Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 16:2 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 Uhoraho nyine abwira Musa, ati «Umenyeshe umuvandimwe wawe Aroni ko atagomba kwinjira mu Ngoro yanjye igihe ashakiye cyose, ngo arenge umubambiko uteganye n’urwicurizo ruri hejuru y’ubushyinguro bw’Isezerano. Ibyo bizamurinda gupfa igihe nzigaragariza mu gicu hejuru y’urwicurizo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 Uwiteka abwira Mose ati “Bwira Aroni mwene so, ye kujya yinjira igihe ashakiye cyose Ahera ho hirya y'umwenda ukinze, imbere y'intebe y'ihongerero iri ku isanduku yera adapfa, kuko nzabonekera ku ntebe y'ihongerero, ndi muri cya gicu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 “Bwira mukuru wawe Aroni ye kujya arenga umwenda ukingirije Icyumba kizira inenge cyane ngo yinjiremo uko ashatse, kuko mboneka mu gicu kiri hejuru y'igipfundikizo cy'Isanduku. Aroni nadakurikiza ayo mabwiriza na we azapfa.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 “Bwira mukuru wawe Aroni ye kujya arenga umwenda ukingirije Icyumba kizira inenge cyane ngo yinjiremo uko ashatse, kuko mboneka mu gicu kiri hejuru y'igipfundikizo cy'Isanduku. Aroni nadakurikiza ayo mabwiriza na we azapfa.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 16:2
26 Iomraidhean Croise  

Arongera yubaka urukuta mu mbere rw’imikono makumyabiri, arwubakisha imbaho z’amasederi kuva hasi kugera ku gisenge; imbere yubakamo icyumba gitagatifu rwose ari ho ahantu heguriwe Imana.


Abaherezabitambo bajyana Ubushyinguro bw’Isezerano ry’Uhoraho mu mwanya bwagenewe, mu cyumba gitagatifu rwose cy’Ingoro, ari ho hantu heguriwe Imana, mu nsi y’amababa y’abakerubimu.


maze abaherezabitambo ntibaba bagishoboye guhagarara mu Ngoro kugira ngo batunganye umurimo wabo bitewe n’icyo gihu, kuko Ingoro y’Imana yari yuzuwemo n’ikuzo ry’Uhoraho.


Byongeye, Aroni azakorere umuhango wo guhongerera ibyaha, ku mahembe y’urutambiro rimwe mu mwaka. Azajye arusukura akoresheje amaraso y’igitambo gihongerera ibyaha, rimwe mu mwaka, uko ibihe bigenda bisimburana iteka. Urwo rutambiro ruzabera Uhoraho ahantu hatagatifu rwose.»


Uwo mubavu azawutwikira imbere y’Uhoraho, maze igicu cy’umwotsi wawo gitwikire urwicurizo ruri hejuru y’ubushyinguro bw’Isezerano.


Iryo ni itegeko ridakuka ryerekeye umuhango ugamije guhanagura ibyaha byose by’Abayisraheli. Uwo muhango nyine, ukorwa rimwe mu mwaka.» Abayisraheli bubahirije ibyo Uhoraho yari yarategetse Musa.


«Dore ibyo uzamenyesha Abayisraheli: Umunsi wa cumi w’uko kwezi kwa karindwi, ni umunsi mukuru w’imbabazi. Muzahamagaza ikoraniro ritagatifu, mwirinde kurya, kandi muture Uhoraho igitambo cy’ibiribwa bikongokeye Uhoraho burundu.


Muzaguma imbere y’umuryango w’ihema ry’ibonaniro umunsi n’ijoro, mumare iminsi irindwi. Hanyuma, muzashobora gutunganya imirimo y’Uhoraho mutikanga urupfu. Ayo ni yo mategeko nahawe.»


«Nimwitandukanye na ririya koraniro, ngiye kuririmbura mu mwanya muto!» Bikubita hasi bubika umutwe ku butaka,


Wowe n’abahungu bawe muzakora imirimo y’ubuherezabitambo, ari iyo ku rutambiro cyangwa iy’inyuma y’umubambiko; kandi muzayitunganye neza. Mbahaye kuba abaherezabitambo, ni wo murimo mbashinze. Utari uwo muri mwe uzabyivangamo azicwe.


Ahubwo muzabagenzereze mutya kugira ngo igihe bazegera ahantu hatagatifu rwose, bazarokoke be kuzapfa: Aroni n’abahungu be bazahagarika buri Mukehati iruhande rw’umuzigo we, hafi y’icyo agomba kwikorera.


Ingando nijya guhaguruka, Aroni n’abahungu be bazamanura umwenda w’umubambiko, maze bawutwikirize ubushyinguro bw’Isezerano.


Ni bwo umubambiko wo mu Ngoro y’Imana utanyutsemo kabiri, kuva hejuru kugeza hasi; isi ihinda umushyitsi, ibitare biriyasa.


Ayo mizero ni nk’inkingi umutima wacu wegamiye, kandi akaba ari yo atugeza hirya y’umubambiko,


Kandi ntiyagombaga kwitamba ubwe incuro nyinshi, nk’uko umuherezabitambo mukuru yinjiranaga buri mwaka ahatagatifu rwose amaraso atari aye.


Hirya y’umubambiko wa kabiri hakaba icyumba cyitwa ahatagatifu rwose,


Hejuru y’Ubushyinguro hakaba Abakerubimu b’ikuzo batwikiriye urwicurizo. Ariko si igihe cyo kuvuga umwirondoro w’ibyo byose.


Nuko Ingoro y'Imana yuzura umwotsi, utewe n’ikuzo ry’Imana n’ububasha bwayo. Ntihagira n’umwe ushobora kwinjira mu Ngoro y'Imana, kugeza ubwo bya byorezo birindwi byazanywe n’abamalayika barindwi birangira.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan