Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 19:26 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

26 Ntimuzagire icyo murya kirimo amaraso. Muzirinde kuragura cyangwa gushika.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

26 “Ntimukagire icyo muryana n'amaraso yacyo, ntimukagire ibyo muragurisha naho byaba ibicu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

26 “Ntimukarye inyama zirimo amaraso. Ntimukaraguze cyangwa ngo mushikishe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

26 “Ntimukarye inyama zirimo amaraso. Ntimukaraguze cyangwa ngo mushikishe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 19:26
22 Iomraidhean Croise  

Mbese icyo mwibye si inkongoro databuja anywesha, kandi akayikoresha aragura. Mwagize nabi rwose.’»


Icyakora ntimuzarye inyama ikifitemo ubuzima, ari yo maraso.


Batwitse abahungu babo n’abakobwa babo ho ibitambo, bararaguza kandi bakora imihango idatunganiye Uhoraho, kugira ngo bamurakaze.


Atwika umuhungu we ho igitambo, akoresha uburyo bwinshi bwo gutongera no gushika, ashyiraho abashitsi n’abapfumu. Yihata gukora ibidashimishije Uhoraho, aramurakaza.


Ndetse n’abahungu be abatwikira mu kabande ka bene Hinomi; akoresha uburyo bwinshi bwo gutongera no gushika; ashyiraho abashitsi n’abapfumu; mbese arakaza Uhoraho, arakabya mu gukora ibitamutunganiye.


Ubwo Farawo atumiza abahanga n’abapfumu be; maze abapfumu ba Misiri na bo babigenza batyo, bakoresheje amayeri yabo:


Imitubu izava kuri wowe no ku mazu yawe, ku bagaragu bawe no ku baturage bawe, izasigare gusa mu Ruzi.»


Uhoraho avuze atya: Ntimugakurikize imico y’abanyamahanga; ibimenyetso byo mu kirere ntibikabakangaranye, amahanga ni yo akangaranywa na byo.


Mu mwaka wa gatanu, ni ho muzaba mushobora kuzirya. Nimubigenza mutyo, ni ho umusaruro wanyu uzajya wiyongera. Ndi Uhoraho Imana yanyu.


Iryo ni itegeko ridakuka kuri mwebwe, kuva mu gisekuru kugera mu kindi, aho muzaba mutuye hose. Icyitwa ikinure cyose, hamwe n’icyitwa amaraso cyose, ntimuzabirye.»


Aho muzaba mutuye hose, muzirinde kunywa amaraso, ari ay’inyoni, ari n’ay’inyamaswa.


Nzabegera mbacire imanza; nzashinja abapfumu, abasambanyi n’abarahira ibinyoma, nzashinje abacuza abakozi igihembo cyabo, n’abarenganya umupfakazi n’impfubyi, kimwe n’abashikamira umusuhuke, n’abandi bose batanyubaha. Uwo ni Uhoraho, Umugaba w’ingabo, ubivuze.


Ahubwo tubandikire gusa ngo birinde guhumanywa n’ibigirwamana n’ubukozi bw’ibibi, birinde kandi kurya inyamaswa zanizwe, n’amaraso.


Cyakora, ntimuzarye amaraso: muzayavushirize ku butaka nk’abamena amazi.


Icyakora, uramenye uzirinde kurya amaraso, kuko amaraso ari yo buzima; ntuzaryane rero inyama n’ubuzima bwazo.


Gusa rero uzirinde kurya amaraso yabwo, ahubwo uzayavushirize ku butaka nk’uko bamena amazi.


baherako biyahura ku minyago. Bafata amatungo magufi, ibimasa n’inyana, babisogotera ku butaka maze babiryana amaraso.


Baza kubwira Sawuli, bati «Dore rubanda bacumuye kuri Uhoraho, kuko baryana inyama n’amaraso!» Sawuli aravuga ati «Muri abagambanyi! Ngaho nimuhirike ibuye rinini murinzanire hano!»


Naho kwinubira Imana kukareshya n’icyaha cyo kuraguza, no kutava ku izima kukareshya n’ubupfumu. None rero, kubera ko wanze kumvira amategeko y’Uhoraho, nawe yakwangiye gukomeza kuba umwami.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan