Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 17:5 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

5 Bityo Abayisraheli, aho guturira amatungo yabo ku gasozi, bazajya bayashyikiriza umuherezabitambo ku muryango w’ihema ry’ibonaniro. Ayo matungo azaniwe Uhoraho rero, bazajya bayamuturaho igitambo cy’ubuhoro.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

5 Ibyo bitegekewe kugira ngo ibitambo Abisirayeli bajya batambira mu gasozi, noneho babijyanire Uwiteka ku muryango w'ihema ry'ibonaniro, babishyire umutambyi, babitambire Uwiteka ho ibitambo by'uko bari amahoro.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

5 Aho gutambira ibitambo ku gasozi, Abisiraheli bajye bashyīra umutambyi amatungo yabo mu rugo rw'Ihema ry'ibonaniro, ayatambire Uhoraho ho ibitambo by'umusangiro.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

5 Aho gutambira ibitambo ku gasozi, Abisiraheli bajye bashyīra umutambyi amatungo yabo mu rugo rw'Ihema ry'ibonaniro, ayatambire Uhoraho ho ibitambo by'umusangiro.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 17:5
20 Iomraidhean Croise  

Abrahamu atera igiti cya tamarisi, agitera i Berisheba, yambarizayo Izina ry’Uhoraho, Imana y’ubuziraherezo.


Abrahamu ngo yubure amaso, abona inyuma ye imfizi y’intama; amahembe yayo yari yafatiwe mu gihuru. Abrahamu aragenda, arayifata, ayituraho igitambo gitwikwa mu kigwi cy’umwana we.


Imana iti «Fata umwana wawe, umwana wawe w’ikinege ukunda, Izaki; ujye mu karere ka Moriya. Nuhagera uzamutambeho igitambo gitwikwa, ku musozi nzakwereka.»


Nuko Yakobo aturira igitambo kuri uwo musozi, atumira bene wabo, barasangira, barara kuri uwo musozi.


Kimwe n’abo basekuruza, biyubakira ahirengeye inkingi z’amabuye n’ibiti byeguriwe ibimana byabo, ku misozi yose ihanitse no mu nsi y’igiti cyose kibisi; —


Icyakora abantu bakomeza guturira ibitambo mu masengero y’ahirengeye, kuko kugeza icyo gihe nta Ngoro yariho yari yarubakiwe izina ry’Uhoraho.


Salomoni akunda Uhoraho ku buryo yagendaga yubahiriza amategeko ya se Dawudi, nyamara akajya aturira ibitambo mu masengero y’ahirengeye, akanahatwikira imibavu.


Yaturiye ibitambo kandi atwikira imibavu mu masengero y’ahirengeye, ku misozi, no mu nsi ya buri giti kibisi.


bishingiye inkingi z’amabuye n’iz’ibiti zeguriwe ibigirwamana byabo, bazishyira mu mpinga y’imisozi no mu nsi ya buri giti kibisi.


Aturira ibitambo kandi atwikira imibavu mu masengero y’ahirengeye, ku misozi, no mu nsi y’igiti cyose kibisi.


Hanyuma yohereza abasore b’Abayisraheli; batura Uhoraho ibitambo bitwikwa, maze ibimasa babitambaho ibitambo by’ubuhoro.


Nyamara kandi nabazanye mu gihugu narahiye ku mugaragaro ko nzakibaha; bahabona imisozi miremire y'amoko yose, ibiti bitoshye by'amoko yose, bahaturira ibitambo byabo banahatangira amaturo yabo andakaza; bahashyira imibavu yabo ihumura neza kandi bahaturira n'ibitambo biseswa.


Iwawe hari ababeshyera abandi ngo babone uko bamena amaraso, bararira ku misozi bagakorera ibiterashozi rwagati muri wowe.


Icyo gihe nikirangira, ku munsi wa munani n’indi minsi izakurikiraho, abaherezabitambo bazaruturiraho ibitambo byanyu bitwikwa n’andi maturo yanyu, maze nanjye nzabibashimire. Uwo ni Nyagasani Uhoraho ubivuze.»


Naho abaherezabitambo b’Abalevi, ari bo bene Sadoki, batahemutse ku murimo wabo mu Ngoro yanjye igihe Abayisraheli bari barayobye, ni bo bazanyegera bankorere — uwo ni Nyagasani Uhoraho ubivuze — bahagarare imbere yanjye banture ibinure n’amaraso.


ntabijyane ku muryango w’ihema ry’ibonaniro ngo abiture Uhoraho, ayo maraso aba yamennye aramuhama. Umuntu nk’uwo azacibwe mu muryango we.


Amaraso y’ibyo bitambo, umuherezabitambo, azayaminjagira ku rutambiro rw’Uhoraho ruri imbere y’ihema ry’ibonaniro. Ibinure na byo, umuherezabitambo azabitwika, bibe igitambo gifite impumuro yurura Uhoraho.


Ahantu hose amahanga mugiye kunyaga yasengeraga imana zabo, muzahasenye muhatsiratsize: haba ku misozi miremire, haba ku tununga cyangwa se mu nsi y’ibiti bitohagiye byose.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan