Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 11:32 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

32 Igikoresho cyose intumbi yatwo izagwaho, kizaba cyanduye. Cyaba igikoresho cyo mu giti, umwambaro, uruhu se cyangwa isaho, mbese igikoresho icyo ari cyo cyose, ibyo byose bizogeshwa amazi kuko biba byanduye kugeza nimugoroba. Nyuma y’ibyo, ni ho bizaba bisukuye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

32 Kandi ikintu cyose intumbi yabyo iguyeho kizaba gihumanye, kandi naho cyaba ikintu cyabajwe mu giti, cyangwa umwambaro cyangwa uruhu, cyangwa isaho cyangwa ikindi kintu cyose gikoreshwa umurimo wose gikwiriye gushyirwa mu mazi, kibe gihumanye kigeze nimugoroba, ni bwo kizaba gihumanutse.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

32 Intumbi yako iyo iguye ku gikoresho icyo ari cyo cyose, cyaba icy'igiti cyangwa icy'umwenda cyangwa icy'uruhu, iragihumanya. Mujye mucyoza kiba gihumanye kugeza nimugoroba, hanyuma kigahumanuka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

32 Intumbi yako iyo iguye ku gikoresho icyo ari cyo cyose, cyaba icy'igiti cyangwa icy'umwenda cyangwa icy'uruhu, iragihumanya. Mujye mucyoza kiba gihumanye kugeza nimugoroba, hanyuma kigahumanuka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 11:32
12 Iomraidhean Croise  

Ngutwo utuzira mu dusimba twose. Uzakora ku ntumbi yatwo wese, azaba yanduye kugeza nimugoroba.


Igihe cyose iyo nzu izaba ifunze, uzayinjiramo azaba yanduye kugeza nimugoroba.


Umuntu uninda igitsina nakora ku gikoresho cyo mu ibumba, bazakimene. Nakora ku cyabajwe mu giti, bazacyogeshe amazi.


Muri izo nyoni, imwe umuherezabitambo azayituraho igitambo cy’impongano y’icyaha, indi ayitureho igitambo gitwikwa. Nyuma y’ibyo, umuherezabitambo azakorera kuri uwo muntu umuhango wo kumuhanaguraho ubwandu yatewe no kuninda igitsina.


Umuntu uzaba yayoboye ya sekurume y’ihene igenewe Azazeli mu butayu, na we azamese imyambaro ye, yiyuhagire mu mazi, maze abone gusubira mu ngando.


Umuntu wese, yaba umunyagihugu kavukire cyangwa umunyamahanga, narya itungo ryapfuye cyangwa ryatanyaguwe n’inyamaswa zo mu ishyamba, azamese imyambaro ye, yiyuhagire mu mazi kuko aba yanduye kugeza nimugoroba. Hanyuma, azaba asukuwe.


Uwakoze kuri ibyo bintu bihumanya rero, aba yanduye kugeza uwo munsi nimugoroba. Azarya ku maturo matagatifu ari uko amaze kwiyuhagira mu mazi.


Kandi igikoresho cyose kirangaye kidafite igipfundikizo, kizaba cyanduye.


Nyuma y’ibyo, umuherezabitambo azamesa imyambaro ye, yiyuhagire cyane umubiri wose n’amazi, maze asubire mu ngando. Ariko ubwo, azagumana uguhumana kwe kugeza ku mugoroba.


witanze kubera twebwe, kugira ngo aturokore ubugome bwose kandi yuhagire umuryango ugenewe kuba ubukonde bwe no kugira ishyaka ryo gukora icyiza cyose.


yaradukijije, itabitewe n’ibyiza twaba twarakoze, ahubwo ibitewe n’impuhwe igira, idukirisha icyuhagiro dukesha kuvuka bwa kabiri no guhinduka abantu bashya muri Roho Mutagatifu.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan