Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 17:4 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

4 ntabijyane ku muryango w’ihema ry’ibonaniro ngo abiture Uhoraho, ayo maraso aba yamennye aramuhama. Umuntu nk’uwo azacibwe mu muryango we.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

4 ntakijyane ku muryango w'ihema ry'ibonaniro ngo agitambirire Uwiteka imbere y'ubuturo bwe, uwo muntu azabazwa ayo maraso, azaba avushije amaraso akurwe mu bwoko bwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

4 atari mu rugo rw'Ihema ry'ibonaniro, ari iyo gutura Uhoraho imbere y'Ihema rye, azaryozwa amaraso y'itungo acibwe mu bwoko bwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

4 atari mu rugo rw'Ihema ry'ibonaniro, ari iyo gutura Uhoraho imbere y'Ihema rye, azaryozwa amaraso y'itungo acibwe mu bwoko bwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 17:4
30 Iomraidhean Croise  

Ariko utazagenywa wese, umwana w’umuhungu batazakuraho agahu ko ku mubirigabo we, uwo muntu azacibwe mu muryango wamubyaye, azaba yarishe Isezerano ryanjye.»


Hahirwa umuntu Uhoraho adahamya icyaha yakoze, n’umutima we ntugire uburiganya.


Uhoraho yungamo ati «Mu minsi irindwi, muzajya murya imigati idasembuye. Guhera ku munsi wa mbere, muzavane mu mazu yanyu icyitwa umusemburo cyose. Kandi nihagira urya umugati usembuye, kuva ku munsi wa mbere kugeza ku munsi wa karindwi, uwo azaba aciwe muri Israheli.


Mu minsi irindwi ntihazagire imisemburo iba mu mazu yanyu. Kandi nihagira urya umugati usembuye, uwo muntu azaba aciwe mu ikoraniro rya Israheli; yaba umusuhuke, yaba umwenegihugu.


Nihagira ugerageza gukora amavuta nk’ayo, cyangwa akayasiga ku muntu usanzwe, uwo nguwo azacibwa mu muryango we.»


Nihagira umuntu ukora undi nka wo, ngo awinukirize, azacibwa mu muryango we.»


Kugira ngo bature igitambo, bica ikimasa, ariko kandi bakica n’umuntu! Basogota umwana w’intama, bagahotora n’imbwa! Bahereza ituro, rikaba ari amaraso . . . y’ingurube! Bagira urwibutso rw’ububani, nyamara bakosa . . . ikigirwamana ! Koko rero, abo bantu bihimbiye inzira zabo bwite, bishimira kuguma mu mahano yabo.


Koko rero, umuryango wa Israheli wose uko wakabaye, uko bangana mu gihugu, uwo ni Nyagasani Uhoraho ubivuze, bazankorera bari ku musozi mutagatifu, ku musozi muremure wa Israheli; ni ho inzu ya Israheli yose izaba ituye mu gihugu izankorera. Aho ni ho nzongera kubakira kandi nkemera n'ibitambo byanyu, iby'ingenzi mu maturo yanyu n'ibintu mushaka kunyegurira byose.


Niba ashaka gutura igitambo gitwikwa cyo mu matungo maremare, azazane ikimasa kidafite inenge, maze agiturire ku muryango w’ihema ry’ibonaniro kugira ngo Uhoraho agishime;


Umuntu wese wo mu nzu ya Israheli cyangwa umunyamahanga ubatuyemo nibanywa amaraso, nzabarakarira maze mbace mu muryango wabo.


Impamvu ni uko, igihe cyose ikiremwa kiba kigihagaze, amaraso yacyo aba ari yo buzima bwacyo. Ni cyo gituma nabwiye Abayisraheli ko batazanywa amaraso y’ikiremwa icyo ari cyo cyose, kuko amaraso yacyo aba ari yo buzima bwacyo. Uzayanywa, azacibwe mu muryango we.


Hari ubwo umuntu wo mu nzu ya Israheli ashobora kwica ikimasa cy’inkone, umwana w’intama, cyangwa ihene. Iyo abyiciye mu ngando cyangwa inyuma yayo,


Bityo Abayisraheli, aho guturira amatungo yabo ku gasozi, bazajya bayashyikiriza umuherezabitambo ku muryango w’ihema ry’ibonaniro. Ayo matungo azaniwe Uhoraho rero, bazajya bayamuturaho igitambo cy’ubuhoro.


ntakijyane imbere y’ihema ry’ibonaniro kugira ngo akimurikire Uhoraho, uwo muntu nyine azacibwe mu muryango we.


Ariko rero, umuntu wese uzakora na rimwe muri ayo mahano, azacibwe mu muryango we.


Nihagira umugore wemera inyamaswa ikamusambanya, muzamwicane na yo, ni we uzaba yihamagariye urupfu.


Umugabo naryamana n’umugore uri mu mihango y’abakobwa, maze akamwambika ubusa, bombi bazacibwe mu muryango wabo; kubera ko uwo mugabo azaba yambitse ubusa isoko y’amaraso uwo mugore yavaga, n’uwo mugore ubwe akayambika ubusa.


Jyewe, nzarakarira uwo muntu, muce mu muryango we, kuko azaba yatuye Moleki umwe mu bana be, akanduza Ingoro yanjye, kandi agasuzugura izina ryanjye ritagatifu.


Arambike ikiganza ku mutwe w’icyo gitambo, akicire ku muryango w’ihema ry’ibonaniro, nuko abaherezabitambo ari bo bene Aroni bamishe amaraso yacyo impande zose z’urutambiro.


Nihagira umuntu urenga kuri ibyo, maze ku munsi wa gatatu akarya ku nyama z’igitambo cye cy’ubuhoro, icyo gihe, nta bwo icyo gitambo cyakwakiranwa ishimwe kandi n’uwagituye na we ntiyagishimirwa. Inyama zacyo ziba zanduye; uwaziryaho wese yaba yihamije icyaha.


Nuko Yezu ati «Ndababwira ukuri koko: ni jye rembo ry’intama.


Ni jye rembo; uzanyuraho yinjira azakizwa, azishyira yizane kandi abone urwuri.


Yezu aramusubiza ati «Ni jye Nzira, n’Ukuri n’Ubugingo. Nta we ugera kuri Data atanyuzeho.


Nk’uko Dawudi avuga amahirwe y’umuntu Imana iha kuba intungane kandi nta bikorwa, ati


Koko rero na mbere y’uko amategeko atangazwa, icyaha cyariho mu nsi, n’ubwo nta we cyahama iyo nta mategeko ariho.


Amategeko yaje agwiza icyaha, ariko aho icyaha cyakwiriye, ineza yarushijeho kuhasendera


Uhoraho, babarira Israheli umuryango wawe wacunguye, kandi ntiwemere ko amaraso y’utacumuye amenekera muri Israheli umuryango wawe.» Ubwo rero bazaba bakijijwe inzigo y’amaraso.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan