinde kwegera umubambiko cyangwa urutambiro. Abikoze kandi yaramugaye, yaba asuzuguje ingoro yanjye n’ibiyirimo, kuko ari jye Uhoraho ubatagatifuza.»


Umuherezabitambo ni we utura Imana yawe igitambo cy’ibiribwa, ugomba kumenya rero ko ari intungane. Na we kandi azakubere intungane kuko jyewe Uhoraho ndi intungane, kandi ni jye ubatagatifuza.


Uhoraho abwira Musa, ati


Bazakurikize amategeko yanjye kugira ngo ibyo biribwa bitazabakururira icyaha. Nibaramuka babisuzuguye, bazapfa. Ndi Uhoraho ubatagatifuza.


Nihagira umuntu urenga kuri ibyo, maze ku munsi wa gatatu akarya ku nyama z’igitambo cye cy’ubuhoro, icyo gihe, nta bwo icyo gitambo cyakwakiranwa ishimwe kandi n’uwagituye na we ntiyagishimirwa. Inyama zacyo ziba zanduye; uwaziryaho wese yaba yihamije icyaha.


Uhoraho abwira Aroni, ati «Wowe n’abahungu bawe n’umuryango wawe, ni mwe muzabazwa ibyaha bizakorwa mu murimo wanyu w’ubuherezabitambo.


Ibyo nimubikora, nta cyaha kizababarwaho kuko muzaba mwangeneye uruhare rw’ingenzi. Ntimuzaba mwanduje amaturo matagatifu y’Abayisraheli, kandi nta n’urupfu muzaba mwikururiye.»


Mwa basazi mwe n’impumyi ! Ikiruta ikindi ni ikihe, zahabu cyangwa Ingoro y'Imana itagatifuza iyo zahabu ?


We wajyanye ibyaha byacu mu mubiri we bwite ku musaraba, kugira ngo nitumara gupfa ku byaha, tubeho mu butungane. Ni We nyir’ibikomere byabakijije.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan