Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 2:1 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

1 «Nihagira umuntu uzanira Uhoraho ikoro ry’ibihingwa, rizabe ari ifu azasukamo amavuta y’imizeti, kandi ayishyiremo ububani,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

1 “Nihagira umuntu utura Uwiteka ituro ry'ifu, ature ifu y'ingezi, ayisukeho amavuta ya elayo, ayishyireho n'umubavu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

1 Umuntu natura Uhoraho ituro ry'ifu y'ibinyampeke, ajye afata ifu nziza ayisukeho amavuta y'iminzenze, ashyireho n'umubavu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

1 Umuntu natura Uhoraho ituro ry'ifu y'ibinyampeke, ajye afata ifu nziza ayisukeho amavuta y'iminzenze, ashyireho n'umubavu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 2:1
31 Iomraidhean Croise  

uzende kandi imigati idasembuye, n’udutsima tudasembuye, dukoreshejwe amavuta y’imizeti, n’uduhwahure tw’imigati isizeho amavuta y’imizeti; byose uzabikore mu ifu igogoye y’ingano.


Ntiwanzaniye intama kugira ngo uzintwikire, kandi ntiwanyubahirije untura ibitambo byawe. Sinigeze nguhatira kunzanira amaturo atabarika, cyangwa ngo nkunanize nkwaka ububani.


Nuko bazagarure abavandimwe banyu bo mu mahanga yose, bahetswe ku mafarasi no mu magare; mu ngobyi, ku nyumbu no ku ntebe nziza, babageze ku musozi wanjye mutagatifu, i Yeruzalemu, uwo ni Uhoraho ubivuze. Bazabampaho ituro, nk’uko Abayisraheli bazana ku nkoko zisukuye, ituro ryabo mu Ngoro y’Uhoraho.


Arambwira ati «Hariya, abaherezabitambo ni ho bazajya batekera ibitambo bihongerera ibyaha, ibitambo bindi n’amaturo, kugira ngo batabijyana mu gikari cyo hanze, imbaga ikava aho ikora kuri ayo maturo matagatifu.»


Amaturo n’ibitambo byaciwe mu Ngoro y’Uhoraho, abaherezabitambo bashinzwe umurimo w’Uhoraho bari mu cyunamo.


Hari uwabimenya se? Ahari wenda ntiyazisubiraho! Ahari wenda icyago ntiyazagisimbuza umugisha, akongera gushimishwa n’amaturo n’ibitambo mwatura Uhoraho, Imana yanyu!


Ku munsi wa munani, azamurika abana b’intama babiri, umwana w’intama w’inyagazi ufite umwaka umwe kandi utagira inenge, urweso rw’amavuta hamwe n’utwibo dutatu tw’ifu ivanze n’amavuta.


uzanyanyagizaho umubavu uboneye. Ibyo bizakubera urwibutso mu kigwi cy’umugati n’ibiribwa bikongokeye Uhoraho.


Niba umuntu adashoboye kubona intungura ebyiri cyangwa inuma ebyiri, kugira ngo abitureho igitambo cy’impongano y’icyaha yakoze, ashobora nibura kuzana akebo k’ifu, kakaba igitambo cy’impongano y’icyaha. Iyo fu ntazayisukeho amavuta cyangwa ngo ayimeneho umubavu, kuko izaba ari iyo guturwaho igitambo cy’impongano y’icyaha.


Dore rero imihango yerekeye ituro ry’ibiribwa: Bene Aroni ni bo bazarihereza Uhoraho, bari ahateganye n’urutambiro.


Ahereza kandi ituro ry’ifu, ayoraho iyuzuye urushyi, maze ayitwikira ku rutambiro, yiyongera ku gitambo gitwikwa cya mu gitondo.


Mufate kandi ikimasa hamwe n’isekurume y’intama byo guturwaho igitambo cy’ubuhoro imbere y’Uhoraho. Ntimwibagirwe kandi n’ituro ry’ifu ivugishijwe amavuta. Impamvu y’ibyo byose ni uko uyu munsi ariho Uhoraho ari bubabonekere.’»


Nyamara guhera mu burasirazuba kugera mu burengero bwaryo, izina ryanjye rirasingizwa mu mahanga, kandi ahantu hose bosereza ububani izina ryanjye, bakanzanira ituro ritagira inenge, kuko izina ryanjye ari igihangange mu mahanga! Uwo ni Uhoraho, Umugaba w’ingabo, ubivuga.


Dore uruhare rwawe ku maturo matagatifu azaba atatwitswe: mu byo bazamurikira byose, ni ukuvuga amaturo y’ifu, ibitambo by’impongano z’ibyaha, n’ibitambo byose byo kunyihongaho, ayo maturo yose matagatifu, ni ayawe n’abahungu bawe.


Ibyo bizaherekezwa n’ituro ry’icyibo cy’ifu ivugishijwe kimwe cya kane cy’akabindi k’amavuta arongoroye y’imizeti isekuye.


Nk’uko bisanzwe bigenda, icyo gitambo kizaherekezwa n’ituro n’ibitambo biseswa byategetswe kuri buri kimasa, buri sekurume y’intama no kuri buri mwana w’intama.


Iryo turo ryari rigizwe n’ibintu bikurikira: isahani ya feza ifite uburemere bw’amasikeli 130, n’ibesani ya feza ifite uburemere bw’amasikeli 70, byose bipimye kuri sikeli y’Ingoro. Byombi byari byuzuye ifu ivanze n’amavuta byo gutura Uhoraho.


Ryari rigizwe n’ibi bintu bikurikira: isahani ya feza ifite uburemere bw’amasikeli 130, n’ibesani ya feza ifite uburemere bw’amasikeli 70; byose bipimiye kuri sikeli y’Ingoro. Byombi byari byuzuye ifu ivanze n’amavuta byo guturwa Uhoraho.


Bazafata ikimasa hamwe n’ituro ryategetswe ry’ifu ivanze n’amavuta, nawe ufate ikindi kimasa uzaturaho igitambo cyo guhongera icyaha.


Yezu arababwira ati «Ni jyewe mugati utanga ubugingo. Unsanga wese ntazasonza bibaho, n’unyemera ntazagira inyota bibaho.


Mwebweho, Yezu w’Intungane yabasigishije Roho Mutagatifu, bituma mwese mugera ku bumenyi.


Naho mwebwe, isigwa yabakoreyeho ryabagumyemo, mukaba mudakeneye ko hagira undi uza kubigisha. Ubwo rero isigwa rye ari ryo mukesha kumenya byose, rikaba ari irinyakuri kandi ritabeshya, nimugume muri We, nk’uko mwabyigishijwe.


Mwebweho rero, nkoramutima zanjye, nimushinge imizi mu kwemera kwanyu gutagatifu rwose; musengere muri Roho Mutagatifu;


Undi mumalayika araza, ahagarara iruhande rw’urutambiro, afite icyotero cya zahabu, maze ahabwa imibavu myinshi kugira ngo ayiture hamwe n’amasengesho y’abatagatifu bose, ku rutambiro rwa zahabu ruri imbere y’intebe y’ubwami.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan