Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 17:10 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

10 Umuntu wese wo mu nzu ya Israheli cyangwa umunyamahanga ubatuyemo nibanywa amaraso, nzabarakarira maze mbace mu muryango wabo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

10 “Kandi umuntu wese wo mu nzu ya Isirayeli, cyangwa wo mu banyamahanga babasuhukiyemo, urya amaraso y'uburyo bwose, nzahoza igitsure cyanjye kuri uwo muntu uriye amaraso, mukure mu bwoko bwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

10 Umwisiraheli wese cyangwa umunyamahanga utuye muri bo unywa amaraso cyangwa urya inyama zirimo amaraso, Uhoraho azamuhana amuce mu Bisiraheli.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

10 Umwisiraheli wese cyangwa umunyamahanga utuye muri bo unywa amaraso cyangwa urya inyama zirimo amaraso, Uhoraho azamuhana amuce mu Bisiraheli.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 17:10
25 Iomraidhean Croise  

Icyakora ntimuzarye inyama ikifitemo ubuzima, ari yo maraso.


Aravuga ati «Uhoraho arandinde gukora kuri aya mazi! Aya ni amaraso y’abantu bahaze amagara yabo, bakajya hariya hantu!» Nuko yanga kuyanywa. Ibyo ni byo byakozwe na ba bagabo b’intwari uko ari batatu.


Amaso y’Uhoraho ayahoza ku bantu b’intungane, amatwi ye agahora yitaye ku maganya yabo.


Nihagira ugerageza gukora amavuta nk’ayo, cyangwa akayasiga ku muntu usanzwe, uwo nguwo azacibwa mu muryango we.»


Ni koko, ubu ngiye guhindukirana uyu mugi, nywugirire nabi aho kuwugirira neza — uwo ni Uhoraho ubivuze — uzagabizwe umwami w’i Babiloni, awutwike.’»


None rero, Uhoraho Umugaba w’ingabo, Imana ya Israheli avuze atya: Ngiye kubahagurukira, mbagirire nabi, kandi ntsembe Yuda yose uko yakabaye.


Nzamwirengagiza mugire akarorero n’iciro ry’imigani, nzamuca mu muryango wanjye maze muzamenye ko ndi Uhoraho.


Naraboroheye bibwira ko barokotse umuriro, nyamara undi muriro uzabatwika; maze muzamenye ko ndi Uhoraho, igihe nzaba nabazinutswe.


Babwire rero uti ‘Dore uko Nyagasani Uhoraho avuze: Muraryana inyama n’amaraso yazo, murubura amaso mukitegereza ibigirwamana byanyu, mukamena amaraso, none ngo muzatunga iki gihugu?


ya mahano mwakoze mwinjiza abanyamahanga batagenywe ku mutima no ku mubiri mu Ngoro yanjye, bakayijyamo kandi bakayandavuza, mugasangira na bo ikinure n’amaraso byanyeguriwe, mukica mutyo Isezerano ryanjye kubera ayo mahano vose!


Impamvu y’ibyo ni uko ubuzima bw’ikiremwa buba mu maraso yacyo; kandi rero jyewe ayo maraso narayabahaye kugira ngo mukorere ku rutambiro umuhango wo kurokora ubuzima bwanyu.


Ntimuzagire icyo murya kirimo amaraso. Muzirinde kuragura cyangwa gushika.


Nzabakuraho amaso n’umutima, maze abanzi banyu bazabiganzure. Abanzi banyu bazabakandamiza, maze mujye muhunga nta we ubirukanye.


Iryo ni itegeko ridakuka kuri mwebwe, kuva mu gisekuru kugera mu kindi, aho muzaba mutuye hose. Icyitwa ikinure cyose, hamwe n’icyitwa amaraso cyose, ntimuzabirye.»


Nibitegeza abanzi babo ngo babagire imbohe, nzabategeza inkota ibicire aho. Nzabagenzaho ijisho, atari icyiza mbashakira ahubwo ari ikibi.»


Ahubwo tubandikire gusa ngo birinde guhumanywa n’ibigirwamana n’ubukozi bw’ibibi, birinde kandi kurya inyamaswa zanizwe, n’amaraso.


mwirinde kurya inyama zatambiwe ibigirwamana, n’amaraso, n’inyama z’inyamaswa zanizwe, mwirinde n’ubukozi bw’ibibi. Nimureka gukora ibyo, muzaba mugenjeje neza. Nimugire amahoro!»


Cyakora, ntimuzarye amaraso: muzayavushirize ku butaka nk’abamena amazi.


Icyakora, uramenye uzirinde kurya amaraso, kuko amaraso ari yo buzima; ntuzaryane rero inyama n’ubuzima bwazo.


Gusa rero uzirinde kurya amaraso yabwo, ahubwo uzayavushirize ku butaka nk’uko bamena amazi.


Bizagendekera bite rero uzaba asuzuguye Umwana w’Imana, akandavuza amaraso y’Isezerano ry’Imana yamutagatifuje, kandi agatuka Roho Nyir’ingabire? Nimwiyumvishe ukuntu igihano azaba akwiye kizarushaho kuba gikaze.


baherako biyahura ku minyago. Bafata amatungo magufi, ibimasa n’inyana, babisogotera ku butaka maze babiryana amaraso.


Baza kubwira Sawuli, bati «Dore rubanda bacumuye kuri Uhoraho, kuko baryana inyama n’amaraso!» Sawuli aravuga ati «Muri abagambanyi! Ngaho nimuhirike ibuye rinini murinzanire hano!»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan