Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 19:12 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

12 Ntuzarahize izina ryanjye mu binyoma, kuko waba usuzuguye izina ry’Imana yawe. Ndi Uhoraho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

12 Ntimukarahire ibinyoma izina ryanjye, bigatuma musuzuguza izina ry'Imana yanyu. Ndi Uwiteka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

12 Ntimukarahire izina ryanjye ibinyoma, byansuzuguza. Ndi Uhoraho Imana yanyu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

12 Ntimukarahire izina ryanjye ibinyoma, byansuzuguza. Ndi Uhoraho Imana yanyu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 19:12
19 Iomraidhean Croise  

Uwo muntu arebana agasuzuguro uwigize ruvumwa, maze akubaha abatinya Uhoraho; icyo yarahiriye, n’aho cyamugwa nabi, nta bwo yivuguruza.


Ntuzavuge izina ry’Uhoraho Imana yawe mu bintu by’amanjwe, kuko Uhoraho atazareka guhana uzaba yavuze izina rye mu bintu by’amanjwe.


Nzu ya Yakobo, nimutege amatwi ibi ngibi, mwebwe abitwa izina rya Israheli, mukaba mukomoka ku rubyaro rwa Yuda, mwebwe abarahirisha izina ry’Uhoraho, mukanitabaza Imana ya Israheli, ariko mu bitari ukuri no mu bidatunganye.


Nyuma ariko, mwageze aho mwisubiraho, musuzugura izina ryanjye, buri muntu asubirana abacakara be, abagabo n’abagore mwari mwararekuye, murongera mubakoresha nk’abacakara banyu.


Niba kandi urahiye mu izina ry’Uhoraho muzima, ukabikora mu kuri, mu buryo butunganye no mu butabera, ubwo amahanga yose azamperwamo umugisha kandi azakurizwa muri jye.


Iyo barahira baravuga ngo «Turahiye Uhoraho muzima!», kandi indahiro zabo ari ibinyoma.


Ubwo se muziba, mwice, musambane, murahire mu binyoma, mutwikire Behali ibitambo, mwiruke inyuma y’ibigirwamana bitigeze bibitaho,


Ntuzagire n’umwe mu bana bawe utura Moleki umumutwikira, kandi ntuzasuzugure izina ry’Imana yawe. Ndi Uhoraho.


Jyewe, nzarakarira uwo muntu, muce mu muryango we, kuko azaba yatuye Moleki umwe mu bana be, akanduza Ingoro yanjye, kandi agasuzugura izina ryanjye ritagatifu.


Uwo muhungu yaratinyutse atuka Uhoraho, maze asuzuguza izina rye. Abayisraheli babibonye batyo, bamushyikiriza Musa. Nyina yitwaga Shelomita, umukobwa wa Diviri wo mu nzu ya Dani.


Umuherezabitambo rero azambare ikanzu ye ya hariri n’amakabutura ya hariri, maze ayore ivu rituruka ku gitambo cyakongokeye ku rutambiro, arirunde iruhande rw’urutambiro.


Nuko arambwira ati «Uwo ni umuvumo usatira igihugu cyose. Bityo, nk’uko byanditswe kuri rumwe mu mpande z’uwo muzinge, uwitwa umujura wese azatsembwa mu gihugu, kimwe n’urahira ibinyoma wese nk’uko byanditse ku rundi ruhande.


Narawohereye, uwo ni Uhoraho, Umugaba w’ingabo, ubivuze, kugira ngo usakize inzu y’umujura n’iy’urahira ibinyoma, uhatsimbarare maze uyitwike yose, ibiti n’amabuye bikongoke.»


Nzabegera mbacire imanza; nzashinja abapfumu, abasambanyi n’abarahira ibinyoma, nzashinje abacuza abakozi igihembo cyabo, n’abarenganya umupfakazi n’impfubyi, kimwe n’abashikamira umusuhuke, n’abandi bose batanyubaha. Uwo ni Uhoraho, Umugaba w’ingabo, ubivuze.


Ntuzavuge izina ry’Uhoraho Imana yawe mu bintu by’amanjwe, kuko Uhoraho atazareka guhana uzaba yavuze izina rye mu bintu by’amanjwe.


Ariko mbere ya byose, bavandimwe, ntimukarahire ijuru cyangwa isi, cyangwa se ubundi buryo ubwo ari bwo bwose. Ahubwo mujye muvuga ngo «yego» niba ari yego, cyangwa se «oya» niba ari oya, kugira ngo mudacirwa urubanza.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan