Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 21:22 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

22 Cyakora ibyo biribwa by’Imana ari yo maturo matagatifu, ashobora kubiryaho,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

22 Ajye arya ku byokurya by'Imana ye, ku byera cyane no ku byera.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

22 Bashobora kurya kuri ayo maturo nubwo yanyeguriwe rwose,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

22 Bashobora kurya kuri ayo maturo nubwo yanyeguriwe rwose,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 21:22
19 Iomraidhean Croise  

Aroni n’abahungu bari basigaye ari bo Eleyazari na Itamari, Musa yarababwiye ati «Mujyane ibisigaye ku ituro ry’ifu ryatwikiwe Uhoraho, muyitekemo imigati idasembuye, kandi muyirire iruhande rw’urutambiro, kuko ari ikintu gitagatifu rwose.


«Ni kuki kiriya gitambo mutakiririye ahantu hatagatifu kandi ari umugabane mutagatifu rwose? Uhoraho yari yarakibahaye kugira ngo ikoraniro ryose rikorere mu maso ye umuhango wo kwihanaguraho icyaha.


Uwo mwana w’intama awicira aho basanzwe bicira igitambo cy’impongano y’icyaha cyangwa igitambo gitwikwa, ni ukuvuga ahantu hatagatifu. Kandi rero, ari igitambo cy’indishyi y’akababaro, ari n’igitambo cy’impongano y’icyaha, byose biba iby’umuherezabitambo. Ni ibintu bitagatifu.


Ibisagutse kuri iryo turo, bizabe ibya Aroni n’abahungu be. Ni umugabane mutagatifu rwose: kuko ari ibyasagutse ku maturo y’ibiribwa byakongokeye Uhoraho burundu.


Ibisagutse kuri iryo turo, bizabe ibya Aroni n’abahungu be. Ni umugabane mutagatifu rwose, kuko ari ibyasagutse ku maturo y’ibiribwa byakongokeye Uhoraho burundu.


ariko azirinde kwegera umubambiko cyangwa urutambiro. Abikoze kandi yaramugaye, yaba asuzuguje ingoro yanjye n’ibiyirimo, kuko ari jye Uhoraho ubatagatifuza.»


Ntihazagire umunyamahanga ubaha amatungo nk’ayo ngo muyature Uhoraho ho ibiribwa. Kubera ko ayo matungo baba barayakuyeho urugingo, aba afite inenge. Muyatuye rero, nta bwo mwabishimirwa.»


Iyo izuba rirenze, uwo muntu aba asukuwe. Ubwo rero ni ho aba ashobora kurya ku maturo matagatifu kuko ari ibiribwa bye.


Byongeye, ikintu utunze iwawe, yaba umuntu, itungo cyangwa umurima, iyo ucyeguriye Uhoraho burundu, ntuba ugishoboye kukigurisha cyangwa kukigombora. Bene icyo kiba ari ikintu gitagatifu cy’Uhoraho.


Kirazira kubikoramo umutsima usembuye. Uwo ni wo mugabane mbahaye ku maturo nturwa, agakongorwa n’umuriro. Ni ikintu gitagatifu rwose, kimwe n’ibindi bisaguka ku gitambo cy’impongano cyangwa ku gitambo cy’indishyi y’akababaro.


Dore imihango igenga igitambo cy’indishyi y’akababaro. Ni ikintu gitagatifu rwose.


Uwo mu baherezabitambo wese ashobora kukiryaho, kandi akakirira ahantu hasukuye kuko ari ikintu gitagatifu rwose.


Amaturo yose agabanyijwe ku bintu bitagatifu, Abayisraheli bakayatura Uhoraho, wowe n’abahungu bawe n’abakobwa bawe, ndayabahaye ku buryo budasubirwaho. Iryo ribe Isezerano rikoreshejwe umunyu, kandi ridakuka mu maso y’Uhoraho, kuri wowe no ku bazagukomokaho.»


Ariko se ntimuzi ko abakorera Ingoro y’Imana batungwa n’iyo Ngoro nyine, n’abahereza ku rutambiro, bagahabwa umugabane ku byo batuye?


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan