Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 13:2 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 «Ku mubiri w’umuntu nihavukaho ikibyimba, amahumane cyangwa isekera, maze bikamuviramo indwara yo mu bwoko bw’ibibembe, bazamushyikirize umuherezabitambo Aroni, cyangwa undi muherezabitambo mu bahungu be.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 “Umuntu nagira ku mubiri we ikibyimba cyangwa igikoko, cyangwa ibara ry'amera, kigahinduka ku mubiri we nk'umuze w'ibibembe, bamuzanire Aroni umutambyi cyangwa umwe mu batambyi bene Aroni.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 Umuntu nagira ikibyimba cyangwa ibisekera cyangwa amahumane ku mubiri, bishobora kumuviramo indwara y'uruhu yanduza, bajye bamushyira umutambyi Aroni cyangwa undi mutambyi umukomokaho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 Umuntu nagira ikibyimba cyangwa ibisekera cyangwa amahumane ku mubiri, bishobora kumuviramo indwara y'uruhu yanduza, bajye bamushyira umutambyi Aroni cyangwa undi mutambyi umukomokaho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 13:2
23 Iomraidhean Croise  

Ahubwo azahame Yowabu n’umuryango we wose! Ntihazagire ubwo habura mu nzu ya Yowabu, abantu bafatwa n’ibisebe bininda amaraso, ibibembe, abanyantege nke, abicwa n’inkota cyangwa ababura ibyo kurya!»


Nahamani, umugaba w’ingabo z’umwami wa Aramu, yari umuntu wemerwa cyane na shebuja, ari umutoni we, kuko ari we Uhoraho yakoresheje agaha Aramu gutsinda. Ariko uwo mugabo w’intwari yari umubembe.


kandi ugiye gufatwa n’ibibembe bya Nahamani, ukazabirwara wowe n’urubyaro rwawe bikababaho akarande?» Gehazi atandukana na Elisha, maze umubiri we ugenda wera nk’urubura kubera ibibembe.


Kuva mu bworo bw’ikirenge kugera ku mutwe, nta hakiri hazima: ahubwo ni inguma nsa, ibisebe, ibikomere bivirirana, bitarakandwa, bitarapfukwa cyangwa ngo byogeshwe amavuta.


Nyagasani azateza ibihushi imitwe y’abakobwa b’i Siyoni, maze bimyore uruhanga rwabo.


Uhoraho abwira Musa na Aroni, ati


Umuherezabitambo asuzume iyo ndwara yo ku mubiri. Niba ubwoya bwo muri icyo gisebe bwererana, kandi kikaba kirigita mu mubiri, azamenye ko ari ibibembe. Umuherezabitambo namara kumusuzuma, azatangaza ko uwo muntu yahumanye.


azongere yisuzumishe ku muherezabitambo bundi bushya. Isekera rero niriba ryarasatiriye undi mubiri, bizaba ari ibibembe. Ubwo umuherezabitambo azatangaza ko uwo muntu yanduye.


maze na we amusohokane kure y’ingando, abe ariho amusuzumira. Uwo muntu umaze gukira indwara yo mu bwoko bw’ibibembe, agashaka kwisukura,


nyiri iyo nzu nyine azajya kubimenyesha umuherezabitambo. Azamubwira ati «Nabonye ibibara bisa n’iby’ibibembe mu nzu yanjye.»


ari ikibyimba, amahumane cyangwa isekera.


Ni koko, iminwa y’umuherezabitambo ishinzwe kwita ku bumenyi, kandi n’inyigisho zigashakirwa mu kanwa ke, kuko ari we ntumwa y’Uhoraho, Umugaba w’ingabo.


Agacu karazimira hejuru y’ihema ry’ibonaniro, naho Miriyamu we aba yasheshe ibibembe byererana nk’urubura. Aroni arahindukira areba Miriyamu asanga yafashwe n’ibibembe.


Ndagusabye Miriyamu ye guhinduka nk’umwana wapfuye akivuka, agasohoka mu nda ya nyina umubiri we waraboze igihande kimwe!»


Nuko Yezu aramubwira ati «Uramenye ntugire uwo ubibwira, ahubwo genda, wiyereke umuherezabitambo kandi utange ituro ryategetswe na Musa ngo ribabere icyemezo cy’uko wakize.»


amubwira ati «Uramenye ntugire uwo ubibwira, ahubwo genda, wiyereke umuherezabitambo kandi uture ibyo Musa yategetse abahumanuwe, maze bibabere icyemezo cy’uko wakize.»


Ababonye, arababwira ati «Nimujye kwiyereka abaherezabitambo.» Bakiri mu nzira barakira.


Nuko amubuza kugira uwo abibwira, agira ati «Ahubwo genda, wiyereke umuherezabitambo, kandi uture ibyo Musa yategetse abahumanuwe, maze bibabere icyemezo cy’uko wakize.»


Uzirinde indwara z’ibibembe, witondera kureba neza no gukurikiza ibyo abaherezabitambo b’Abalevi bazabigisha byose. Muzitondere gukora mukurikije amabwiriza nabahaye.


Uhoraho azaguteza ibishyute, nka bya bindi byo mu Misiri; kimwe n’amasazi, n’ubuheri, n’uburyaryate utazigera ukira.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan