Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 19:5 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

5 Nimutura Uhoraho igitambo cy’ubuhoro, dore uko muzagenza kugira ngo gishimwe:

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

5 “Uko mutambiye Uwiteka igitambo cy'uko muri amahoro, mujye mugitamba uburyo butuma mwemerwa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

5 “Nimuntambira igitambo cy'umusangiro, mujye mukurikiza amabwiriza atuma cyemerwa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

5 “Nimuntambira igitambo cy'umusangiro, mujye mukurikiza amabwiriza atuma cyemerwa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 19:5
16 Iomraidhean Croise  

Hezekiya ashyiraho imitwe y’abaherezabitambo n’abalevi kugira ngo buri wese, akurikije icyiciro arimo, yaba umuherezabitambo cyangwa se umulevi, ajye atura ibitambo bitwikwa n’iby’ubuhoro, asingiza Uhoraho, amushimira kandi amukorera imbere mu kibuga cy’Ingoro ye.


Hanyuma yohereza abasore b’Abayisraheli; batura Uhoraho ibitambo bitwikwa, maze ibimasa babitambaho ibitambo by’ubuhoro.


Igihe umwami azaba yishakiye gutura Uhoraho igitambo gitwikwa cyangwa igitambo cy’ubuhoro, bazamukingurire irembo ryerekera mu burasirazuba, maze ature ibitambo bye nk’uko asanzwe abigenza ku isabato, narangiza asohoke bahite bakinga.


Umwami azajya yinjirira mu kirongozi cy’irembo ryo hanze, ahagarare iruhande rw’inkomanizo z’umuryango; hanyuma abaherezabitambo bature mu kigwi cye igitambo gitwikwa n’igitambo cy’ubuhoro. Umwami azapfukama mu irebe ry’umuryango hanyuma asohoke, ariko irembo ntirizafungwa kugeza nimugoroba.


Niba ashaka gutura igitambo gitwikwa cyo mu matungo maremare, azazane ikimasa kidafite inenge, maze agiturire ku muryango w’ihema ry’ibonaniro kugira ngo Uhoraho agishime;


Ntimuzayoboke ibigirwamana cyangwa ngo mucure amashusho yabyo. Ndi Uhoraho Imana yanyu.


Muzakirya umunsi cyatuweho ndetse na bukeye bwaho. Ibyaramuka bisigaye, ku munsi wa gatatu muzabitwike.


Kugira ngo rero ibyo bitambo mubishimirwe, mujye mutura imfizi itagira inenge iturutse mu bushyo bw’ibimasa, intama cyangwa ihene.


Nanone, hari ubwo umuntu yakwifuza gutura Uhoraho igitambo cy’ubuhoro, ari ku bushake bwe cyangwa ari ukubera umuhigo yahize. Icyo gitambo giturutse mu matungo maremare cyangwa amagufi, kugira ngo cyemerwe kigomba kuba kidafite ubwandu na busa.


Itungo rigufi cyangwa rirerire niriba ryararemaye cyangwa ryarazonzwe, ushobora kurituraho igitambo witangiye ku bushake bwawe. Ariko rero icyo gitambo nikiba ari icy’umuhigo wahize, iryo tungo ntirishobora kwemerwa.


Nimutura Uhoraho igitambo cyo kumuhesha ikuzo, dore uko muzabigenza kugira ngo mugishimirwe:


Hari ubwo igitambo gishobora guturwa ari icyo guhigura umuhigo, cyangwa kigaturwa kubera ubushake bw’umuntu. Inyama zacyo rero zigomba kuribwa kuri uwo munsi cyatuweho. Cyakora, bukeye bwaho, bashobora kurya izaraye.


Nihagira umuntu urenga kuri ibyo, maze ku munsi wa gatatu akarya ku nyama z’igitambo cye cy’ubuhoro, icyo gihe, nta bwo icyo gitambo cyakwakiranwa ishimwe kandi n’uwagituye na we ntiyagishimirwa. Inyama zacyo ziba zanduye; uwaziryaho wese yaba yihamije icyaha.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan