Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 10:3 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

3 Nuko Musa abwira Aroni, ati «Uhoraho yari yabivuze ukuri: ’Ubutungane bwanjye bugaragarira mu banyegera, kandi ngomba guherwa ikuzo imbere y’umuryango wose.’» Aroni araceceka, arumirwa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

3 Mose abwira Aroni ati “Ibyo ni byo Uwiteka yavuze ati ‘Kwera kwanjye kuzerekanirwa mu banyegera, kandi nzaherwa icyubahiro imbere y'ubu bwoko bwose.’ ” Aroni aricecekera.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

3 Musa abwira Aroni ati: “Ibi ni byo Uhoraho yavuze ati: ‘Abatambyi bagomba kunyubaha kuko ndi umuziranenge, bagomba kumpesha ikuzo imbere ya rubanda.’ ” Aroni abura icyo avuga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

3 Musa abwira Aroni ati: “Ibi ni byo Uhoraho yavuze ati: ‘Abatambyi bagomba kunyubaha kuko ndi umuziranenge, bagomba kumpesha ikuzo imbere ya rubanda.’ ” Aroni abura icyo avuga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 10:3
46 Iomraidhean Croise  

Uramenye ntukabigenze utyo, ngo wice umunyabyaha hamwe n’intungane; intungane zaba zipfuye urw’abagome. Ntibikabeho! Ucira imanza isi yose ntakarenganye!»


Ariko aramusubiza ati «Uravuga nk’umugore w’igicucu. Ko twakira nk’umugisha ihirwe Imana iduhaye, ni kuki tutakwakira neza ibyago itwoherereza?» Muri ayo makuba yose, umunwa wa Yobu ntiwigera umutera gucumura.


Umubiri wanjye uradagadwa kubera kugutinya, kandi amateka uciye antera ubwoba.


Ni we wateye ishema n’isheja umuryango we, bituma abayoboke be bamurata: ari bo Bayisraheli, imbaga y’ibyegera bye! Alleluya!


Ndicecekeye, sinzongera kubumbura umunwa, ubwo ari wowe Mutegetsi


Nkiza ibicumuro byanjye byose, undinde ibitutsi by’abasazi.


Ahagarika intambara kugeza ku mpera z’isi, akonyagura imiheto n’amacumu by’abarwanyi, amagare y’intambara ayaha inkongi, agira ati


Mbese hejuru iyo, ni nde wagereranywa n’Uhoraho? Ni nde mu batuye ijuru wagereranywa n’Uhoraho?


Ibyo waduhishuriye ni amanyakuri; Ingoro yawe ikwiranye n’ubutungane, Uhoraho, uko ibihe bizahora bisimburana.


Naho jyewe ngiye gutera umutima w’Abanyamisiri kunangira, kugira ngo bayishokemo babakurikiye, maze ngaragaze ikuzo ryanjye nkorera ishyano Farawo n’ingabo ze zose, n’amagare ye n’abanyamafarasi be.


Ubwo nzatera umutima wa Farawo kunangira, maze azabakurikirane. Nyamara nzagaragaza ikuzo ryanjye, nkorere ishyano Farawo n’ingabo ze zose, maze Abanyamisiri bazamenyereho ko ari jyewe Uhoraho.» Nuko Abayisraheli babigenza batyo.


Ndetse n’abaherezabitambo basanzwe begera Uhoraho, na bo bagomba kubanza kwitunganya, hato Uhoraho atabacurangura.»


Nuko Uhoraho aramusubiza ati «Ngaho manuka, hanyuma uze kuzamukana na Aroni; nyamara, ari abaherezabitambo ari na rubanda, ntibarenge umupaka ngo bazamuke bagana Uhoraho, hato atabacurangura!»


Uzasige Aroni n’abahungu be, maze ubatagatifuze ngo begukire ubuherezabitambo bwanjye.


Hezekiya abwira Izayi ati «Ijambo ry’Uhoraho uvuze ni ryiza.» Yaribwiraga ati «Mu gihe nzaba nkiriho hazabaho amahoro n’umudendezo.»


Yarambwiye ati «Uri umugaragu wanjye, (Israheli,) ni wowe nzagaragarizamo ikuzo ryanjye.»


Nimugende, nimusohoke muve hano; ntimugire icyo mukoraho cyahumanye, nimusohoke rwagati muri Babiloni; nimwisukure, mwe abatwaye ibintu byeguriwe Uhoraho.


Nzabakira nk'umubavu uhumura neza igihe nzabavana rwagati mu mahanga, nzabakoranya mbavanye mu bihugu mwatataniyemo, maze muzagaragaze ubutagatifu bwanjye mu maso y'abanyamahanga.


Uzayibwire uti ’Dore uko Nyagasani Uhoraho avuze: Dore ngiye kukwibasira, wowe Sidoni, iwawe ni ho ngiye guherwa ikuzo. Bazamenya ko ndi Uhoraho, ubwo nzacira Sidoni uruyikwiye, nkayerekaniraho ubutungane bwanjye.


Uzaza gutera Israheli, umuryango wanjye, boshye igihu kibuditse hejuruy’ isi. Mu minsi y’imperuka nzakuzana utere igihugu cyanjye, bityo amahanga azakurizeho kumenya igihe nzagaragariza ubutungane bwanjye mu maso yabo, nifashishije wowe, Gogi.’


naho icyumba giteganye n’amajyaruguru, kikaba cyaragenewe abaherezabitambo bashinzwe imirimo yo ku rutambiro. Abo rero, ni bene Sadoki bo mu muryango wa Levi, bagenewe kwegera Uhoraho ngo bamukorere.»


Nuko wa muntu arambwira ati «Ibyo byumba biri imbere y’ikibuga, mu majyaruguru no mu majyepfo, ni ibyumba by’Ingoro. Ni ho abaherezabitambo begera Uhoraho bazajya barira ibiribwa bitagatifu rwose, bakahashyingura ibintu bitagatifu rwose n’andi maturo, ibitambo byo guhongerera ibyaha n’ibyo kwigorora, kuko ari ahantu hatagatifu.


Ibyo bizarinda umuryango we kuvukamo abuzukuru bahumanye. Ndi Uhoraho, kandi ni jye ubatagatifuza.»


«Dore ibyo uzamenyesha Aroni: Umuntu wo mu nkomoko yawe, naba afite ubumuga ku mubiri, azirinde gutura Uhoraho igitambo cy’ibiribwa. Ibyo kandi bizababere itegeko ridakuka kuva mu gisekuruza kugera mu kindi.


Nuko rero umuntu wo mu nkomoko y’umuherezabitambo Aroni, naba yaramugaye, ntazature Uhoraho igitambo cy’ibiribwa. Kuko nyine aba ari ikimuga, ntazigore atura Imana ye igitambo cy’ibiribwa.


Abaherezabitambo bazegurirwa Imana, ni bo bazatura Uhoraho igitambo cy’ibiribwa. Bityo rero, bazahore ari intungane, maze boye gusuzuguza izina ry’Imana yabo.


Umuherezabitambo ni we utura Imana yawe igitambo cy’ibiribwa, ugomba kumenya rero ko ari intungane. Na we kandi azakubere intungane kuko jyewe Uhoraho ndi intungane, kandi ni jye ubatagatifuza.


Bazakurikize amategeko yanjye kugira ngo ibyo biribwa bitazabakururira icyaha. Nibaramuka babisuzuguye, bazapfa. Ndi Uhoraho ubatagatifuza.


Muzaguma imbere y’umuryango w’ihema ry’ibonaniro umunsi n’ijoro, mumare iminsi irindwi. Hanyuma, muzashobora gutunganya imirimo y’Uhoraho mutikanga urupfu. Ayo ni yo mategeko nahawe.»


Hanyuma abwira Kore n’abafatanije na we, ati «Ejo mu gitondo, Uhoraho azatumenyesha umuntu uri uwe, w’umutagatifu, kandi unemerewe kumwegera. Uwo azaba yahisemo, azamwemerera kumwegera.


Uhoraho abwira Musa na Aroni, ati «Nta bwo mwanyemeye ngo muhamye ubutungane bwanjye imbere y’Abayisraheli. Kubera iyo mpamvu ntimuzageza iriya mbaga mu gihugu nayisezeranije.»


Ukunda se cyangwa nyina kunduta, ntakwiriye kuba uwanjye. Ukunda umuhungu cyangwa umukobwa we kunduta, ntakwiriye kuba uwanjye.


Dawe, iheshe ikuzo!» Nuko ijwi rituruka mu ijuru riti «Nihesheje ikuzo kandi nzakomeza kuryihesha.»


Byongeye kandi, icyo muzasaba Data cyose mu izina ryanjye, nzagikora, kugira ngo Data ahererwe ikuzo muri Mwana.


kubera ko mwancumuriye mukambera abahemu hagati y’Abayisraheli, cya gihe mwari ku mazi y’i Meriba h’i Kadeshi, mu butayu bwa Sini, ubwo mwangaga kwerekanira ubutagatifu bwanjye hagati y’Abayisraheli.


kuri wa munsi azaza kugira ngo aherwe ikuzo mu batagatifu be, kandi ashimagirizwe mu bazaba baramwemeye bose: mwebweho rero, muri mu bemeye ubuhamya bwacu.


Koko igihe kirageze cy’uko urubanza rutangira, kandi rugahera ku muryango w’Imana. Ruramutse se ari twe rutangiriyeho, amaherezo yazaba ayahe ku banze kwemera Inkuru Nziza y’Imana?


Ni yo mpamvu — Uwo ni Uhoraho Imana ya Israheli ubivuga — n’ubwo nari nagize nti ’Umuryango wawe n’umuryango wa so izahorane nanjye iteka’, none ubu — Uwo ni Uhoraho ubivuga — ishyano riraguye! Kuko nubaha abanyubaha, naho abansuzugura bagasuzugurwa.


Nuko Samweli amutekerereza byose, nta cyo amuhishe. Heli ati «Ni Uhoraho. Arakore uko abishaka.»


Abantu b’i Betishemeshi baravuga bati «Ni nde ushobora guhagarara imbere y’Uhoraho, Imana Nyir’ubutagatifu?» Barongera bati «Mbese ubundi yadusiga akajya he?»


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan