Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 10:19 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

19 Aroni abwira Musa, ati «Umva, kuri uwo munsi Abayisraheli bamurikiye Uhoraho ibitambo by’impongano y’icyaha hamwe n’ibitambo bitwikwa, none dore ibyambayeho. Ubu se ku munsi nk’uwo Uhoraho yashima ko ndiye igitambo cy’impongano y’icyaha?»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

19 Aroni asubiza Mose ati “Dore uyu munsi batambiye imbere y'Uwiteka igitambo cyabo cyatambiwe ibyaha, n'igitambo cyabo cyoshejwe, none ibyambayeho ngibyo. Mbese iyo uyu munsi ndya igitambo cyatambiwe ibyaha, ibyo biba byabaye byiza mu maso y'Uwiteka?”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

19 Aroni asubiza Musa ati: “Dore Abisiraheli batambiye Uhoraho igitambo cyo guhongerera ibyaha byabo n'igitambo gikongorwa n'umuriro. Ariko uyu munsi sinariye kuri izo nyama kuko napfushije abahungu banjye. Mbese hari icyo bitwaye Uhoraho?”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

19 Aroni asubiza Musa ati: “Dore Abisiraheli batambiye Uhoraho igitambo cyo guhongerera ibyaha byabo n'igitambo gikongorwa n'umuriro. Ariko uyu munsi sinariye kuri izo nyama kuko napfushije abahungu banjye. Mbese hari icyo bitwaye Uhoraho?”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 10:19
17 Iomraidhean Croise  

Uhoraho avuze atya: Ibitambo byanyu bitagira ingano bimbwiye iki ? Ibitambo bitwikwa bya za rugeyo n’urugimbu rw’inyana, maze kubihaga; amaraso y’ibimasa, ay’intama n’ay’amasekurume, sinkibishaka!


Iyo muntegeye ibiganza, mbima amaso; mwakungikanya amasengesho, sinyatege amatwi, kuko ibiganza byanyu byuzuye amaraso.


N’iyo basiba, sinakumva amaganya yabo, n’iyo bantura ibitambo bitwikwa n’andi maturo, nta bwo byanshimisha. Nzabatsembesha inkota, inzara n’icyorezo.»


Umubavu uvuye i Saba, cyangwa urubingo ruhumura rwo mu gihugu cya kure, bimbwiye iki? Ibitambo byanyu bitwikwa, simbishaka; amaturo yanyu, ntanezeza.


Ntibazongera kumurikira Uhoraho divayi ho ituro riseswa, n’ibitambo byabo ntibizamushimisha ukundi. Bizabamerera nk’umugati barya bari mu cyunamo, abazabiryaho bose bazabe bahumanye; uwo mugati ni bo uzatunga ubwabo, ariko ntuzinjizwa mu Ngoro y’Uhoraho.


Musa amaze kubyumva, arabishima.


Itungo ryari rigenewe igitambo gitwikwa, na ryo ararisogota, abahungu be bamuzanira amaraso yaryo, maze ayaminjagira mu mpande zose z’urutambiro.


Aroni yegera urutambiro, maze asogota ikimasa cyo guturwaho igitambo cy’impongano y’icyaha cye bwite.


Nibura nihaboneke umwe muri mwe akinge inzugi z’Ingoro, kugira ngo mutava aho mwongera gucana umuriro w’impfabusa ku rutambiro rwanjye! Sinkibishimira na gato, uwo ni Uhoraho, Umugaba w’ingabo, ubivuga, n’amaturo yanyu ndayanze!


Murongera muti «Uyu murimo uraruhanyije!» maze mukansuzugura, uwo ni Uhoraho, Umugaba w’ingabo, ubivuga. Murazana itungo munyaze, iricumbagira cyangwa irirwaye, mukarintura; bene ayo maturo, nshobora se kuyakira? Uwo ni Uhoraho ubivuga.


Si ibyo gusa kandi, hari n’ibindi mukora: mwahindanyije urutambiro rw’Uhoraho n’amarira, muraniha mukaganya mubitewe n’uko atacyita ku maturo yanyu, akaba nta cyo acyakira kivuye mu biganza byanyu.


Azabe ari ho mujya kurira imbere y’Uhoraho Imana yanyu, muhadabagirire hamwe n’abo mu ngo zanyu, mwishimire ibikorwa byose Uhoraho Imana yanyu azaba yabahereyemo umugisha.


Nta cyo nigeze ndya kuri uwo mugabane ndi mu cyunamo, nta cyo nakuyeho ndi umuhumane, nta cyo nahayeho abazimu. Rwose numviye Uhoraho Imana yanjye, ngenza uko amabwiriza yose wampaye abivuga.


Muhore mwishima muri Nyagasani; mbisubiyemo, nimwishime.


Ntameze nk’abandi baherezabitambo bakuru bagomba gutamba buri munsi, bakabanza guhongerera ibyaha byabo bwite, bakabona guhongerera iby’imbaga; ibyo We yabigize rimwe rizima yitangaho igitambo ubwe.


Roho Mutagatifu agaragaza atyo ko inzira y’ahatagatifu rwose itarugururwa mu gihe ingoro ya mbere ikiriho.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan