Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 10:9 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

9 «Niba muri bujye mu ihema ry’ibonaniro, ntimuzanywe divayi cyangwa ikindi gisindisha; bityo nta bwo muzapfa. Kuva mu gisekuru kugera ku kindi, bizababere itegeko ridakuka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

9 “Ntukanywe vino cyangwa igisindisha kindi wowe n'abana bawe muri kumwe, uko muzajya kwinjira mu ihema ry'ibonaniro mudapfa. Iryo ribabere itegeko ridakuka mu bihe byanyu byose,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

9 “Wowe n'abahungu bawe ntimukanywe divayi cyangwa indi nzoga isindisha muri bwinjire mu Ihema ry'ibonaniro, naho ubundi mwapfa. Mwebwe n'abazabakomokaho mujye mwubahiriza iri tegeko,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

9 “Wowe n'abahungu bawe ntimukanywe divayi cyangwa indi nzoga isindisha muri bwinjire mu Ihema ry'ibonaniro, naho ubundi mwapfa. Mwebwe n'abazabakomokaho mujye mwubahiriza iri tegeko,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 10:9
17 Iomraidhean Croise  

Hahore iteka itara ryaka mu ihema ry’ibonaniro. Aroni n’abahungu be bazaryiteho ku buryo rimurika kuva ku mugoroba kugeza mu gitondo imbere y’Uhoraho. Ni itegeko ridakuka mu Bayisraheli, uko ibihe bigenda bisimburana.


Divayi itera ubupfu, inzoga zigakurura isindwe, uzishinga ntaba ari umunyabwenge.


Abaherezabitambo n’abahanuzi barayobye kubera divayi, baradandabirana kubera ibinyobwa bikaze, ibiyobyabwenge birabayobeje na divayi irabatabitse, baradandabirana kubera ibinyobwa bikaze, barayoba mu ibonekerwa ryabo, bakibeshya igihe bahanura.


Nta muherezabitambo wemerewe kunywa divayi ku munsi azaba ari bwinjire mu gikari cy’imbere.


Irari ry’uburaya n’ubusinzi bibatesha umutwe,


Uhoraho abwira Aroni, ati


Iryo ni itegeko ridakuka kuri mwebwe, kuva mu gisekuru kugera mu kindi, aho muzaba mutuye hose. Icyitwa ikinure cyose, hamwe n’icyitwa amaraso cyose, ntimuzabirye.»


Umuherezabitambo azazamura ayo maturo matagatifu, ayamurikire Uhoraho; ni ikintu gitagatifu kigenewe umuherezabitambo, kimwe n’inkoro n’itako yari asanzwe ahabwa. Kuva ubwo uwahoze ari umunazireya azashobora kunywa divayi.


agomba kureka divayi n’izindi nzoga zisindisha zose. Uwo munazireya ntazanywe siki na divayi, inzoga zisembuye, cyangwa ikindi kinyobwa cyose kivuye ku muzabibu. Ntazarye n’imbuto zawo, ari izumye cyangwa ari imbisi.


kuko azaba umuntu ukomeye mu maso ya Nyagasani. Ntazanywa divayi n’icyitwa inzoga cyose, kandi azuzura Roho Mutagatifu akiri mu nda ya nyina.


Ntimugasindishwe na divayi, kuko byabatera kwifata nabi, ahubwo nimwuzure Roho Mutagatifu.


ntabe umunywi cyangwa umunyamahane, ahubwo agahorana ineza, akazira gushotorana kandi ntabe umunyabugugu.


Abadiyakoni na bo, bagomba kuba ari abantu b’inyangamugayo, bazira uburyarya, ntibarenze urugero mu kunywa inzoga, cyangwa ngo bararikire inyungu zidaciye mu mucyo.


Uzareke kunywa amazi yonyine, ahubwo uzajye unywa na ka divayi gakeya kubera igifu cyawe n’intege nke uhorana.


Koko rero, umwepiskopi, kubera ko ari umugabuzi w’ibintu by’Imana, agomba kuba indakemwa, ntabe umwirasi n’umunyamwaga, ntabe umunywi n’indwanyi, ntabe n’umuntu ukurikiranye inyungu itanyuze mu mucyo,


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan