Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 10:15 - Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

15 Iryo tako ryagabanijwe ku gitambo, iyo nkoro yaherejwe Uhoraho, bazabizana hamwe n’inyama z’ibinure zo gutwikwa, kugira ngo babihereze Uhoraho. Nyuma, wowe n’abahungu bawe, bizaba umugabane wanyu ubuziraherezo nk’uko Uhoraho yabitegetse.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

15 Urushyi rw'ukuboko rwo kwererezwa n'inkoro yo kuzunguzwa, bajye babizanana n'ibitambo byo gukongorwa n'umuriro by'urugimbu, babizungurize imbere y'Uwiteka bibe ituro rijungujwe rijye riba iryawe n'abana bawe, bitegetswe n'itegeko ritazakuka iteka uko Uwiteka yategetse.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 10:15
12 Iomraidhean Croise  

Igihugu cyose uruzi ndakiguhaye burundu, wowe n’urubyaro rwawe.


Umugaragu wavutse iwanyu muzamugenye, uwo mwaguze feza na we muzamugenye. Bityo Isezerano ryanjye rigaragarira mu mubiri wanyu rizaba iry’iteka ryose.


Abrahamu yubika umutwe hasi, araturika araseka. Aribwira ati «Mbese hari umwana wavuka ku musaza w’imyaka ijana? Na Sara ufite imyaka mirongo urwenda, yashobora kubyara?»


Wowe n’urubyaro rwawe nzabaha gutunga burundu iki gihugu wasuhukiyemo, igihugu cyose cya Kanahani, maze nzababere Imana.»


Nguko uko uzegurira Uhoraho inkoro n’itako bya rugeyo y’intangizamirimo ya Aroni n’abahungu be.


Bizaba umusogongero Aroni n’abahungu be bazahabwa n’Abayisraheli, mu bitambo byabo byose by’ubuhoro. Ni itegeko ridakuka; ni umusogongero bazagenera Uhoraho.


Ibisagutse kuri iryo turo, bizabe ibya Aroni n’abahungu be. Ni umugabane mutagatifu rwose, kuko ari ibyasagutse ku maturo y’ibiribwa byakongokeye Uhoraho burundu.


Iryo ni itegeko ridakuka kuri mwebwe, kuva mu gisekuru kugera mu kindi, aho muzaba mutuye hose. Icyitwa ikinure cyose, hamwe n’icyitwa amaraso cyose, ntimuzabirye.»


Koko rero, inkoro iherezwa Uhoraho, hamwe n’itako rikurwa ku bitambo by’ubuhoro nabyatse Abayisraheli maze mbigenera umuherezabitambo Aroni n’abahungu be. Rizaba umugabane wabo igihe cyose.


Ibizagerurwa ku maturo yose y’Abayisraheli, kimwe n’ibintu byose bigenewe Ingoro bigashyikirizwa umuherezabitambo, ibyo bizaba umugabane we.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan