Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 15:5 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

5 Uzakora kuri ubwo buriri azamese imyambaro ye, yiyuhagire mu mazi, kuko aba yanduye kugeza nimugoroba.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

5 Kandi umuntu wese ukoze ku buriri bwe, amese imyenda ye yiyuhagire, abe ahumanye ageze nimugoroba.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

5 Ukoze kuri ubwo buriri ajye amesa imyambaro ye kandi yiyuhagire, yirirwe ahumanye kugeza nimugoroba.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

5 Ukoze kuri ubwo buriri ajye amesa imyambaro ye kandi yiyuhagire, yirirwe ahumanye kugeza nimugoroba.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 15:5
31 Iomraidhean Croise  

Nkaraba ibiganza byanjye, mpamya ko ndi umwere, kugira ngo mbone ubwegera urutambiro rwawe, Uhoraho,


Yerekeranye n’ibyabaye igihe umuhanuzi Natani amusanze iwe, Dawudi amaze gusambanya Betsabe.


Dore jyeweho navutse ndi umunyabyaha, kandi mama yansamanye igicumuro.


Uhoraho abwira Musa, ati «Genda usange rubanda maze ubatunganye none n’ejo; bamese imyambaro yabo.


Nimwiyuhagire, mwisukure, nimumvane imbere ibikorwa bibi byanyu, kandi muherukire aho kugira nabi!


Nyamara, dore ibyo namenyeshejwe n’Uhoraho, Umugaba w’ingabo: «Noneho ubwo mutapfuye, icyo cyaha ntimuzakibabarirwa.» Nyagasani Uhoraho, Umugaba w’ingabo arabirahiriye.


Nzabuhagiza amazi asukuye maze mube abasukure; mbahanagureho ubwandure bwanyu bwose muce ukubiri n’ibigirwamana byanyu byose.


Nzabakiza ubwandu bwanyu bwose. Nzameza ingano kandi nzigwize, sinzongera kubicisha inzara ukundi.


Izo nyamaswa zose rero zirahumanya; uzakora ku ntumbi yazo azaba yanduye kugeza nimugoroba.


Uzaterura intumbi yazo wese, azamese imyenda ye, kuko azaba yanduye kugeza nimugoroba.


Uzaterura intumbi yazo wese, azamese imyenda ye, kuko aba yahumanye kugeza nimugoroba.


Igikoresho cyose intumbi yatwo izagwaho, kizaba cyanduye. Cyaba igikoresho cyo mu giti, umwambaro, uruhu se cyangwa isaho, mbese igikoresho icyo ari cyo cyose, ibyo byose bizogeshwa amazi kuko biba byanduye kugeza nimugoroba. Nyuma y’ibyo, ni ho bizaba bisukuye.


Ku munsi wa karindwi, umuherezabitambo asuzuma ibyo bihushi. Iyo bitasatiriye undi mubiri cyangwa ngo bicengere imbere mu ruhu, umuherezabitambo atangaza ko uwo muntu atanduye. Uwo murwayi na we iyo amaze kumesa imyenda ye, ubwo aba asukuye.


Ku munsi wa karindwi umuherezabitambo amusuzuma bundi bushya. Iyo asanze uburwayi bwasibanganye, butakomeje ngo busatire undi mubiri, ubwo riba ryari isekera. Umuherezabitambo rero ahita atangaza ko uwo muntu adahumanye. Ubwo na we amesa imyambaro ye, maze akaba asukuwe.


Ayo mavuta yo ku rushyi rw’ibumoso, umuherezabitambo ayakozamo urutoki rw’ikiganza cy’iburyo, maze akayaminjagira incuro ndwi imbere y’Uhoraho.


Umugore naryamana n’umugabo, baziyuhagire kuko baba banduye kugeza nimugoroba.


Uburiri bwose uwo mugabo azaba yaryamyeho, buzaba bwanduye. Ubundi kandi ikintu cyose uwo muntu azicaraho kizaba cyanduye.


Uzicara ku kintu cyose uninda igitsina yicayeho, azamese imyambaro ye, yiyuhagire mu mazi, kuko aba yanduye kugeza nimugoroba.


Umuntu uzaba yayoboye ya sekurume y’ihene igenewe Azazeli mu butayu, na we azamese imyambaro ye, yiyuhagire mu mazi, maze abone gusubira mu ngando.


Uzabitwika na we azamese imyambaro ye, yiyuhagire mu mazi, maze abone gusubira mu ngando.


Umuntu wese, yaba umunyagihugu kavukire cyangwa umunyamahanga, narya itungo ryapfuye cyangwa ryatanyaguwe n’inyamaswa zo mu ishyamba, azamese imyambaro ye, yiyuhagire mu mazi kuko aba yanduye kugeza nimugoroba. Hanyuma, azaba asukuwe.


Uzaba yayoye ivu rya ya nka na we azamesa imyambaro ye, kandi agumane uguhumana kwe kugeza ku mugoroba. Ibyo bizaba itegeko ridakuka ku Bayisraheli, no ku munyamahanga utuye iwabo.


Icyo umuntu uhumanijwe azakoraho cyose, kizaba cyanduye, kandi umuntu uzakora kuri icyo kintu azaba ahumanijwe kugeza nimugoroba.


Nitumwegerane rero umutima ugororotse n’ukwemera guhamye, dufite umutima wakijijwe inkeke yose y’icyaha n’umubiri wuhagijwe amazi asukuye.


nk’amaraso ya Kristu wituye Imana ho igitambo kitagira inenge ku bwa Roho Uhoraho, yo azarushaho ate gusukura umutima wacu, awukiza ibikorwa bitera urupfu, ngo dushobore gusingiza Imana Nzima?


Iyo biba ibyo, Kristu aba yaragombye kubabara incuro nyinshi kuva isi ikiremwa. Mu by’ukuri, yahingutse rimwe rizima, ibihe byuzurijwe, kugira ngo icyaha agihanagurishe igitambo cye.


Nimwegere Imana, na yo izabegera. Banyabyaha, nimusukure ibiganza byanyu; namwe bantu b’imberabyombi, musukure imitima yanyu!


Ndamusubiza nti «Shobuja, ni wowe wabimenya!» Na we arambwira ati «Aba bavuye mu magorwa akaze, bameshe amakanzu yabo, bayezereza mu maraso ya Ntama.


Uwo munsi umwami ntiyagira icyo avuga, kuko yibwiraga ati «Wenda hari icyamugwiririye, cyangwa se birashoboka ko yabonye adatunganye.»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan