Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 2:3 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

3 Ibisagutse kuri iryo turo, bizabe ibya Aroni n’abahungu be. Ni umugabane mutagatifu rwose, kuko ari ibyasagutse ku maturo y’ibiribwa byakongokeye Uhoraho burundu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

3 Igisigaye kuri iryo turo ry'ifu kibe icya Aroni n'abana be, ni ikintu cyera cyane mu maturo n'ibitambo bitambirwa Uwiteka bigakongorwa n'umuriro.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

3 Ibisigaye byavuye ku ituro ritwikwa bizabe ibya Aroni n'abamukomokaho gusa, kuko byeguriwe rwose Uhoraho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

3 Ibisigaye byavuye ku ituro ritwikwa bizabe ibya Aroni n'abamukomokaho gusa, kuko byeguriwe rwose Uhoraho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 2:3
17 Iomraidhean Croise  

Umunyacyubahiro na we ababuza kurya ku biribwa bitagatifu, kugeza ubwo hazaboneka umuherezabitambo wabyemerewe, akabibaza Uhoraho, akoresheje ubufindo.


Mu minsi irindwi uzakorera urutambiro imihango yo kurukiza ubwandure, maze urwegurire Imana; nuko urutambiro ruzabe rutagatifu rwose, n’ikizakora ku rutambiro cyose kizabe gitagatifu.


Bazatungwa n’amaturo, ibitambo by’impongano y’ibyaha n’ibitambo byo kwigorora; mbese icyashinganywe n’Imana cyose muri Israheli kizaba icyabo.


Arambwira ati «Hariya, abaherezabitambo ni ho bazajya batekera ibitambo bihongerera ibyaha, ibitambo bindi n’amaturo, kugira ngo batabijyana mu gikari cyo hanze, imbaga ikava aho ikora kuri ayo maturo matagatifu.»


Iryo tako ryagabanijwe ku gitambo, iyo nkoro yaherejwe Uhoraho, bazabizana hamwe n’inyama z’ibinure zo gutwikwa, kugira ngo babihereze Uhoraho. Nyuma, wowe n’abahungu bawe, bizaba umugabane wanyu ubuziraherezo nk’uko Uhoraho yabitegetse.»


Uwo mwana w’intama awicira aho basanzwe bicira igitambo cy’impongano y’icyaha cyangwa igitambo gitwikwa, ni ukuvuga ahantu hatagatifu. Kandi rero, ari igitambo cy’indishyi y’akababaro, ari n’igitambo cy’impongano y’icyaha, byose biba iby’umuherezabitambo. Ni ibintu bitagatifu.


Ibisagutse kuri iryo turo, bizabe ibya Aroni n’abahungu be. Ni umugabane mutagatifu rwose: kuko ari ibyasagutse ku maturo y’ibiribwa byakongokeye Uhoraho burundu.


Cyakora ibyo biribwa by’Imana ari yo maturo matagatifu, ashobora kubiryaho,


Iyo umuntu yakoze icyaha kimwe muri biriya, maze umuherezabitambo akamukoreraho umuhango wo kumuhanaguraho igicumuro cye, ubwo aba akibabariwe. Umuherezabitambo azarangiza rero imihango yose nk’uko abigenza ku yandi maturo.»


Ibizasigara, Aroni n’abahungu be bazabirye; ibyo biribwa bidasembuye bizarirwa ahantu hasukuye mu rugo rw’ihema ry’ibonaniro.


Uko mubigenza ku gitambo cy’impongano y’icyaha, ni na ko muzabigenza ku cy’indishyi y’akababaro: umuhango uzaba umwe kuri byombi. Inyama z’icyo gitambo kandi zihabwa umuherezabitambo wakoze uwo muhango wo guhanagura icyaha.


Ituro ryokerejwe ku ziko, hamwe n’iritetse mu nkono cyangwa irikaranze ku ipanu, bizaba iby’umuherezabitambo uzabitura; ni ibye.


Dore uruhare rwawe ku maturo matagatifu azaba atatwitswe: mu byo bazamurikira byose, ni ukuvuga amaturo y’ifu, ibitambo by’impongano z’ibyaha, n’ibitambo byose byo kunyihongaho, ayo maturo yose matagatifu, ni ayawe n’abahungu bawe.


So namutoranyije mu miryango yose ya Israheli mugira umuherezabitambo wanjye, ngo ajye yegera urutambiro rwanjye, ahatwikire umubavu, anambare umusanganyagihimba mu maso yanjye. Ibyo Abayisraheli batura byose, nabyeguriye umuryango wa so.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan