Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 20:3 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

3 Jyewe, nzarakarira uwo muntu, muce mu muryango we, kuko azaba yatuye Moleki umwe mu bana be, akanduza Ingoro yanjye, kandi agasuzugura izina ryanjye ritagatifu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

3 Nanjye nzahoza igitsure cyanjye kuri uwo muntu, mukure mu bwoko bwe muhoye guha Moleki uwo mu rubyaro rwe, akanduza Ahera hanjye, agasuzuguza izina ryanjye ryera.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

3 Uko ni ko nzamuhana muce mu Bisiraheli, kuko azaba yatambiye umwana we Moleki, agahumanya Ihema ryanjye kandi agatukisha izina ryanjye riziranenge.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

3 Uko ni ko nzamuhana muce mu Bisiraheli, kuko azaba yatambiye umwana we Moleki, agahumanya Ihema ryanjye kandi agatukisha izina ryanjye riziranenge.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 20:3
16 Iomraidhean Croise  

Nihagira ugerageza gukora amavuta nk’ayo, cyangwa akayasiga ku muntu usanzwe, uwo nguwo azacibwa mu muryango we.»


Namwe rero, muryango wa Israheli, dore uko Nyagasani Uhoraho avuze : Ngaho buri muntu nagende akureho ibigirwamana bye, ahasigaye mbarahiye ko muzanyumva, ntimuzongere ukundi kwandavuza izina ryanjye ritagatifu, muryandurisha ibitambo n'ibigirwamana byanyu !


Ni cyo gituma mbirahiriye — uwo ni Nyagasani Uhoraho ubivuze — kubera ko wahindanyije Ingoro yanjye n’ibyo biterashozi byose n’ayo mahano yose, nanjye nzagutsemba, sinzigera nkurebana impuhwe kandi sinzanakubabarira.


Abayisraheli bazaba baranduye, muzabamenyeshe ko bagomba kugendera kure Ingoro yanjye, kugira ngo batayanduza maze bikababyarira urupfu.»


Umuntu wese wo mu nzu ya Israheli cyangwa umunyamahanga ubatuyemo nibanywa amaraso, nzabarakarira maze mbace mu muryango wabo.


Ntuzagire n’umwe mu bana bawe utura Moleki umumutwikira, kandi ntuzasuzugure izina ry’Imana yawe. Ndi Uhoraho.


Ntuzarahize izina ryanjye mu binyoma, kuko waba usuzuguye izina ry’Imana yawe. Ndi Uhoraho.


Nihagira Abayisraheli birengagiza uwo muntu uzaba yatuye umwana we Moleki, maze bagatinya kumwica,


Abaherezabitambo bazegurirwa Imana, ni bo bazatura Uhoraho igitambo cy’ibiribwa. Bityo rero, bazahore ari intungane, maze boye gusuzuguza izina ry’Imana yabo.


Naho rero, umuntu wese uzaba yifitemo ubwandure, maze akarenga akarya kuri izo nyama z’igitambo cy’ubuhoro gituwe Uhoraho, uwo nyine azacibwa mu muryango we».


Nanone kandi, uzaziryaho yakoze ku muntu wahumanijwe, ku nyamaswa yahumanijwe, na we azacibwe mu muryango we.»


Uwakora intumbi y’umuntu umaze gupfa, hanyuma ntiyisukure, yakwanduza Ingoro y’Uhoraho. Uwo muntu bazamuce mu Bayisraheli. Kuko batamuteye amazi y’icyuhagiro, aba yanduye kandi agumana uguhumana kwe.


Ariko umuntu wahumanijwe, ntakore umuhango we wo kwisukura, azacibwe mu ikoraniro, kuko yakwanduza Ingoro y’Uhoraho. Uwo muntu aba ahumanijwe, kuko ataminjagiye amazi y’icyuhagiro.


Mbese ingoro y’Imana yasangirwa ite n’ibigirwamana? Erega, ni twe ngoro y’Imana Nzima, nk’uko ubwayo ibyivugira iti «Nzatura muri bo, nzatambagire rwagati muri bo, maze nzabe Imana yabo, na bo bazambere umuryango.


Kuko Nyagasani ahoza amaso ku bantu b’intungane, agatega amatwi amasengesho yabo, ariko akima uruhanga rwe abakora ikibi.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan