Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 21:6 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

6 Abaherezabitambo bazegurirwa Imana, ni bo bazatura Uhoraho igitambo cy’ibiribwa. Bityo rero, bazahore ari intungane, maze boye gusuzuguza izina ry’Imana yabo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

6 Babere Imana yabo abera, ntibagasuzuguze izina ry'Imana yabo, kuko ari bo batambira Uwiteka ibitambo bikongorwa n'umuriro, ari byo byokurya by'Imana yabo. Ni cyo gituma bakwiriye kuba abera.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

6 Be kunsuzuguza jye Uhoraho Imana yabo, ahubwo bajye baba abaziranenge. Ni bo bampereza ibyokurya ari yo maturo atwikwa, bagomba kuba abaziranenge.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

6 Be kunsuzuguza jye Uhoraho Imana yabo, ahubwo bajye baba abaziranenge. Ni bo bampereza ibyokurya ari yo maturo atwikwa, bagomba kuba abaziranenge.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 21:6
20 Iomraidhean Croise  

Hanyuma ndababwira nti «Mwebwe mweguriwe Uhoraho kimwe n’ibi bikoresho, kandi iyi feza na zahabu ni ibyo abavandimwe banyu batuye Uhoraho, Imana y’abasokuruza banyu, ku bushake bwabo;


Ndetse n’abaherezabitambo basanzwe begera Uhoraho, na bo bagomba kubanza kwitunganya, hato Uhoraho atabacurangura.»


Kandi uzakore n’ikamba rya zahabu iyunguruye, ritatswe n’ururabo imbere, maze uzasharageho aya magambo uti «Uweguriwe Uhoraho.»


Nzatagatifuza ihema ry’ibonaniro n’urutambiro, ntagatifuze kandi Aroni n’abahungu be ngo begukire ubuherezabitambo bwanjye.


Nimugende, nimusohoke muve hano; ntimugire icyo mukoraho cyahumanye, nimusohoke rwagati muri Babiloni; nimwisukure, mwe abatwaye ibintu byeguriwe Uhoraho.


ya mahano mwakoze mwinjiza abanyamahanga batagenywe ku mutima no ku mubiri mu Ngoro yanjye, bakayijyamo kandi bakayandavuza, mugasangira na bo ikinure n’amaraso byanyeguriwe, mukica mutyo Isezerano ryanjye kubera ayo mahano vose!


Nuko Musa abwira Aroni, ati «Uhoraho yari yabivuze ukuri: ’Ubutungane bwanjye bugaragarira mu banyegera, kandi ngomba guherwa ikuzo imbere y’umuryango wose.’» Aroni araceceka, arumirwa.


Ntuzagire n’umwe mu bana bawe utura Moleki umumutwikira, kandi ntuzasuzugure izina ry’Imana yawe. Ndi Uhoraho.


Ntuzarahize izina ryanjye mu binyoma, kuko waba usuzuguye izina ry’Imana yawe. Ndi Uhoraho.


Jyewe, nzarakarira uwo muntu, muce mu muryango we, kuko azaba yatuye Moleki umwe mu bana be, akanduza Ingoro yanjye, kandi agasuzugura izina ryanjye ritagatifu.


«Dore ibyo uzamenyesha Aroni: Umuntu wo mu nkomoko yawe, naba afite ubumuga ku mubiri, azirinde gutura Uhoraho igitambo cy’ibiribwa. Ibyo kandi bizababere itegeko ridakuka kuva mu gisekuruza kugera mu kindi.


Nuko rero umuntu wo mu nkomoko y’umuherezabitambo Aroni, naba yaramugaye, ntazature Uhoraho igitambo cy’ibiribwa. Kuko nyine aba ari ikimuga, ntazigore atura Imana ye igitambo cy’ibiribwa.


ariko azirinde kwegera umubambiko cyangwa urutambiro. Abikoze kandi yaramugaye, yaba asuzuguje ingoro yanjye n’ibiyirimo, kuko ari jye Uhoraho ubatagatifuza.»


Umuherezabitambo ni we utura Imana yawe igitambo cy’ibiribwa, ugomba kumenya rero ko ari intungane. Na we kandi azakubere intungane kuko jyewe Uhoraho ndi intungane, kandi ni jye ubatagatifuza.


Hanyuma, ibyo byose umuherezabitambo azabitwikire ku rutambiro, bibe igitambo cy’ibiribwa bikongokeye Uhoraho burundu.


Hanyuma abwira Kore n’abafatanije na we, ati «Ejo mu gitondo, Uhoraho azatumenyesha umuntu uri uwe, w’umutagatifu, kandi unemerewe kumwegera. Uwo azaba yahisemo, azamwemerera kumwegera.


«Dore ibyo uzabwira Abayisraheli: Muzanzanire, mu gihe cyateganijwe, amaturo yanjye n’ibiribwa bifite impumuro yurura.


Naho mwebwe muri ubwoko bwatoranyijwe, imbaga y’abaherezabitambo ba cyami, ihanga ritagatifu, umuryango Imana yironkeye, kugira ngo mujye mwamamaza ibigwi by’Uwabahamagaye, abavana mu mwijima, akabinjiza mu rumuri rwe rw’agatangaza,


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan