Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 16:18 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

18 Nyuma y’ibyo, asohoka yerekeza ku rutambiro ruri imbere y’Uhoraho maze akarukoreraho umuhango wo kurusukura. Afata ku maraso y’ikimasa no ku maraso y’isekurume y’ihene, akayasiga ku mahembe y’urutambiro hirya no hino.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

18 Kandi asohoke ajye ku gicaniro cy'imbere y'Uwiteka agihongerere, yende ku maraso ya cya kimasa no ku ya ya hene, ayashyire ku mahembe y'igicaniro impande zose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

18 Hanyuma asohoke ajye ku rutambiro ruri imbere y'Ihema ry'Uhoraho, afate ku maraso y'ikimasa n'ay'isekurume y'ihene, ayasīge ku mahembe ari mu nguni zarwo kugira ngo aruhumanure.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

18 Hanyuma asohoke ajye ku rutambiro ruri imbere y'Ihema ry'Uhoraho, afate ku maraso y'ikimasa n'ay'isekurume y'ihene, ayasīge ku mahembe ari mu nguni zarwo kugira ngo aruhumanure.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 16:18
14 Iomraidhean Croise  

Byongeye, Aroni azakorere umuhango wo guhongerera ibyaha, ku mahembe y’urutambiro rimwe mu mwaka. Azajye arusukura akoresheje amaraso y’igitambo gihongerera ibyaha, rimwe mu mwaka, uko ibihe bigenda bisimburana iteka. Urwo rutambiro ruzabera Uhoraho ahantu hatagatifu rwose.»


Uzafate ku maraso y’ako kamasa uyasige ku mahembe uko ari ane, ku maguni ane y’urutambiro no ku muguno urukikije, bityo uzabe urukijije icyitwa ubwandu cyose kandi uruhumanuye.


Ku munsi ukurikiyeho, uzature isekurume itagira inenge ho igitambo cy’impongano y’ibyaha, urutambiro ruzabe rukijijwe rutyo ubwandu nk’uko babigenjeje kuri cya kimasa.


Umuherezabitambo azafate ku maraso yako, ayasige ku nkomanizo z’umuryango w’Ingoro, ku maguni ane y’igisasiro cyo hasi y’urutambiro no ku nkomanizo z’umuryango w’igikari cy’imbere.


Ingoro na yo azayikoreraho umuhango utuma Abayisraheli bababarirwa ukwivumbura kwabo n’ibicumuro byabo, mbese ibyaha byabo byose. Uko ni ko azagenzereza n’ihema ry’ibonaniro, kuko riba hagati y’abayisraheli b’abanyabyaha.


Igihe umuherezabitambo yinjiye mu Ngoro kugira ngo ayikorere umuhango wo kuyisukura, nta muntu ugomba kuba ari mu ihema ry’ibonaniro, kugeza ubwo wa muherezabitambo nyine asohotse. Iyo akiriyo, akora umuhango wo guhanagura icyaha kuri we ubwe, ku nzu ye, no ku muryango wose w’Abayisraheli.


Hanyuma azafate kuri ayo maraso, ayasige ku mahembe y’urutambiro ruri imbere y’Uhoraho mu ihema ry’ibonaniro, andi asigaye yose, ayasese mu nsi y’urutambiro rw’ibitambo bitwikwa ruri ku muryango w’ihema ry’ibonaniro.


Nuko, umuherezabitambo azakoze urutoki mu maraso y’icyo gitambo cy’impongano y’icyaha, ayasige ku mahembe y’urutambiro rw’ibitambo bitwikwa, hanyuma andi asigaye yose ayasese mu nsi y’urutambiro rw’ibitambo bitwikwa.


Hanyuma, umuherezabitambo afate kuri ayo maraso, ayasige ku mahembe y’urutambiro rw’imibavu imbere y’Uhoraho, mu ihema ry’ibonaniro, andi maraso asigaye yose y’ikimasa ayasese hasi y’urutambiro rw’ibitambo bitwikwa ruri ku muryango w’ihema ry’ibonaniro.


Muzongereho kandi isekurume y’ihene ituweho igitambo cy’impongano y’icyaha, kugira ngo mukore umuhango ubahanaguraho icyaha.


kandi ndakwiyeguriye ubwanjye ari bo ngirira, kugira ngo na bo babe abakwiyeguriye mu kuri.


Koko rero utagatifuza n’abatagatifujwe basangiye inkomoko, bigatuma adashidikanya kubita abavandimwe,


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan