Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 13:3 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

3 Umuherezabitambo asuzume iyo ndwara yo ku mubiri. Niba ubwoya bwo muri icyo gisebe bwererana, kandi kikaba kirigita mu mubiri, azamenye ko ari ibibembe. Umuherezabitambo namara kumusuzuma, azatangaza ko uwo muntu yahumanye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

3 Umutambyi asuzume umuze wo ku mubiri we, niba ubwoya bw'aho uwo muze uri buhindutse umweru akawubona nk'ugeze munsi y'uruhu, uwo muze uzaba ari ibibembe. Uwo mutambyi amusuzume avuge ko ahumanye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

3 Umutambyi ajye asuzuma ubwo burwayi, nasanga buri imbere mu mubiri, cyangwa ubwoya bwaho ari umweru, izaba ari indwara y'uruhu yanduza, umutambyi ajye atangaza ko uwo muntu yahumanye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

3 Umutambyi ajye asuzuma ubwo burwayi, nasanga buri imbere mu mubiri, cyangwa ubwoya bwaho ari umweru, izaba ari indwara y'uruhu yanduza, umutambyi ajye atangaza ko uwo muntu yahumanye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 13:3
29 Iomraidhean Croise  

Nuko agenda yimuka, ava muri Negevu yerekeza i Beteli. Agera ahantu yari yarigeze gucumbika, hagati ya Beteli na Hayi.


Mbega ukuntu uba ufite umutima utari hamwe, uwo ni Nyagasani Uhoraho ubivuze, iyo uhihibikana mu mirimo y’uburaya!


Bazigisha umuryango wanjye gutandukanya icyeguriwe Imana n’ikitarayeguriwe; babamenyeshe itandukanyirizo ry’ikitahumanye n’icyahumanye.


Abanyamahanga barayinyunyuza imitsi, ariko yo nta cyo ibiziho! Ndetse n’umutwe wayo wameze imvi, nyamara yo ntibimenya!


Ibyo byose ni ukugira ngo muzashobore gutandukanya ibintu bitagatifu n’ibitari byo, ibyahumanye n’ibyahumanuwe,


maze amusuzume. Nasanga ku mubiri we inyama zanamye mu kibyimba cyererana, kandi ubwoya bwarahindutse umweru,


«Ku mubiri w’umuntu nihavukaho ikibyimba, amahumane cyangwa isekera, maze bikamuviramo indwara yo mu bwoko bw’ibibembe, bazamushyikirize umuherezabitambo Aroni, cyangwa undi muherezabitambo mu bahungu be.


uwo muntu nyine azisuzumishe ku muherezabitambo. Iryo bara niba ryaracengeye mu mubiri kandi n’ubwoya bwarahindutse umweru, umuherezabitambo azatangaza ko uwo muntu yanduye. Izaba ari indwara y’ubwoko bw’ibibembe itangiye gusesa ahahoze hari ikibyimba.


Iyo ku mubiri hari ibara ryera, ariko uruhu rutarigise mu nyama kandi n’ubwoya butahindutse umweru, umuherezabitambo aha uwo murwayi akato mu gihe cy’iminsi irindwi.


azongere yisuzumishe ku muherezabitambo bundi bushya. Isekera rero niriba ryarasatiriye undi mubiri, bizaba ari ibibembe. Ubwo umuherezabitambo azatangaza ko uwo muntu yanduye.


Nasanga bisa n’ibicengera mu rukuta, kandi byariyashijemo imitutu y’icyatsi kibisi cyangwa itukura,


Ayo ni yo mategeko yerekeye indwara zose zo mu bwoko bw’ibibembe; ari urushimba,


ari ikibyimba, amahumane cyangwa isekera.


Nanone kandi umuntu nakora ku kintu cyandujwe n’undi muntu atabizi — ku kintu cyose gihumanya — maze akaza kubimenya, azaba ahindutse umunyacyaha.


«Uhoraho, Umugaba w’ingabo, avuze atya: Sanga abaherezabitambo bagusobanurire iki kibazo gikurikira:


Ni koko, iminwa y’umuherezabitambo ishinzwe kwita ku bumenyi, kandi n’inyigisho zigashakirwa mu kanwa ke, kuko ari we ntumwa y’Uhoraho, Umugaba w’ingabo.


Nzaguha imfunguzo z’Ingoma y’ijuru: icyo uzaba waboshye mu nsi, kizabohwa no mu ijuru; n’icyo uzaba wabohoye mu nsi, kizabohorwa no mu ijuru.»


Abo muzakiza ibyaha bazabikizwa, abo mutazabikiza bazabigumana.»


Murimenye rero ubwanyu, mumenye n’ubushyo mwaragijwe na Roho Mutagatifu, mube abashumba ba Kiliziya y’Imana, Yezu yacunguje amaraso ye bwite.


Twavuga iki rero? Ko amategeko ari yo cyaha? Oya ntibikabe! Ariko sinari kumenya icyaha ntabihawe n’amategeko. Simba naramenye irari iyo amategeko atavuga ngo «Ntuzararikire ikibi.»


Abo ni nka ba Himene na Alegisanderi nashumurije Sekibi, kugira ngo bamenyereho kutazongera gutuka Imana ukundi.


Naho abagiranabi n’abahendanyi, bo ntibazabura kugenda barushaho gukora nabi ubudahwema bataretse guhenda abandi no guhendwa ubwabo.


Nimuzirikane abayobozi banyu, ababamenyesheje Ijambo ry’Imana; mwitegereze uko barangije ubutumwa bwabo, maze mukurikize ukwemera kwabo.


Abana be nzabagabiza urupfu, maze Kiliziya zose zimenye ko ari jyewe usesengura imitima n’impyiko, kandi ko nzitura buri wese nkurikije ibikorwa bye.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan