Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 22:13 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

13 Cyakora hari ubwo umukobwa w’umuherezabitambo ashobora gupfakara cyangwa agasendwa n’umugabo nta mwana arabyara. Icyo gihe, iyo agiye kwa se agasubira uko yahoze akiri inkumi, ubwo aba ashobora kurya ku biribwa bya se, n’ubwo nta wundi muri rubanda ubiryaho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

13 Ariko umukobwa w'umutambyi niba ari umupfakazi, cyangwa yarasenzwe ntagire umwana, akaba igishubaziko agasubira mu nzu ya se nk'uko yari ari mu bwana bwe, ajye arya ku byokurya bya se, ariko ntihakagire utari uwo mu batambyi ubiryaho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

13 Icyakora nasendwa cyangwa agapfakara atarabyara, hanyuma agasubira iwabo, ashobora noneho kurya ku byokurya bya se, nk'uko yabigenzaga akiri muto. “Utari umutambyi ntakarye kuri ayo maturo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

13 Icyakora nasendwa cyangwa agapfakara atarabyara, hanyuma agasubira iwabo, ashobora noneho kurya ku byokurya bya se, nk'uko yabigenzaga akiri muto. “Utari umutambyi ntakarye kuri ayo maturo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 22:13
11 Iomraidhean Croise  

Yuda abwira umukazana we Tamara, ati «Igumire iwanyu mu bupfakazi bwawe, kugeza igihe umuhungu wanjye Shela azakurira.» Ubwo yaribwiraga, ati «Hato na we atazapfa nka bakuru be!» Nuko Tamara asubira kwa se.


Umunyacyubahiro na we ababuza kurya ku biribwa bitagatifu, kugeza ubwo hazaboneka umuherezabitambo wabyemerewe, akabibaza Uhoraho, akoresheje ubufindo.


Uhoraho abwira Musa na Aroni, ati «Dore amabwiriza yerekeye Pasika: Nta munyamahanga uzayiryaho.


Bazarye rero batyo ikizaba cyakoreshejwe guhongerera ibyaha byabo, ku munsi wabo wo kwegurirwa Uhoraho no gutangira imirimo yabo. Nta wundi uzaziryaho, kuko zizaba ari ibintu bitagatifu.


Aho kwita ku mirimo y’imihango yanjye mitagatifu, mwishyiriyeho abanyamahanga ngo babe ari bo bayikorera mu Ngoro yanjye.


Naho inkoro yaherejwe Uhoraho hamwe n’itako ryagabanijwe ku gitambo, muzabirira ahantu hasukuye, wowe, abahungu bawe n’abakobwa bawe. Uwo ni wo mugabane wawe n’abana bawe ku bitambo by’ubuhoro by’Abayisraheli.


Umuntu wese utari umuherezabitambo azirinde kurya ibiribwa bitagatifu. Umushyitsi w’umuherezabitambo cyangwa umukozi, na bo ntibazabiryeho.


Umukobwa w’umuherezabitambo narongorwa n’umugabo utari umuherezabitambo, ntazarye ku biribwa bigabanyijwe ku maturo matagatifu.


uwo mugore akamuvira mu rugo akagenda, hanyuma agacyurwa n’undi mugabo,


Nuko umuherezabitambo amuha imigati akuye mu Ngoro kuko nta yindi yari ibonetse, uretse iyari iteguye ku meza y’Uhoraho, isimbuzwa ishyushye ku munsi bayikuyeho.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan