Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 14:8 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

8 Ushaka kwisukura na we, azamesa imyambaro ye, yogoshe ubwoya bwose afite, yiyuhagire mu mazi, maze abe asukuwe. Nyuma azasubira mu ngando, ariko amare iminsi irindwi atarinjira mu ihema rye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

8 Maze uhumanurwa amese imyenda ye, yiyogosheshe umubiri wose yiyuhagire abe ahumanuwe, abone kugaruka mu ngando zanyu ariko amare iminsi irindwi aba hanze y'ihema rye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

8 Uwahumanuwe amese imyambaro ye, yiyogosheshe umubiri wose, yiyuhagire maze abe ahumanutse, bityo yinjire mu nkambi, ariko amare iminsi irindwi atarasubira mu ihema rye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

8 Uwahumanuwe amese imyambaro ye, yiyogosheshe umubiri wose, yiyuhagire maze abe ahumanutse, bityo yinjire mu nkambi, ariko amare iminsi irindwi atarasubira mu ihema rye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 14:8
19 Iomraidhean Croise  

Umwami Hoziya akomeza kubemba kugeza ubwo atanze. Muri icyo gihe cyose yari arwaye ibibembe bamuhaye akato atura mu nzu ye ya wenyine, acibwa mu Ngoro y’Uhoraho. Ubwo umuhungu we Yotamu wari ushinzwe iby’ingoro y’umwami, aba ari we utegeka igihugu.


Uhoraho abwira Musa, ati «Genda usange rubanda maze ubatunganye none n’ejo; bamese imyambaro yabo.


Nuko Musa amanuka umusozi asanga imbaga. Atunganya imbaga; bamesa imyambaro yabo.


Uzaterura intumbi yazo wese, azamese imyenda ye, kuko azaba yanduye kugeza nimugoroba.


maze akakimurikira ku rutambiro hamwe n’ituro ry’ifu. Umuherezabitambo arangiza akorera ku wisukurisha umuhango wo kumuhanaguraho ubwandure, maze akaba asukuwe.


Ku munsi wa karindwi, azogosha ubwoya bwose afite, ku mutwe, ku kananwa no ku bitsike by’amaso. Azamesa kandi imyambaro ye, yiyuhagire mu mazi, maze abe asukuwe.


Iyo ndwara yo kuninda igitsina nikira, uwo mugabo azabare iminsi irindwi, nuko kuri uwo wa karindwi amese imyambaro ye, yiyuhagire amazi yo mu isoko, bityo abe asukuwe.


Musa yigiza hino Aroni n’abahungu be, maze abuhagiza amazi.


Niba hari umuntu umuguye iruhande azize urupfu rw’impanuka, akamwanduriza ikimenyetso gitagatifu cyo ku mutwe we, aziyogoshesha ku munsi wa karindwi, ari wo munsi wo kwisukura kwe.


Uzabagenzereza utya kugira ngo ubasukure: Uzabasukeho amazi yo kubahanaguraho icyaha, na bo banyuze urwogosho ku mubiri wose, bamese kandi n’imyenda yabo, bisukure.


uzamujyane iwawe mu nzu, maze yiyogosheshe umusatsi, ace inzara,


Ayo mazi yagenuraga batisimu ibakiza ubu ngubu: ariko atari iyuhagira ubwandure bw’umubiri, ahubwo ya yindi ibaha kugana Imana mufite umutima utunganye, ikabakirisha izuka rya Yezu Kristu,


Ndamusubiza nti «Shobuja, ni wowe wabimenya!» Na we arambwira ati «Aba bavuye mu magorwa akaze, bameshe amakanzu yabo, bayezereza mu maraso ya Ntama.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan